Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara Yongeye Kurota Hagati Ya M23 Na FARDC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Intambara Yongeye Kurota Hagati Ya M23 Na FARDC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 September 2023 6:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru aturuka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo avuga ko ingabo za FARDC zashatse kwigarurira isunzu ry’imisozi ya Kanyamahoro hafi y’i Kibumba zigaba igitero ku barwanyi na M23.

Iki gitero cyagabwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu taliki 29, Nzeri, 2023, bituma M23 ifungura imirwano ikomeye ishobora no gukomeza mu gihe kiri imbere.

Birashoka kubera ko hari hashize igihe hitezwe imbarutso yatangiza intambara ikomeye.

Iyi ntambara itangiye mu gihe hari hashize igihe abarwanyi ba M23 bashyize ibice byinshi mu biganza by’ingabo z’Akarere zigize ikitwa EACRF.

Ikindi kivugwa ni uko hari benshi mu barwanyi bahunze bagana i Goma.

Iki gitero cya FARDC cyagabwe mu ruhererekane rw’ibimaze iminsi bigabwa na FARDC byo kwirukana M23 ku isunzu ry’imisozi ya Kanyamahoro hafite ibisobanuro byinshi mu mirwano ibera muri biriya bice.

Ingabo za Leta n’abo bafatanyije kandi bamaze iminsi bavuga ko bagomba gukora uko bashoboye bakirukana M23 ivugwa i Kibumba mu birometero bicye uvuye mu Mujyi wa Goma.

Bisa nk’aho iki ari igitero ingabo za DRC zari zimaze igihe zitegura kuko  taliki  27, Nzeri ,2023, Umuvugizi wa Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru, Lt. Col Kaiko Guillaume Ndjike, yavuze ko FARDC igomba guhashya umutwe wa M23 ntushinge ibirindiro hejuru ya Kanyamahoro.

Lt Col Ndjike yavuze ko M23 yafashe uduce turimo Kibarizo, Kabalekasha, Kirumbu, Bukombo, Rugogwe, Busumba, na Burungu muri Teritwari ya Masisi.

Inyeshyamba za M23 kandi ngo zafashe umusozi wa Ruhunda, ahitwa Kibumba muri Teritwari ya Nyiragongo.

Uyu musirikare  yavuze ko ubwo  Perezida Tshisekedi yashimangira ko atazaganira na M23,  byatumye yiteguye gukora ibidasanzwe.

Amakuru aturuka muri Teritwari ya Nyiragongo avuga ko kuva ku wa Kabiri w’iki cyumweru, FARDC, Mai Mai, FDRL Wazalendo n’indi mitwe biteguye guhangana na M23.

Ku rundi ruhande M23 irashaka kongera kwigarurira Goma nk’uko yigeze kubikora mu mwaka wa 2013 ikahavanwa shishi itabona.

DRC:Imbarutso Niyo Ibura Ngo Intambara Ikomeye Irote

TAGGED:DRCfeaturedGomaIngaboM23Nyiragongo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Igitaramo The Ben Kizabera Mu Kigo Cya Gisirikare
Next Article Kigali: Abana Bagiye Gushyirirwaho Car Free Day
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi Rusange

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?