Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingo 10,000 Zahawe Amashanyarazi Akomoka Ku Zuba Muri #CanaChallenge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ingo 10,000 Zahawe Amashanyarazi Akomoka Ku Zuba Muri #CanaChallenge

Last updated: 25 February 2022 9:40 am
Share
SHARE

Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambere, BRD, yemeje ko yesheje umuhigo wo kugeza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ku miryango 10,000 itishoboye, binyuze mu gikorwa cyiswe Cana Challenge kimaze amezi abiri.

Ni ubukangurambaga bwatangijwe ku wa 16 Ugushyingo 2021, aho umuntu umwe ubishoboye atanga 15,000 Frw maze BRD ikazongeraho inyunganizi ya 100,000 Frw, umuryango umwe ugahabwa amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.

Ni ukuvuga ko bijyanye n’intego yihawe, BRD yemeye gutanga miliyari 1 Frw muri iyi gahunda mu gihe abaturage n’ibigo batanzemo miliyoni 150 Frw.

Kuri uyu wa Kane, Umuyobozi Mukuru wa BRD Kampeta Pitchette Sayinzoga yemeje ko intego bamaze kuyigeraho, biyemeza gukomeza iyi gahunda.

Ati “Mwakoze mwese kugeza ku ntego y’ingo 10,000 z’abanyarwanda… mu mezi abiri!! Ubu rero banyarwanda baba mu mahanga, mureke twngereho izindi ngo 5000.”

Thank you all for reaching the 10,000 Rwandan homes🏡 target.. in TWO months!! Now Rwandans abroad,let's add 5,000 more homes 🏡 .. as we continue installation of the mobilized solar panels to deliver 💡 💡 #relentless #canachallenge #rwanda #greengrowth @reg_rwanda @RwandaInfra https://t.co/ZUSkApjXYW

— Kampeta Pitchette Sayinzoga (@Ksayinzoga) February 24, 2022

Uko abantu bagendaga bitanga, ku wa 20 Mutarama 2022 abaturage ba mbere bahawe ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba. Ni abo mu Mudugudu wa Karutimbo, mu Kagari ka Kibare, Umurenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana.

BRD ivuga ko umuntu ashobora gutanga amafaranga binyuze kuri MTN Mobile Money kuri *182*8*1*501173, cyangwa agakoresha konti zitandukanye nko muri BK: 100072686599, I&M: 20001081012 cyangwa World Remit.

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ingufu (REG) kivuga ko kugeza mu Ukuboza 2021 ingo zifite amashanyarazi zari 68.17%, harimo 48.72% bakoresha umuyoboro mugari w’igihugu na 19.45% bakoresha amashanyarazi aturuka ku bundi biryo, ahanini bugizwe n’Izuba.

Leta yiyemeje ko kugeza mu 2024 ingo zose 100% zizaba zifite amashanyarazi, harimo 70% zikoreha umuyoboro mugari w’igihugu na 30% bakoresha ubundi buryo.

Umujyi wa Kigali ni wo ufite abantu benshi bakoresha amashanyarazi bagera kuri 82%, Intara y’Iburasirazuba ni 39%, Intara y’Iburengerazuba ni 38%, Amajyaruguru ni 34% naho Amajyepfo ni 30%.

TAGGED:BRDCana ChallengefeaturedIzuba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusaruro w’Uruzinduko Perezida Kagame Yagiriye Muri Mauritania
Next Article Ingabo Z’u Burusiya Zitezwe Kugera Mu Murwa Mukuru Wa Ukraine Mu Gihe Gito
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?