Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: Urubyiruko Rwatangiye Kwigaragambya Rwanga Kumvira Museveni
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda: Urubyiruko Rwatangiye Kwigaragambya Rwanga Kumvira Museveni

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 July 2024 2:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasore n’inkumi bo muri Uganda batangiye kwigaragambya bavuga ko badashaka ko ruswa yogera mu gihugu. Bikozwe nyuma y’umuburo Perezida Museveni yari aherutse gutanga wo kwirinda guhungabanya umudendezo rusange w’abaturage.

Museveni yari yavuze ko abazigaragambya bazaba bari gukina n’umuriro. Yabivugiye mu ijambo aherutse kugeza ku baturage be.

Icyo gihe yabanje kuvuga ku iterambere igihugu cye cyatezeho haba mu buhinzi, ubucuruzi n’umudendezo rusange wa rubanda.

Museveni yabwiye urubyiruko ko rubishatse rwakomeza gukorana n’abandi mu guteza imbere Uganda ariko ko abazashaka kuribata ibyo abaturage bagezeho bazahura n’ingaruka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yagize ati: “ Murakina n’umuriro. Sinumva ukuntu muzigaragambya ariko ntiwangize ibyo abantu bagezeho”.

Icyakora bisa n’aho abo yabwiraga batamwumviye kuko kuri uyu wa Kabiri urubyiruko rwaramukiye mu myigaragambyo nk’uko byari byarateguwe.

Abapolisi bafashe bamwe muri abo bajya kubafunga.

Biganjemo urubyiruko ruvuga ko rudashaka ko ruswa yahabwa intebe, bakavuga ko abantu bayivugwaho bakwiye kuvanwa mu ntebe z’ubutegetsi.

Umwe muri bo ni Perezida w’Inteko ishinga amategeko witwa Anita Among.

- Advertisement -

Mu gihe urubyiruko ruri gufungwa, ku rundi ruhande, hari n’abanyapolitiki batamerewe neza n’ubutegetsi buri ho muri Uganda.

Umwe mu bakekwaho kuba inyuma y’iyo myigaragambyo ni Robert Kyagulanyi wamamaye nka Bobi Wine usanganywe ishyaka National Unity Platform, NUP.

Mu gihe ibi biri kubera muri Uganda, muri Kenya naho hamaze iminsi havugwa ibibazo by’urubyiruko rwigaragambya rwamagana umusoro wazamuwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto, rukavuga ko waje uje kubongerera umutwaro w’ubuzima butaboroheye.

TAGGED:featuredImyigaragambyoMuseveniRutoUgandaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yaganiriye N’Intumwa Ya UN Ishinzwe Kurwanya Jenoside
Next Article Rusizi: Barataka Abajura Babacucura N’Utwo Bambaye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?