Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingendo Zihuza Umujyi Wa Kigali N’Uturere Zafunguwe, Kugera Mu Rugo Ni Saa Tatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ingendo Zihuza Umujyi Wa Kigali N’Uturere Zafunguwe, Kugera Mu Rugo Ni Saa Tatu

admin
Last updated: 15 March 2021 11:10 pm
admin
Share
SHARE

Inama y’abaminisitiri yakomoreye ingendo zihuza Umujyi wa Kigali n’utundi turere uvanyemo utwa Bugesera, Nyanza na Gisagara, nyuma y’igihe zitemewe mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Ibindi byemezo byafashwe n’inama yateranye kuri uyu wa Mbere ni uko amasaha y’ingendo yongerewe, avanwa hagati ya saa kumi za mu gitondo na saa mbili z’ijoro, ashyirwa hagati ya saa kumi za mu gitongo na saa tatu z’ijoro.

Nyuma y’uko uturere twa Bugesera, Nyanza na Gisagara two ingendo zijya cyangwa zivayo zikomeje gufungwa kubera kugaragaramo ubwandu bwinshi, hemejwe ko “amabwiriza yihariye azakurikizwa muri utwo turere uko ari dutatu azatangwa na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu.”

Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa mbili z’ijoro, mu gihe ubundi byafungaga saa kumi n’ebyiri nubwo kugera mu rugo mu rugo byari saa mbili z’ijoro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibindi bikorwa byafunguwe

Inama zikorwa imbonankubone zemewe, ariko umubare w’abitabira inama ntugomba kurenga 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateraniye. Abitabiriye inama bazajya basabwa kwipimisha COVID-19 igihe barenze 20.

Muri aya mavugurura kandi gutaha ubukwe byemewe, ariko hagenwa ko ababwitabiriye batagomba kurenga 20. Ibirori byo kwiyakira byo birabujijwe.

Inama iheruka yabaye ku wa 19 Gashyantare. Icyo gihe abari bamaze kwandura COVID-19 bari 17.929 mu gihe abari bamaze gupfa bari 245. Ubu abanduye bageze kuri 20.302 naho abapfuye ni 282, bivuze ko hagati aho handuye abantu 2373, hapfa 37.

Koroshya ingamba bikozwe mu gihe gahunda y’ikingira rya COVID-19 ikomeje mu bafite ibyago byinshi byo kwandura cyangwa kuzahazwa na yo. Magingo aya hamaze gukingirwa abantu 314.015.

- Advertisement -

TAGGED:COVID-19featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yitezweho Ingamba Nshya Kuri Covid-19
Next Article Gatabazi JMV Yagizwe Minisitiri, Intara Zihabwa Ba Guverineri Bashya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?