Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara Ya Sudani Iri Kwaguka, Akarere Kose Karahangayitse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Intambara Ya Sudani Iri Kwaguka, Akarere Kose Karahangayitse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2023 12:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibyumweru bibaye bibiri muri Sudani intambara itangiye. Ababikurikiranira hafi bavuga ko iri gufata indi ntera kuko n’ibihugu bigize Umuryango wa IGAD bihangayikishijwe n’uko nta ruhande mu zihanganye rwiteguye kumva urwo bahanganye.

Muri iyo minsi 15 ishize, hatangajwe kenshi amasaha y’agahenge, ariko ntiyubahirizwe, buri ruhande rukita urundi ko ari rwo nyirabayazana.

Imibare yatangajwe mu mpera z’Icyumweru gishize( cyarangiye taliki 30, Mata, 2023) yavugaga ko abantu bagera kuri 528 ari bo bari bamaze guhitanwa n’iriya ntambara, abandi barenga 4,599 barakomereka.

Imfashanyo yo kugoboka abahunze imirwano nayo yatangiye kugera muri kiriya gihugu n’ubwo hari aho bigoye kuyigeza kubera amasasu acicikana i Karthoum.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Impande zihanganye zirashaka ko urutsinda urundi ari rwo rwayobora Sudani.

Intandaro y’iyi ntambara ni uko abasirikare bakuru bayoboye Guverinoma ya gisirikare y’inzubacyuho batumvikanye ku cyakorwa n’igihe byasaba ngo ubutegetsi busubizwe abasivili.

Umugaba w’ingabo zari zisanzwe ziyoboye Sudani witwa General Abdel Fattah al-Burhan yabwiye Reuters ko atazigera yicara ngo aganire n’uyoboye abamurwanya witwa General Mohamed Hamdan Dagalo bahimba izina rya  Hemedti.

Dagalo nawe yarahiye ko atavugana na Burhan keretse abasirikare be bemeye gushyira intwaro hasi.

Buri ruhande rutsimbaraye mu nguni yarwo kandi ibi nibyo biri gutuma intambara ikomeza guca ibintu.

- Advertisement -

Abarebera ahitaruye iby’iriya ntambara bavuga ko abasirikare ba Dagalo bafite ibikoresho bihambaye ugereranyije n’abasirikare ba Burhan.

Uretse ibikoresho, bivugwa ko bafite n’ubuhanga mu bya gisirikare kuko barimo abahoze ari inyeshyamba z’aba Janjaweed  barwanye muri Darfiour igihe kirekire.

Intambara ya Sudani ije mu gihe muri Afurika hasanzwe izindi ntambara zirimo iyo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ihanganyemo n’inyeshyamba zirimo na M23.

Muri Mozambique hari imirwano yo kuhirukana abarwanyi bakora iterabwoba, muri Burkina Faso, Mali, Chad no mu bindi bice bya Sahel n’aho ibintu si shyashya.

Muri Afurika iyo igihugu kitari mu ntambara, kiba kiyivuyemo kiri kwisana cyangwa se kiri gutegura indi.

Iyi ni imwe mu mpamvu zidindiza iterambere ry’uyu mugabane ukennye kurusha indi.

TAGGED:AbarwanyiAfurikaIntambaraSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Mwana Ukundwa’: Gahunda Yo Kugabanya Igwingira Muri Nyamasheke
Next Article Ubushinwa Bugiye Gucukura Petelori Mu Bilometero 9 Mu Butayu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?