Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara Y’Uburusiya Kuri Ukraine Si Iy’Ejo-Amb Wa Ukraine Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Utuntu n'Utundi

Intambara Y’Uburusiya Kuri Ukraine Si Iy’Ejo-Amb Wa Ukraine Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2024 4:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

N’ubwo taliki 24, Gashyantare, 2024 imyaka izaba ibaye ibiri intambara ya vuba aha y’Uburusiya kuri Ukraine izaba itangiye, mu by’ukuri iki gihugu cyatangiye kurwana na Ukraine mu mwaka wa 2014 ubwo kigaruriraga Intara zayo za Donetsk na Luhansk.

Abantu bazi ko icyo gihe Uburusiya ari nabwo bwanafashe Intara ya Crimea.

Intambara ya vuba aha rero yari ikomeye kandi yari igamije ko Ukraine yose yigarurirwa n’Uburusiya mu gihe cy’ibyumwe, ukwezi…

Icyakora nyuma y’imyaka ibiri Ukraine iracyari igihugu gifite inzego zihamye n’ubwo kiri mu ntambara.

Ndetse hari ibice bijya kungana na ½ cy’ibyo Abarusiya bari barafasha yamaze kwigarurira, ibyo Ukraine ikaba yarabikoze binyuze mu bitero yagabye ku bwato bw’Abarusiya bwari bwarakambitse mu Nyanja y’Umukara ndetse no mu musada yahawe n’ibihugu by’inshuti.

Uko bigaragara ariko, muri iki gihe Uburusiya ntiburava ku ntego yabwo yo gukomeza kurwana na Ukraine no kwigarurira ibice byayo, wenda ngo bube bwaravuye muri uwo mugambi buri kuganira n’amahanga ngo burebe uko ibintu byakemukira mu biganiro.

Mu rwego rwo gukomeza uwo mugambi, ingabo z’Uburusiya zikomeje kurasha missiles nyinshi mu mijyi wa Ukraine, zigahitana abasirikare ariko n’abasivili bakahasiga ubuzima, utibagiwe no kwangiza ibikorwa remezo.

Imyaka ibiri y’intambara hagati ya Ukraine n’Uburusiya yerekanye ko imibare Abarusiya bari bafite y’uko Ukraine bazayifata mu kanya nk’ako guhumbya yabazwe nabi.

Iyi mibare y’Uburusiya yagaragazaga ko bidatinze imiterere y’imipaka y’Uburusiya na Ukraine izasubirwamo, bukigarurira ibindi bice byayo ariko kugeza ubu iyo ntego ntiragerwaho.

Ukraine yihagazeho, irwanirira ubusugire bwayo mu buryo bukomeye kandi isi yerekanye ko ishyigikiye ko Ukraine itavogerwa uko abayanga biboneye.

Iki gihugu kandi kiri mu bya mbere ku isi bishaka amahoro, icyakora nanone izi ko kugira ngo aboneke ari ngombwa ko abayiteye bavanwa ku butaka bwayo.

Ikibazo gihari si Ukraine ahubwo ni igihugu cyayitangijeho intambara ari cyo Uburusiya.

Uburusiya bwo bushaka ibiganiro bihengamiye ku byifuzo byayo by’uko ibice bya Ukraine biba ibyabwo kandi ibyo ntibikunda.

Bushaka kugira ibice bya Ukraine butwara kandi rero iki gihugu ntikizabyemera. Icyo Ukraine ishaka ni ibiganiro birimo ubwubahane n’amahoro ariko ashingiye ku biteganywa n’amategako mpuzamahanga agenga ubusugire bw’ibihugu.

Ukraine isaba ibihugu byose byisi, harimo n’u Rwanda, gukomeza gukorana nayo, bikirinda kugwa mu mutego w’ibyo Uburusiya butangaza bugamije gukurura bwishyira.

Iki gihugu kivuga ko kugifasha guhangana n’Uburusiya ari ikimenyetso kiza kerekana kwanga ko bwazongera kugira ikindi gihugu bushaka kugira ingaruzwamuheto.

Buri cyaha na buri munyabyaha bikwiye guhanwa n’amategeko yabigenewe.

Kubera ko intambara imaze imyaka hafi ibiri itangiye, ntawamenya igihe izarangirira kandi iki si nacyo kibazo gikuru, ahubwo icy’ingenzi ni ukumenya uko Ukraine izabyifatamo no kuyiba hafi.

Ishimira buri muyobozi ku isi ndetse n’uw’u Rwanda mu kuba barayibaye hafi mu buryo bumwe cyangwa ubundi, ikaba ikihagazeho kugeza ubu.

Ukraine izakomeza kurwana kandi izatsinda, yereke amahanga ko guharanira ko ukuri n’ubwigenge bitsinda bishoboka.

Icyitonderwa: Iyi nyandiko ni iya Ambasaderi wa Ukraine mu Rwanda Andrii Pravednyk kandi ibiyikubiyemo ntibiri mu bikubiye mu murongo w’inyandikire ya Taarifa.

TAGGED:AmbasaderiBurusiyafeaturedIntambaraRwandaUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umufaransa Yatwaye Agace Ka Gatanu Ka Tour Du Rwanda
Next Article Umunyapolitiki W’Umubiligi Asaba DRC Kuva Mu Byo Kwigira ‘Umwana Murizi’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?