Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara Yubuye Hagati Ya Ethiopia N’Abarwanyi Ba Tigray
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Intambara Yubuye Hagati Ya Ethiopia N’Abarwanyi Ba Tigray

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 August 2022 2:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe amahanga yari yizeye ko intambara hagati y’abarwanyi ba Tigray n’ingabo za Leta ya Ethiopia yarangiye, ubu izi mpande zombie ziri gushinjanya gutangiza imirwano byasanga n’iyarangiye.

Abarwanyi bo TPLF bavuga ko ingabo za Leta y’i Addis Ababa ari zo zatangiye kubarasa  zibasanze mu birindiro bafite mu bice by’Amajyepfo n’iby’Amajyaruguru ya Tigray.

Ibi ngo byahise bigarika agahenge kari kamaze amezi atanu hagati y’izi mpande zari zimaze imyaka zirwana.

Ni intambara yahitanye benshi, abandi baba impunzi ndetse bitiza umurindi inzara n’ubundi isa n’iyabaye akaramata muri kiriya cy’Ihembe ry’Afurika.

Bidatinze, uruhande rwa Leta narwo rwavuze ko abarwanyi ba TPLF ari bo bayishotoye.

Umuvugizi wa TPLF witwa Getachew Reda yabwiye RFI ko mu gitondo cya kare ari bwo babyukijwe n’amasau barasazwa n’ingabo za Leta.

Reda ati: “ Ubu turi kurinda ibirindiro byacu ngo hatagira uhadukura kandi twari twaremeye kuhaguma mu rwego rwo kubahiriza ibikubiye mu masezerano y’agahenge.

Mu gihe uyu abivuga atyo, abo ku ruhande rwa Leta nabo bavuga ko ingabo zo muri TPLF ari bo barashe kuri Leta.

Abazi uko ibintu bimeze muri Ethiopia, bavuga ko Leta ya Ethiopia yakoze k’uburyo agace abarwanyi ba TPLF baherereyemo gasa n’akashyizwe mu kato.

Intambara iramutse yongeye kubura, yaba ija kuzambya ibintu n’ubundi bisanzwe bitameze neza  muri Ethiopia.

Uretse intambara n’ingaru zayo, abaturage ba Ethiopia bafite ibindi bibazo birimo n’inzara yahabaye akarande.

TAGGED:AbarwanyiEthiopiaIntambaraTigray
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Green Party Ya Dr Frank Habineza Iravugwamo Amacakubiri
Next Article Perezida W’u Burundi Na Madamu Bagaragaye Mu Murima Bahinga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?