Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingendo Zihuza Umujyi Wa Kigali N’Uturere Zafunguwe, Kugera Mu Rugo Ni Saa Tatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ingendo Zihuza Umujyi Wa Kigali N’Uturere Zafunguwe, Kugera Mu Rugo Ni Saa Tatu

Last updated: 15 March 2021 11:10 pm
Share
SHARE

Inama y’abaminisitiri yakomoreye ingendo zihuza Umujyi wa Kigali n’utundi turere uvanyemo utwa Bugesera, Nyanza na Gisagara, nyuma y’igihe zitemewe mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Ibindi byemezo byafashwe n’inama yateranye kuri uyu wa Mbere ni uko amasaha y’ingendo yongerewe, avanwa hagati ya saa kumi za mu gitondo na saa mbili z’ijoro, ashyirwa hagati ya saa kumi za mu gitongo na saa tatu z’ijoro.

Nyuma y’uko uturere twa Bugesera, Nyanza na Gisagara two ingendo zijya cyangwa zivayo zikomeje gufungwa kubera kugaragaramo ubwandu bwinshi, hemejwe ko “amabwiriza yihariye azakurikizwa muri utwo turere uko ari dutatu azatangwa na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu.”

Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa mbili z’ijoro, mu gihe ubundi byafungaga saa kumi n’ebyiri nubwo kugera mu rugo mu rugo byari saa mbili z’ijoro.

Ibindi bikorwa byafunguwe

Inama zikorwa imbonankubone zemewe, ariko umubare w’abitabira inama ntugomba kurenga 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateraniye. Abitabiriye inama bazajya basabwa kwipimisha COVID-19 igihe barenze 20.

Muri aya mavugurura kandi gutaha ubukwe byemewe, ariko hagenwa ko ababwitabiriye batagomba kurenga 20. Ibirori byo kwiyakira byo birabujijwe.

Inama iheruka yabaye ku wa 19 Gashyantare. Icyo gihe abari bamaze kwandura COVID-19 bari 17.929 mu gihe abari bamaze gupfa bari 245. Ubu abanduye bageze kuri 20.302 naho abapfuye ni 282, bivuze ko hagati aho handuye abantu 2373, hapfa 37.

Koroshya ingamba bikozwe mu gihe gahunda y’ikingira rya COVID-19 ikomeje mu bafite ibyago byinshi byo kwandura cyangwa kuzahazwa na yo. Magingo aya hamaze gukingirwa abantu 314.015.

TAGGED:COVID-19featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yitezweho Ingamba Nshya Kuri Covid-19
Next Article Gatabazi JMV Yagizwe Minisitiri, Intara Zihabwa Ba Guverineri Bashya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

RDF Ikomeje Kubakira Ubushobozi Ingabo Za Centrafrique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamasheke: Bahangayikishijwe N’Uko Bateye Imyaka Ikuma Inzara Ikaba Ibugarije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri Kayitesi Asobanura Uko Abatuye Intara Ye Bava Mu Bukene

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Indonesia: Umutingito Wateye Tsunami Yishe Abantu 248

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?