Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inshuti Uyibona Mu Byago, Croix Rouge Y’U Rwanda Yagobotse Abasenyewe N’Ibiza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Inshuti Uyibona Mu Byago, Croix Rouge Y’U Rwanda Yagobotse Abasenyewe N’Ibiza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 July 2021 3:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufasha Leta kugira ngo igere ku ntego zayo hagamijwe gutuma Abanyarwanda babaho neza kandi bakagira ubuzima bwiza, Umuryango nyarwanda  utabara imbabare( La Croix Rouge Rwandaise) yahaye abatuye Akarere ka Burera, Umurenge wa Rugarama amafaranga arenga Frw 109.700 yo kubafasha gusana inzu zangijwe n’amazi aturuka mu Birunga.

Umurenge wa Rugarama mu Karere ka Burera

Ni amafaranga ari mu byiciro bibiri, ni ukuvuga ayo gufasha abasenyewe n’ibiza muri rusange ariko hakiyongeraho andi arenga Frw 30 000 agenewe abari basanzwe badafite ubwiherero bushaje ngo babusane.

Mukabalisa Félicitée uhagarariye Croix Rouge y’u Rwanda mu Karere ka Burera yavuze ko nyuma yo kubona ibyago bariya baturage bahuye bitewe n’amazi amanuka mu birungo, batekereje uko baza kubatera ingabo mu bitugu.

Ati: “ Murabizi ko abavandimwe baberaho gufashanya. Niyo mpamvu twabaterejeho dusanga tugize inkunga y’amafaranga tubaha, yahafasha gusana ibyangijwe na biriya biza kandi mwagira icyo musagura mukikenura.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yabasabye kwirinda kuyagura ikigage cyangwa ibindi bintu bitari mu nyungu zirambye.

Umwe mubahawe ariya mafaranga ariko hakiyongeraho n’ayo gusanisha ubwiherero witwa Jean Marie Vianney Twizerimana w’imyaka 26 y’amavuko  avuga ko yagobotswe na Croix rouge kuko agiye gukoresha imbaraga ze agasakara ubwiherero bukarushaho kumera neza.

Avuga ko ubwo bari basanganywe bwasenywe n’amazi yatewe n’umwuzure, akemeza ko mu mbaraga afite yakoze uko ashoboye kugira ngo yubake azamure inkuta, ashyireho n’ahagenewe kwiherera ariko abura amafaranga yo kugura amabati yo gusakara.

Ati: “ Amazi yaransenyeye, arenga umugenda aza iwanjye ariko mu by’ukuri aya mabati aziye igihe kuko  nari nyakeneye kurusha ikindi. Kubaka  ntusakarre n’ubundi ntibitinda gusenyuka.”

We n’umugore we n’umwana umwe bafitanye bajyaga gutira abaturanyi ubwiherero mu gihe imvura yabaga iri kugwa, cyane cyane ko mu gace ka Burera ikunze kuhagwa haba mu mpeshyi cyangwa mu itumba.

- Advertisement -

Amafaranga bayabonye mu buryo bwa Mobile Money

Amafaranga bayabonye mu buryo bwa Mobile Money

Abaturage bahagarariye abandi mu bahuye na biriya biza, bari bahuriye ku Biro by’Umurenge wa Rutaraga bahabwa ariya mafaranga.

Byakozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga rya Mobile Money hirindwa gukora ku mafaranga kuko bitemewe mu rwego rwo kwirinda kwandura COVID-19.

Akarere ka Burera gashima abafatanyabikorwa bako…

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Burera, Frank Ibingira yashimye uriya Muryango avuga ko inkunga yabo ije kubatera ingabo mu bitugu, kugira ngo bakomereza mu mujyo batangiye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Burera, Bwana Frank Ibingira

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru nyuma yo kwitabira igikorwa cya Croix y’u Rwanda cyo  guha abatuye Umurenge wa Rugarama amafaranga yo kubafasha kwivana mu ngaruka z’amazi yabasenyeye Ibingira yavuze ko Akarere kari gasanzwe gafite kandi gashyira mu bikorwa gahunda zo gufasha abagatuye kugira imibereho myiza ariko ko n’inkunga ya Croix-rouge ije kubunganira.

Yemeza ko umuturage u Rwanda rwifuza ari ubayeho neza kandi ukora uko ashoboye ngo akomeze kwiteza imbere.

Ku rundi ruhande avuga ko hari  bake mu batuye kariya karere bari basanganywe ubwiherero butameze neza ariko ko biri gukemuka.

Yasubije ati: “ Nibyo hari aho byagiye bigaragara ko bafite ubwiherero butameze neza ariko nizo ngamba duhoramo. Ubu ngubu imiryango hafi ya yose ifite ubwiherero nta kibazo. Icyagiye kigaragara ni uko hari abafite ubwiherero butabereye umuturage.”

Avuga ko ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bwashyizemo imbaraga kugira ngo buriya bwiherero bube ari ubwiherero bwiza butateza ikibazo umuturage ariko akongeraho ko bisaba ko umuturage yumva ko ari we bifitiye akamaro akabigiramo uruhare rutaziguye.

Abantu hafashijwe n’Umuryango wa Croix-Rouge y’u Rwanda ni  310 ariko batakusanyirijwe hamwe mu rwego rwo kwirinda ko COVID-19.
Hafashijwe ni abo mu mirenge ine ya Rugarama, Kinoni, Cyanika na Gahunga.
Muribo  harimo ababonye ibihumbi 109.700, abandi 31 babona 149.200 ni ukuvuga ko hiyongereyo Frw 39.500 yo kubafasha gusana ubwiherero.

Tumenye Akarere ka Burera:

Akarere ka Burera kari mu Majyaruguru y’u Rwanda

Akarere ka Burera kari mu Majyaruguru y’u Rwanda

Gahana imbibi n’Igihugu cya Uganda kuri km 63. Imirenge itandatu kuri 17 ikagize ikora kuri Uganda. Gahana imbibi n’ uturere twa  Gakenke, Musanze, Rulindo na Gicumbi.

Gakorerwamo ubukerarugendo bwinjiriza u Rwanda amadevize kubera ahantu nyaburanga nk’ibiyaga bya Ruhondo na Burera, Igishanga cy’Urugezi, Ikirunga cya Muhabura, Umupaka wa Cyanika, n’Urugomero rw’Amashanyarazi rwa Rusumo.

Ubukungu/Ubucuruzi

Ibiyaga bya Burera na Ruhondo

Mu rwego rwo guteza imbere ubukungu, Akarere ka Burera kubatse amasoko hirya no hino mu mirenge hagamijwe ko abakora ibikorwa by’ubucuruzi babukorera ahantu heza. Mu masoko yubatswe harimo irya Cyanika Cross-Border Market riri ku Mupaka uhuza U Rwanda na Uganda.

Umuco na siporo

Mu rwego rwo kwidagadura, aka karere gafite amatorero abyina iza gakondo agira kuri 17, bivuze ko buri murenge ufite itorero.

Irizwi cyane kurusha ayandi ni iry’Umurenge wa Gahunga ryitwa Uruyenzi.

TAGGED:BureraCroix-RougefeaturedIbingiraIbiza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kwifashisha Inkingo Za COVID-19 Za Johnson & Johnson
Next Article Hagati Y’Amerika N’Abatalibani ‘Mu By’Ukuri’ Ninde Watsinze Intambara?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?