Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inka Israel Yahaye Umunyarwandakazi W’I Gisagara Yahise Ibyara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Inka Israel Yahaye Umunyarwandakazi W’I Gisagara Yahise Ibyara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 June 2021 7:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko abaturage ba Israel bagabiye inka abo mu Karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa Kane Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yahaye abatuye Gisagara inka zo kubafasha kwikenura. Umwe muri bo iyo yahawe yahise ibyara, isanga nawe afite uruhinja rumaze amasaha make ruvutse

Abaturage bahawe inka ni abo mu Murenge wa Musha.

Bishimiye ko inshuti z’u Rwanda zo muri Israel zabagabiye inka, kandi bavuga ko ziriya nka zizabafasha mu kwikenura, bakabona ifumbire ihagije yo gufumbira imyaka yabo.

Muhoza Eugenie, umubyeyi w’abana babiri, ni umwe mu baturage borojwe. Yavuze ko yashimishijwe no guhabwa inka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati:”Umutima wanjye uyu munsi uranezerewe. Sinzongera kwifuza amata yo guha abana cyangwa ngo imyaka irumbe, kuko ubu nzajya mbona umukamo uhoraho ndetse n’ifumbire. Intego yanjye ubu ni ukwita kuri iyi nka niteze imbere, ndetse noroze abandi batishoboye.”

Ambasaderi Ron Adam nawe wari wishimye yagize ati: “Nka Ambasade ya Isirayeli mu Rwanda twishimiye koroza imiryango 20 yo muri aka Karere ka Gisagara, cyane ko iyi ari gahunda Guverinoma y’u Rwanda isanganywe, yo guharanira ko buri muryango utishoboye mu Rwanda utunga inka ukiteza imbere ndetse udasize n’abaturanyi.”

Avuga ko akamaro k’inka ari kanini kuko itanga ifumbire, amata, amafaranga n’inyama.

Adam avuga ko amata afasha abana gukura neza kandi ifumbire ikazamura umusaruro mu bihingwa.

Mu kwezi kw’Ugushyingo umwaka ushize Ambassade ya Isirayeli mu Rwanda yatanze inka 22.

- Advertisement -

Mu Ukuboza, 2020, hari itsinda ry’abaturage ba Israel bagabiye  inka 22 abatuye Umurenge wa Bushekeri muri Nyamasheke.

Icyo gihe umwe mu baturage bagabiwe  inka witwa Pierre Ntakirutimana akaba atuye mu mudugudu wa Kamina, Akagari ka Mpumbu, mu Murenge wa Bushekeri, mu Karere ka Nyamasheke.

Nawe yavuze ko iriya nka yahawe izamufasha mu kongera umusaruro w’ibyo yezaga kandi akabona amata yo guha abana.

Ikigo cy’abanya Israel gishinzwe iterambere mpuzamahanga kitwa Mashav nicyo kiri gufasha Abanyarwanda muri gahunda ya Girinka.

Mashav ni ikigo cyatangijwe n’umugore wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Israel witwaga Golda Meir.

Agitangiza yari  Minisitiri w’ububanyi n’amahanga ariko nyuma aza kuba uw’Intebe Madamu Golda Meir.

Yari agamije kuzamura ubufatanye n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere.

Ambasaderi Ron Adam yagabiye umubyeyi wari umaze igihe gito abyaye, iyo nka nayo ihita ibyara
TAGGED:AdamAmbasaderifeaturedIsraelMeirRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rwanda Hagiye Kubakwa Ikigo Gikomeye Kigisha Ikoranabuhanga
Next Article Kagame Yagiranye Ibiganiro n’Intumwa Yihariye Ya Amerika Mu Ihembe Rya Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Burundi: Umudepite Yakubiswe

Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC

Chris Brown Afungiye Gukubita Umuntu Icupa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Gutega Amatwi Inyoni Ziririmba Bimara Ishavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Urumogi Rugeze Kure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?