Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingo 10,000 Zahawe Amashanyarazi Akomoka Ku Zuba Muri #CanaChallenge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ingo 10,000 Zahawe Amashanyarazi Akomoka Ku Zuba Muri #CanaChallenge

admin
Last updated: 25 February 2022 9:40 am
admin
Share
SHARE

Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambere, BRD, yemeje ko yesheje umuhigo wo kugeza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ku miryango 10,000 itishoboye, binyuze mu gikorwa cyiswe Cana Challenge kimaze amezi abiri.

Ni ubukangurambaga bwatangijwe ku wa 16 Ugushyingo 2021, aho umuntu umwe ubishoboye atanga 15,000 Frw maze BRD ikazongeraho inyunganizi ya 100,000 Frw, umuryango umwe ugahabwa amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.

Ni ukuvuga ko bijyanye n’intego yihawe, BRD yemeye gutanga miliyari 1 Frw muri iyi gahunda mu gihe abaturage n’ibigo batanzemo miliyoni 150 Frw.

Kuri uyu wa Kane, Umuyobozi Mukuru wa BRD Kampeta Pitchette Sayinzoga yemeje ko intego bamaze kuyigeraho, biyemeza gukomeza iyi gahunda.

Ati “Mwakoze mwese kugeza ku ntego y’ingo 10,000 z’abanyarwanda… mu mezi abiri!! Ubu rero banyarwanda baba mu mahanga, mureke twngereho izindi ngo 5000.”

Thank you all for reaching the 10,000 Rwandan homes🏡 target.. in TWO months!! Now Rwandans abroad,let's add 5,000 more homes 🏡 .. as we continue installation of the mobilized solar panels to deliver 💡 💡 #relentless #canachallenge #rwanda #greengrowth @reg_rwanda @RwandaInfra https://t.co/ZUSkApjXYW

— Kampeta Pitchette Sayinzoga (@Ksayinzoga) February 24, 2022

Uko abantu bagendaga bitanga, ku wa 20 Mutarama 2022 abaturage ba mbere bahawe ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba. Ni abo mu Mudugudu wa Karutimbo, mu Kagari ka Kibare, Umurenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana.

BRD ivuga ko umuntu ashobora gutanga amafaranga binyuze kuri MTN Mobile Money kuri *182*8*1*501173, cyangwa agakoresha konti zitandukanye nko muri BK: 100072686599, I&M: 20001081012 cyangwa World Remit.

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ingufu (REG) kivuga ko kugeza mu Ukuboza 2021 ingo zifite amashanyarazi zari 68.17%, harimo 48.72% bakoresha umuyoboro mugari w’igihugu na 19.45% bakoresha amashanyarazi aturuka ku bundi biryo, ahanini bugizwe n’Izuba.

Leta yiyemeje ko kugeza mu 2024 ingo zose 100% zizaba zifite amashanyarazi, harimo 70% zikoreha umuyoboro mugari w’igihugu na 30% bakoresha ubundi buryo.

Umujyi wa Kigali ni wo ufite abantu benshi bakoresha amashanyarazi bagera kuri 82%, Intara y’Iburasirazuba ni 39%, Intara y’Iburengerazuba ni 38%, Amajyaruguru ni 34% naho Amajyepfo ni 30%.

TAGGED:BRDCana ChallengefeaturedIzuba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusaruro w’Uruzinduko Perezida Kagame Yagiriye Muri Mauritania
Next Article Ingabo Z’u Burusiya Zitezwe Kugera Mu Murwa Mukuru Wa Ukraine Mu Gihe Gito
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?