Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingengabitekerezo Ya Jenoside i Rusizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Ingengabitekerezo Ya Jenoside i Rusizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 July 2025 12:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Rusizi haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi ishingiye ahanini ku barangije ibihano bakatiwe kubera Jenoside bakoze n’ibitekerezo abatuye aka Karere babibwamo n’abantu bava muri DRC cyangwa i Burundi.

Mu mwaka wa 2024 muri Rusizi hagaragaye ibyaha(cases) 24 n’aho kugeza ubu(Nyakanga, 2025) hamaze kubarurwa ‘cases’ 19 bishamikiye ku ngengabitekerezo.

Ubuhamya bw’abatuye Rusizi buvuga ko kuba baturanye n’Uburundi cyangwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ibihugu bigicumbikiye bamwe bakoze iyo Jenoside, bituma hari abavayo bakaza kubiba iyo ngengabitekerezo mu babo.

Undi muturage yabwiye RBA ko hari n’ababyeyi bahawe ibihano kubera uruhare bagize muri kiriya cyaha bakifitemo urwango kuko batahindutse neza, bakarubiba muri benewabo n’abandi.

Habimana Alfred ushinzwe iterambere ry’ubukungu muri Rusizi avuga ko hari ‘ingamba zikomeye’ bagiye gufatira iki kibazo.

Ati: ” Icyo tugiye gukora nk’Akarere ni ukubishyiramo imbaraga, tukigisha urubyiruko amateka nyayo y’ibyabaye atandukanye n’ayo abo bantu bababeshya”.

Iki kibazo kandi kiyongera ku mibereho mibi y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye Rusizi.

Abadepite bagize Komisiyo ifite mu nshingano zayo kurwanya Jenoside basezeranyije abarokotse Jenoside batuye aka Karere ko bagiye kubakorera ubuvugizi bigakemurwa.

Depite Kayigire Therance ati: “Ibibazo bigendanye n’imibereho myiza, by’umwihariko by’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ibibazo bijyanye n’ubuvuzi ni bimwe mubyo bagaragaje tugomba kuzakorera ubuvugizi”.

Mu gihe i Rusizi ari uko bimeze, imibare y’ibipimo by’ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda muri rusange ni 94.7%

TAGGED:AbatutsiAkarerefeaturedIngengabitekerezoJenosideRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Yegujwe Nyuma Yo Kuvuga Ko Nta Basabirizi Baba Mu Gihugu
Next Article Nyarugenge: Hafashwe Urumogi Rwakwizwaga Mu Baturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?