Igihugu cya Pakistan cyagabye ibitero by’indege ku murwa mukuru wa Afuganisitani, Kabul, no ku yindi mijyi, kivuga ko cyishe abarwanyi b’Abatalibani bo muri Afuganisitani amagana.
Minisitiri w’Ingabo wa Pakistan, Khawaja Asif, yatangaje ko Islamabad ubu iri mu “ntambara yeruye”, mu gihe Afuganisitani na yo ivuga ko yahitanye abasirikare benshi ba Pakistan.
Mu kuvuga ku miterere y’uko ibintu byifashe muri iki gihe hagati y’ibihugu byombi bigabana umupaka, Asif yavuze ku wa Gatanu “kwihangana kwa Pakistan kwarangiye” nyuma y’uko ingabo za Afuganisitani zigabye ibitero ku birindiro bya gisirikare bya Pakistan ku mupaka uhuza ibi bihugu.
Asif yavuze ko iki gitero cyabaye nk’igisubizo ku “bugizi bwa nabi” bwaturutse muri Afuganisitani.
Ingabo za Pakistan zatangaje ko ibikorwa byazo muri Afuganisitani bikomeje kuko “zibitegetswe na Minisitiri w’Intebe”.
Umunyamakuru wa Al Jazeera, Kamal Hyder, wari i Peshawar muri Pakistan, yavuze ko bageze mu mujyi wa Landi Kotal hafi y’umupaka wa Torkham, aho babonye imirwano ikomeje.
Yagize ati: “Twabonye kandi twumva ibisasu biremereye biraswa biturutse ku ruhande rwa Pakistan.”
Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) byatangaje ko ku wa Gatanu mu gitondo hari abasirikare ba Afuganisitani benshi berekeje ku mupaka.
Ingabo za Pakistan zivuga ko zishe abarwanyi 274 b’Abatalibani, abandi barenga 400 barakomereka, ndetse zigasenya ibirindiro 83, zifata ibindi 17.
Zivuga kandi ko abasirikare ba Pakistan 12 bishwe, 27 bagakomereka, umwe akaba yaraburiwe irengero ku rugamba.
Minisiteri y’Ingabo ya Afuganisitani yo yatangaje ko yishe abasirikare 55 ba Pakistan mu bitero byayo byarangiye mu gicuku cyo ku wa Gatanu, bamwe mu mirambo yabo ikajyanwa muri Afuganisitani, abandi “bafatwa mpiri ari bazima”.
Yavuze kandi ko abasirikare umunani ba Afuganisitani bishwe, 11 bagakomereka.
Al Jazeera yatangaje ko itabashije kugenzura mu buryo bwigenga imibare yatangajwe n’impande zombi.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Afuganisitani, Zabihullah Mujahid, yavuze ko ingabo za Pakistan zagabye ibitero ahantu hatandukanye harimo Kabul, Kandahar, Paktia na Jalalabad.
Mu itangazo rye, yavuze ko ibitero byibasiye “abaturage b’inzirakarengane, abana n’abagore”, harimo urugo rw’umuhinzi i Jalalabad rwahombejemo benshi mu bagize umuryango we, ndetse n’ishuri ry’idini ry’abana ryatewe muri Paktika.
Mu kiganiro n’itangazamakuru, yavuze ko Guverinoma ye ishaka “ibiganiro” na Pakistan kugira ngo imirwano ihagarare, anongeraho ko indege z’ubutasi za Pakistan zigikomeje kuguruka mu kirere cya Afuganisitani.
Yagize ati: “Twagiye dushimangira ko dushaka igisubizo cy’amahoro, kandi turacyifuza ko ikibazo gikemurwa binyuze mu biganiro.”
Minisiteri y’Itangazamakuru ya Pakistan yo yatangaje ko iri no kugaba ibitero ku barwanyi b’Abatalibani mu turere twa Chitral, Khyber, Mohmand, Kurram na Bajaur two mu ntara ya Khyber Pakhtunkhwa.
