Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingengo Y’Imari Nkene Ibangamira Imishinga Ya COMESA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ingengo Y’Imari Nkene Ibangamira Imishinga Ya COMESA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 April 2024 11:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr Bernard Dzawanda ushinzwe iterambere ry’ibikorwaremezo n’imishinga mu isoko ry’ibihugu byo mu Majyepfo y’Afurika, COMESA, avuga ko imishinga Leta zifatanyamo n’abikorera ikiri mike, ikadindira kandi akenshi bigaterwa n’amikoro make.

Ni ikibazo avuga ko kibangamira ishyirwa mu bikorwa by’imishinga iba yaremejwe cyangwa indi itangizwa n’abikorera ku giti cyabo.

Dzawanda yabivuze nyuma yo gutangiza Inama nyunguranabitekerezo yatangiye mu Rwanda ihuza ibihugu bya COMESA ngo byigire hamwe uko imikoranire ya Leta n’abikorera ku giti cyabo muri uyu muryango yaminjirwamo agafu.

Ati: “ Iyi ni inama nguranabitekerezo igamije kungurana ibitekerezo ku bikidindiza imikoranire hagati y’abikorera ku giti cyabo na za Leta kugira ngo hatangwe ibyo tubona byanozwa bizagezwe ku bayobozi bakuru mu bihugu byacu”.

Abajijwe niba atabona ko ibibazo by’umutekano muke byabangamira iyi ntego, Dr Bernard Dzawanda yavuze ko ‘koko’ bishobora kuba intambamyi.

Ku rundi ruhande ariko avuga ko ikintu kibangamiye iyo mikoranire atari umutekano ubwawo kuke ahenshi muri ibyo bihugu hari umutekano, ahubwo ko ikibazo kinini ari amikoro nkene.

Ayo mikoro ngo atuma imishinga minini isanzwe yarakozwe idashyirwa mu bikorwa ndetse n’ishyizwe mu bikorwa bigakorwa birandaga.

Abaje bahagarariye ibihugu byabo baganiriye uko Leta zarushaho gukorana n’abikorera ku giti cyabo

Muri uko kubura amikoro ahagije, hazamo ikibazo cy’uko n’udushya tuba twatekerejweho natwo tuhadindirira.

Abahanga bitabiriye iyi nama bavuga ko izarangira baramaze kwemeranya ku byakorwa ngo imikoranire inozwe bityo ubucuruzi cyangwa indi mikoranire hagati ya za Guverinoma n’abikorera ku giti cyabo itezwe imbere.

COMESA igizwe n’ibihugu 20 byiganjemo ibyo mu Majyepfo y’Afurika

Mu gihe aba bahanga ba COMESA bari kwiga kuri iyo mikoranire, muri Werurwe, 2024 hari indi nama yabahuje bagamije kwigira hamwe uko igiciro cyo guhamagarana hagati y’abatuye uyu muryango cyashyirwa ku giciro cyumvikanyweho.

Ni ikintu  Golden Karema wari uhagarariye Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo muri iyo Nama yavuze ko ari ingenzi mu korohereza itumanaho muri COMESA.

Umuryango wa COMESA( Common Market for Eastern and Southern Africa) washinzwe taliki 08, Ukuboza, 1994.

U Rwanda rwayigiyemo mu mwaka wa 2004, ikaba igizwe n’ibihugu 20.

Ibihugu bya COMESA biri ku buso bwa kilometero kare 12,873,957, bigaturwa n’abaturage 406,102,471.

TAGGED:AbikoreraCOMESAfeaturedImishingaLetaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Polisi Yarashe Umujura W’Inka
Next Article Uburyo Bwo Kwihorera Dimitri Yahisemo Ni Ukwereka Ineza Abamuhemukiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?