Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 January 2026 4:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubu Israel yisubije Afurika y’Epfo, itangaza ko umukozi wayo wari ushinzwe ibikorwa muri Ambasade yayo i Tel Aviv ava mu gihugu bitarenze amasaha 72.

Bibaye nyuma y’uko Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Afurika y’Epfo nayo yashinje umudipolomate wa Israel witwa Ariel Seidman, “kwica ku buryo bukomeye amahame n’imikorere ya dipolomasi, bikangiza ubusugire bwa Afurika y’Epfo.”

Israel yatangaje ko uhagarariye Afurika y’Epfo mu bya dipolomasi ku rwego rwo hejuru, ‘Chargé d’affaires’ Shaun Edward Byneveldt, nawe atemerewe kuba ku butaka bwayo, imuha amasaha 72 ngo abe yavuye mu gihugu.

Byatangarijwe mu itangazo rya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel ryasohowe kuri uyu wa Gatanu.

Afurika y’Epfo nayo kuri uwo munsi yari yatangaje ko Chargé d’affaires wa Israel, Ariel Seidman adashakwa mu gihugu, imuha amasaha 72.

Ubuyobozi bw’iki gihugu bwatangaje mu itangazo buti: “Ibi byaha birimo gukoresha inshuro nyinshi imbuga nkoranyambaga zemewe za Leta ya Israel mu gutangaza amagambo asa n’ibitutsi kuri Nyakubahwa Perezida Cyril Ramaphosa, ndetse no kutamenyesha nkana Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Afurika y’Epfo ku bijyanye n’ingendo bivugwa ko zakorewe mu gihugu n’abayobozi bakuru ba Israel.”

Ibiro bya dipolomasi bya Israel muri Pretoria ntibyagize icyo bisubiza ku busabe bwo kugira icyo bitangaza kuri iyo ngingo ubwo byabazwaga na The Jerusalem Post.

Mu itangazo rya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel handitsemo ko icyemezo cya Afurika y’Epfo ari “ibitero bidafite ishingiro bigabwa kuri Israel ku rwego mpuzamahanga.”

Umubano wa Afurika y’Epfo na Israel wazahaye nyuma y’ibirego bya Jenoside Pretoria yareze Jerusalem ko yakoreye muri Gaza mu ntambara ihamaze iminsi irwana na Hamas.

Israel yavuze ko ibyo nta shingiro bifite.

Amateka y’umubano wa Israel na Afurika y’Epfo

Uyu mubano waranzwe n’ibihe bitandukanye, ahanini bitewe n’impinduka za politiki n’uko ibintu byabaga byifashe ku rwego mpuzamahanga.

Mu bihe bya Apartheid (1948–1994), Afurika y’Epfo yari ifite politiki ivangura ishingiye ku ruhu kandi yarashyiweho n’ibihano mpuzamahanga.

Israel na Afurika y’Epfo icyo gihe byari bifitanye umubano wa hafi, cyane cyane mu bya gisirikare, umutekano n’ubucuruzi.

Kubera ko Afurika y’Epfo yategekwaga n’Abazungu bakandamizaga Abirabura, byatumye ibihugu bya Afurika ‘bindi’ byamagana umubano wayo na Israel.

Nyuma ya Apartheid (nyuma ya 1994), Afurika y’Epfo imaze kubona ubwigenge busesuye bwa Demukarasi iyobowe na ANC (iya Nelson Mandela), yahinduye umurongo wa politiki mpuzamahanga ntiyongera gukorana neza na Israel.

Yatangiye kunenga Israel ku kibazo cya Palestine, igaragaza ko hari aho ikora nk’uko byari bimeze muri Apartheid.

Umubano wa dipolomasi wakomeje kubaho, ariko urakonja ugereranyije n’uwari uri mbere.

Mu bihe bya vuba aha, Afurika y’Epfo igaragaza ubufasha bukomeye kuri Palestine, ikanenga ibikorwa bya Israel muri Gaza na West Bank.

Mu mwaka wa 2023–2024, Afurika y’Epfo yajyanye Israel mu Rukiko Mpuzamahanga (ICJ) iyishinja ibyaha bya Jenoside i Gaza, bituma umubano urushaho kuba mubi.

Israel yo ivuga ko Afurika y’Epfo ibogama kandi ikayishinja politiki irimo kubogama.

TAGGED:AbadipolomateAfurikafeaturedIsraelMinisiteriUmwuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?