Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara ya Diyama Hagati Y’Abafaransa n’Abarusiya Muri Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Intambara ya Diyama Hagati Y’Abafaransa n’Abarusiya Muri Centrafrique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 February 2021 3:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni intambara bamwe bise iy’ubutita nka yayindi yari hagati ya Leta zunze ubumwe z’Amerika na Leta zunze ubumwe z’Abasoviyete yatangiye muri 1947 irangira muri 1991. Iyi ntambara iteruye hagati y’ibihugu biri mu kanama gashinzwe amahoro ku isi ishingiye ku ibuye ryitwa DIYAMA.

Kugira ngo Abarusiya bashobore kurusha Abafaransa uburyo bwo kugera kuri ririya buye ry’agaciro kanini byabaye ngombwa ko hari umwe muri bo ushinga ikigo icyo kigo kiza kugirana umubano na Minisiteri y’ingabo z’u Bufaransa.

Nyuma y’uko iki kibazo kimenyekanye, byabaye ngombwa ko u Bufaransa n’u Burusiya bigihisha, kiguma mu nyandiko z’ibanga za Minisiteri y’ingabo z’u Bufaransa na OTAN/NATO.

Kubera ko Abafaransa basanze ari bo bashobora kuzagirwaho ingaruka n’iki kibazo byabaye ngombwa ko kimwe mu bigo byabo bishinzwe gutanga serivisi z’itumanaho gifungwa bivuye ku itegeko rya Minisitiri w’ingabo Madamu Florence Parly.

Icyo kigo kitwa Global Technologies.

Iki kigo gisanzwe kiyoborwa n’umugabo witwa Jean Paul Steinitz, kikaba ari kimwe mu bigo bitanga serivisi z’itumanaho mu Bufaransa bitwa Thalès.

Izina Thales rikomoka ku muhanga mu mibare witwa Thales of Miletus wabayeho hagati ya-624/623 na –548/545.

Abazi imibare bazi formula yamwitiriwe bita iya Thales.

Ni umwe mu bahanga barindwi batazibagira b’u Bugiriki, abo bita Seven Sages of Greece.

Tugarutse ku byerekeye intambara ya Diyama hagati y’Abafaransa n’Abarusiya, igihe cyaje kugera Bwana Jean Paul Steinitz aza gushinga ikigo cye ku ruhande gishinzwe gutanga itumanaho ndetse iki kigo kiza gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Centrafrique yo kubuha zimwe muri ziriya serivisi.

Nyuma y’igihe runaka, uriya Mufaransa yaje guhuza bamwe mu bayobozi ba Centrafrique n’umwe mu bayobozi b’ikigo cy’Abarusiya gicukura kikanatunganya Diyama kitwa Alrosa.

Bwana Jean Paul Steinitz

Kuba uriya mugabo [ukomoka mu Bufaransa] yaragiranye umubano n’Umurusiya ufite ikigo gicukura kikanatunganya Diyama, byateye impungenge abakora mu butasi bw’u Bufaransa batangira kumwishisha.

Ikindi cyarakaje ubutegetsi bw’i Paris ni uko Abarusiya babutanze umushi, bakaba barasinyanye amasezerano n’Abarusiya yo kubatunganyiriza Diyama.

Aya masezerano yasinywe mu Ukuboza, 2020 ubwo itsinda ry’Abanya Centrafrique riherekejwe n’Abafaransa bake bajyaga i Moscow.

Itsinda ryabo ryarimo Umufaransa witwa  Jean-Claude Rameaux Bireau uyu akaba ari umujyanama wa Minisitiri w’imari muri Centrafrique hamwe na  Pascal Bida Koyagbélé, uyu akaba ari Minisitiri ushinzwe ibikorwa remezo n’ishoramari.

Nyuma y’ibyo byose, ubutegetsi bw’i Paris basanze ibyiza ari uko bwahagarika imikoranire yose n’ikigo Global Technologies.

Abo mu nzego z’ubutasi bw’u Bufaransa bamenye ko hari maneko z’u Burusiya zamaze gucengera mu mikorere y’ibigo byabwo by’ubucuruzi no mu ngabo zabwo ziri muri Centrafrique bahitamo guhagarika imirimo y’ibigo byabwo byatangaga serivisi z’itumanaho.

Ingabo z’u Burusiya ziri muri Centrafrique

Ivomo: Jeune Afrique

TAGGED:BufaransaBurusiyaCentrafriqueDiyamafeaturedThales
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CNLG yikomye za YouTube Zihembera Ubwigomeke Kuri Leta
Next Article Burundi Ntibushaka Urukingo Rwa COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?