Afuganisitani yatangaje ko yagabye ibitero byo mu kirere ikoresheje indege zitagira abapilote (drones) igamije ibirindiro bya gisirikare muri Pakistan, mu gihe imirwano yakomezaga.
Minisitiri w’Itangazamakuru wa Pakistan, Attaullah Tarar, yavuze ko abarwanyi b’Abatalibani ba Pakistan bagerageje gukoresha drones mu gutera ibitero muri Pakistan ariko zikahanurwa, kandi ko nta muntu wahaguye.
Umubano wajemo agatotsi
Ibitero bya Pakistan byabaye nyuma y’uko Afuganisitani ivuze ko ku wa Kane yagabye ibitero bikomeye ku birindiro bya gisirikare bya Pakistan ku mupaka w’ibihugu byombi.
Yavuze ko yishe abasirikare benshi ba Pakistan, isenya ibirindiro 19 n’ibigo bibiri bya gisirikare.
Pakistan yo ivuga ko ku Cyumweru yishe abarwanyi nibura 70, ariko Afuganisitani ibihakana ivuga ko hapfuye abasivili.
Itangazo ryo mu biro bya Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Shehbaz Sharif, ryavuze ko igihugu cyose gishyigikiye ingabo zacyo.
Ryagize riti: “Abaturage ba Pakistan n’ingabo zayo biteguye kurinda umutekano w’igihugu, ubusugire n’ubutaka bwacyo. Nta kwihanganira igitero icyo ari cyo cyose; kizasubizwa mu buryo bukwiye.”
Umubano hagati ya Pakistan na Afuganisitani, bisangiye umupaka wa kilometero 2,611, warushijeho kuzamba kuva mu Ukwakira, 2025, aho imirwano yahitanye abantu barenga 70 ku mpande zombi.
Pakistan ishinja Kabul kwemerera imitwe yitwaje intwaro nka Abatalibani ba Pakistan gukoresha ubutaka bwa Afuganisitani nk’ibirindiro byo kugabiraho ibitero muri Pakistan.
Minisitiri Asif yavuze ko Pakistan yakoze ibishoboka byose mu buryo bwa dipolomasi, ariko ko Abatalibani “babaye nk’igikoresho cy’u Buhinde”.
Ati: “Mu myaka yashize, Pakistan yakiriye Abanyafuganisitani miliyoni eshanu mu gihe cy’imyaka 50. No muri iki gihe, benshi batunzwe n’akazi bakorera ku butaka bwacu. Ariko kwihangana kwacu kurarangiye. Ubu ni intambara yeruye hagati yacu namwe.”
Uwahoze ari Perezida wa Afuganisitani, Hamid Karzai, yatangaje ku rubuga rwa X ko Abanyafuganisitani “bazaharanira kurinda igihugu cyabo mu bumwe busesuye kandi bagasubiza igitero bashize amanga”.
Elizabeth Threlkeld wo mu kigo cya Stimson Center i Washington, DC, yavuze ko iyi mirwano itatangaje cyane nyuma y’amezi y’umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.
Yagizeati: “Twabonye ibitero by’iterabwoba bikomeye muri Pakistan. Ntabwo bitangaje ko nyuma y’ibi byose, umwuka wakomeje kuzamba ukagera kuri uru rwego.”
U Burusiya, u Bushinwa, Turukiya na Arabiya Sawudite birimo kugerageza kunga ibi bihugu, mu gihe na Irani yatanze ubufasha bwo kubahuza.
Uwahoze ari Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Afuganisitani, Zalmay Khalilzad, yavuze ko ibi bitero byo kwihimurana “ari inzira mbi igomba guhagarara”.
Yavuze ko igisubizo cyiza ari amasezerano ya dipolomasi, yemeza ko nta gihugu na kimwe kizemerera ubutaka bwacyo gukoreshwa mu guhungabanya umutekano w’ikindi, kandi ayo masezerano akagenzurwa n’undi muntu wa gatatu wizerwa nka Turukiya.
Yasoje avuga ko iyi nzira ari yo iruta gukomeza ibitero no kwihimuranaho.

