Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara Ya Sudani Iri Kwaguka, Akarere Kose Karahangayitse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Intambara Ya Sudani Iri Kwaguka, Akarere Kose Karahangayitse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2023 12:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibyumweru bibaye bibiri muri Sudani intambara itangiye. Ababikurikiranira hafi bavuga ko iri gufata indi ntera kuko n’ibihugu bigize Umuryango wa IGAD bihangayikishijwe n’uko nta ruhande mu zihanganye rwiteguye kumva urwo bahanganye.

Muri iyo minsi 15 ishize, hatangajwe kenshi amasaha y’agahenge, ariko ntiyubahirizwe, buri ruhande rukita urundi ko ari rwo nyirabayazana.

Imibare yatangajwe mu mpera z’Icyumweru gishize( cyarangiye taliki 30, Mata, 2023) yavugaga ko abantu bagera kuri 528 ari bo bari bamaze guhitanwa n’iriya ntambara, abandi barenga 4,599 barakomereka.

Imfashanyo yo kugoboka abahunze imirwano nayo yatangiye kugera muri kiriya gihugu n’ubwo hari aho bigoye kuyigeza kubera amasasu acicikana i Karthoum.

Impande zihanganye zirashaka ko urutsinda urundi ari rwo rwayobora Sudani.

Intandaro y’iyi ntambara ni uko abasirikare bakuru bayoboye Guverinoma ya gisirikare y’inzubacyuho batumvikanye ku cyakorwa n’igihe byasaba ngo ubutegetsi busubizwe abasivili.

Umugaba w’ingabo zari zisanzwe ziyoboye Sudani witwa General Abdel Fattah al-Burhan yabwiye Reuters ko atazigera yicara ngo aganire n’uyoboye abamurwanya witwa General Mohamed Hamdan Dagalo bahimba izina rya  Hemedti.

Dagalo nawe yarahiye ko atavugana na Burhan keretse abasirikare be bemeye gushyira intwaro hasi.

Buri ruhande rutsimbaraye mu nguni yarwo kandi ibi nibyo biri gutuma intambara ikomeza guca ibintu.

Abarebera ahitaruye iby’iriya ntambara bavuga ko abasirikare ba Dagalo bafite ibikoresho bihambaye ugereranyije n’abasirikare ba Burhan.

Uretse ibikoresho, bivugwa ko bafite n’ubuhanga mu bya gisirikare kuko barimo abahoze ari inyeshyamba z’aba Janjaweed  barwanye muri Darfiour igihe kirekire.

Intambara ya Sudani ije mu gihe muri Afurika hasanzwe izindi ntambara zirimo iyo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ihanganyemo n’inyeshyamba zirimo na M23.

Muri Mozambique hari imirwano yo kuhirukana abarwanyi bakora iterabwoba, muri Burkina Faso, Mali, Chad no mu bindi bice bya Sahel n’aho ibintu si shyashya.

Muri Afurika iyo igihugu kitari mu ntambara, kiba kiyivuyemo kiri kwisana cyangwa se kiri gutegura indi.

Iyi ni imwe mu mpamvu zidindiza iterambere ry’uyu mugabane ukennye kurusha indi.

TAGGED:AbarwanyiAfurikaIntambaraSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Mwana Ukundwa’: Gahunda Yo Kugabanya Igwingira Muri Nyamasheke
Next Article Ubushinwa Bugiye Gucukura Petelori Mu Bilometero 9 Mu Butayu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?