Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inka Perezida Kagame Yoroje Umusaza Warwanye Intambara Y’Isi Irakamwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Inka Perezida Kagame Yoroje Umusaza Warwanye Intambara Y’Isi Irakamwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 August 2021 3:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umusaza Epimaque Nyagashotsi wo mu Karere ka Gatsibo wari warifuje ko yasaza akamirwa, ubu ari mu byishimo by’uko inka aherutse kugabirwa nyuma y’uko yari yayisabye Perezida Kagame ubu ikamwa.

Mu nkuru Taarifa yamwanditseho mu bihe byashize, yari yasabye Umukuru w’Igihugu kumuremera, akazamworoza kugira ngo azasaze neza anywa amata kuko inka yari yoroye zashize ndetse n’iyo yari yaragenewe muri gahunda ya Girinka atayihawe kuko yatswe ruswa akanga kuyitanga.

Ku wa Gatandatu tariki 23, Mata, 2021 nibwo yahawe inka ndetse ataha mu nzu nziza yari amaranye igihe kirekire mu byifuzo.

Iyo yari asanzwe abamo yaravaga, kandi nta gikoni kiza yari afite kuko yatekeraga hanze, imvura yagwa inkono ikimurirwa mu nzu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubwo inzu ye nshya yari yujujwe, abaturanyi be baje kumuha umuganda wo gutunganya ahari bushyirwe ibikoresho no gutunganya mu ntanzi z’urugo n’ahandi h’ingenzi mu buzima bw’ababa mu rugo.

Byakozwe mu muganda udasanzwe  wateguwe n’ubuyobozi  bw’ibanze aho atuye mu Karere ka Gatsibo ahitwa Kamamesa.

Mu nkuru ya mbere Taarifa yakoze ku buzima bw’uyu musaza wabaye intwari ubuzima bwe bwose, yari yatubwiye ko  kubera umusanzu yitanze mu kubohora u Rwanda ndetse n’abana be bakagwa ku rugamba.

Inyana iri konka

Mu magambo yasaga n’arimo uburakari, icyo gihe umusaza Nyagashotsi yabwiye Taarifa ko agaya abayobozi bimitse ruswa ndetse bakaba barigeze no kuyimwaka ngo bamushyire ku rutonde rwabari buhabwe inka muri Girinka arika yanga kuyitanga.

Kuva ikibazo cye cyatambutswa kuri Taarifa, inzego zarahagurutse butangira kumubaza igikenewe, hanyuma imirimo yo gusiza no kumwubakira itangira bidatinze.

- Advertisement -

Ingabo z’u Rwanda zagize uruhare runini mu kuba uriya musaza yubakiwe inzu ikomeye, agahabwa inka, ikiraro cyayo, ubwiherero n’igikoni.

Imbamutima za Nyagashoti…

Mu magambo yumvikanamo gushima, umusaza Epimaque Nyagashotsi yagize ati: “Ndashimira Perezida Kagame wankijije ubworo, nkaba nari ngiye gusaza ntagitereka amata ku ruhimbi. Nyakubabwa Perezida umfashe mugongo nk’umubyeyi ufata umwana we mu mugongo.

Ubwo Taarifa yamusuraga uyu musaza atwereka inyana inka ye iherutse kubyara

Iriya nyana yavutse tariki 17, Nyakanga, 2021, saa tatu za mu gitondo.

Ikiraro ibamo kirasakaye neza mu rwego rwo kuyirinda izuba kandi irasasirwa kugira ngo itaryama ahantu hadasukuye.

TAGGED:AmasefeaturedInkaInyanaKagameNyagashotsiTaarifa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatalibani Barekuye Imfungwa Zose Ziri Muri Gereza Bafashe
Next Article Abanyarwanda Bagiye Gutangira Kubaga Mu Gituza Badasatuye Ahantu Hanini|| uburyo bushya buzafasha ik
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?