Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkongi Yibasiye Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Inkongi Yibasiye Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2025 8:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abatabazi bari gukora uko bashoboye ngo bazimye izi nkongi ariko birakomeye
SHARE

Leta ya California iri guhangana n’inkongi ikomeye imaze iminsi mike ihadutse, ubu ikaba iri kototera ahantu hakinirwa filimi hakomeye ku isi hitwa Hollywood Hills.

Muri iyi Leta hari ahantu hatandatu hamaze kwaduka inkongi, kandi hari ubwoba ko umuyaga uri buyikwize hirya no hino.

Iherutse kwaduka kandi ikomeye ni iyadutse muri Hollywood Hills bise, iyo nkongi bayita Sunset Fire.

Abayobozi bo mu gace yadutsemo basabye abaturage guhunga vuba na bwangu, kandi igiteye inkeke ni uko uwo muriro  uri kototera n’ingo zisanzwe ari iz’ibyamamare bikomeye ku isi bikinira filime muri Hollywood.

Kugeza ubu abantu batanu nibo BBC itangaza ko bishwe n’uwo muriro mu gihe abandi 1000 bamaze kwimurwa ngo badashya.

Icyakora hari abantu 37,000 nabo bimuwe aho batuye kubera indi nkongi yiswe Palisades yatangiye kwaka kuwa kabiri w’Icyumweru gishize.

Niyo nkongi bavuga ko ikomeye muzigeze kwibasira California mu myaka imaze iriho nk’imwe muri Leta zigize Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Hari indi nkongi yiswe Eaton nayo iri kubica bigacika, yo ikaba yaratumye abantu 100,000 bava mu byabo.

Impungenge zindi ni uko abatabazi bageze ku rwego rwo kubura amazi ahagije yo gukoresha mu kuzimya izo nkongi ku buryo bari kujya kuyadaha mu byuzi no mu bidendezi abantu bogeramo bita swimming pools.

Ubwo izo nkongi zatangiraga, Meya wa Los Angeles ntiyari ari mu gihugu ahubwo hari ahantu yari ari muri Afurika mu butumwa bw’akazi.

Uwo Meya yitwa Karen Bass.

Bass ariko aranengwa ko mu mpeshyi ishize, yemeje ko ingengo y’imari yari igenewe abatabazi bazimya inkongi igabanukaho Miliyoni $17.

Mu gihe ibintu ari uko byifashe, abaturage ba Los Angeles basabwe kunywa amazi batetse cyangwa yo mu macupa kuko amazi bari basanzwe bakoresha avuye mu mpombo rusange yagabanutse kandi ashobora kuba yanduye cyane.

Ni umuburo watanzwe n’Ikigo cyo muri iki gihugu gishinzwe isuku n’isukura kitwa The Los Angeles Department of Water & Power.

Abaturage basabwe kwirinda ayo mazi kuzageza igihe bazahererwa andi mabwiriza mashya n’ubuyobozi bwa kiriya kigo.

Abo baturage kandi basabwe ko ayo mazi ari nayo bagomba gukoresha boza amenyo, bategura ibiribwa cyangwa boza ibyombo.

TAGGED:AbatabaziAmerikaCaliforniaHollywoodInkongi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umubano W’u Rwanda Na Djibouti Ugiye Kwagurwa
Next Article Tchad: Ibiro By’Umukuru W ‘Igihugu Byagabweho Igitero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?