Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingengabihe Y’Uko Abanyeshuri Bazasubira Kwiga, Barasabwa Kudacyererwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ingengabihe Y’Uko Abanyeshuri Bazasubira Kwiga, Barasabwa Kudacyererwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 April 2022 7:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri, NESA, buvuga ko ku wa Mbere taliki 18, Mata, 2022 ari bwo abanyeshuri bazasubira kwiga.

Ingengabihe y’uko abiga mu Ntara bazafashwa kugera yo itangajwe, ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri busaba ababyeyi kutazacyerereza abana kugira ngo bagere aho imodoka zo kubatwara ziri kandi ku gihe.

Impamvu ni uko kuri Stade ya Kigali aho bazahagurukira, mu masaha ya nyuma ya saa sita( 12h00’0) hari ibikorwa by’imikino bizahabera.

Uko ingendo zijyana abana ku mashuri ziteganyijwe

Abanyeshuri bagomba kuba bahageze bitarenze saa tatu za mu gitondo( 9h00am) bagatangira kujyanwa ku ishuri kuko nta modoka izemererwa gutwara abanyeshuri bwije.

Ikindi ni uko ababyeyi basabwe kutazaha abana amafaranga y’urugendo ari y’igice. Ngo bagomba kubaha ayuzuye ni ukuvuga abajyana n’azabagarura.

Mu rugendo kandi, abanyeshuri basabwe kuzakomeza kwigengesera bakubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Abanyeshuri bagiye gusubira kwiga igihembwe gitaha nyuma y’Ibyumweru bibiri bari bamaze mu kiruhuko cyabayemo ibikorwa birimo no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Kuri iki Cyumweru kandi ni ukuvuga Taliki 17, Mata, 2022 bazifatanya n’ababyeyi babo kwizihiza Pasika.

Dr Bernard Bahati, Umuyobozi wa NESA
TAGGED:AbanyeshuriAmashurifeaturedingendoStade
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Muri Jamaica Yunamiye Intwari Marcus Garvey
Next Article Urujijo Ku Rupfu Rw’Abasirikare Barinda Perezida Wa Kenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?