Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intsinzi Ya Macron Mu Maso Y’u Bwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Intsinzi Ya Macron Mu Maso Y’u Bwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2022 7:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Byaraye byemejwe bidasubirwaho ko Emmanuel Macron yongeye gutorerwa kuyobora u Bufaransa mu yindi manda y’imyaka itanu. Mu Bwongereza bavuga ko bizatanga amahirwe ko Londres iganira na Paris uko abimukira bava mu Bufaransa bakaza mu Bwongereza bakumirwa hakurikijwe amategeko mpuzamahanga.

Nyuma y’uko bimaze gutangazwa ku mugaragaro ko Macron yatsinze Le Pen  ku manota 58% kuri  42% uyu mugabo yahise ajya kwishimira intsinzi ari kumwe n’umugore we Brigitte Macron.

Babwiye Abafaransa ko imyaka itanu bamaranye yabakomeje kuko bayihuriyemo na byinshi bikomeye .

Macron ati: “ Nishimiye kongera gukorera igihugu cyanjye mu yindi myaka itanu iri imbere kandi, k’ubufatanye bwanyu, byose tuzabishobora.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Emmanuel Macron niwe Perezida w’u Bufaransa wongeye gutorerwa manda ya kabiri mu myaka 20 ishize.

Ijambo rye yarivugiye imbere y’Umunara uranga ubwema bw’u Bufaransa witwa Tour Eiffel uri i Paris.

Abamutoye n’abatamutoye, bose yababwiye ko ari Abafaransa kandi ko azakora mu nyungu zabo.

Ku ruhande rw’u Bwongereza, Minisitiri w’Intebe Borris Johnston yavuze ko u Bufaransa busanzwe ari umufatanyabikorwa wa hafi w’u Bwongereza.

Yabanje kumushimira ku bw’intsinzi ye ariko avuga ko bizarushaho kuba byiza igihugu cye[u Bufaransa] nigikorana n’u Bwongereza mu gukumira ko abimukira bakomeza kwambuka bakaza guteza ikibazo u Bwongereza.

- Advertisement -

Ni ikibazo kandi gikomeye kubera ko u Bwongereza bwamaze gutangiza gahunda yo gufatanya n’inshuti zabwo harimo n’u Rwanda kugira ngo zibufashe kwita kuri bariya bimukira kuko ari benshi.

Abasesengura iby’umubano w’u Bwongereza n’u Bufaransa bavuga ko icyizere Borris afite cy’uko ibintu bizaba byiza hagati ye na Macron kizaraza amasinde.

Babishingira ku ngingo y’uko u Bwongereza bwikuye mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi kandi bigakorwa na Borris Johnston kuko abandi byari byaranze baranegura.

Kugenda k’u Bwongereza cyatumye u Bufaransa busigara bwumva ko ari bwo bugomba gutegeka u Burayi cyane cyane mu bibazo bireba ububanyi n’amahanga.

Ikindi ni uko kuba u Bwongereza butakiri umunyamuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, bwagombye kumenya uko buhangana n’ibibazo byabwo butitabaje undi uwo ari we wese.

Emmanuel Macron w’imyaka 44 y’amavuko azacunganwa n’ibibazo by’imbere mu gihugu cye ndetse n’andi madosiye areba u Bufaransa hirya no hino ku isi harimo no muri Cabo Delgado muri Mozambique, ikibazo cyo kugarukana ijambo mu Burengerazuba bw’Afurika( Mali, Niger, Burkina Faso,…)

Hari umwanditsi muri Dailymail wavuze ko, ku rundi ruhande, Emmanuel Macron yibeshya ko u Bufaransa buzayobora Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kubera ko ngo uriya muryango ari ‘baringa.’

Hagati aho kandi kuba u Bufaransa n’u Budage bidafatanye urunana mu gushyigikira inyungu z’u Burayi nabyo bituma uyu muryango ujegajega.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi washinzwe mu mwaka wa 1957 mu masezerano yasinyiwe i Roma.

Ngibyo bicye mu  byitezwe hagati y’u Bwongereza n’u Bufaransa muri manda ya kabiri y’imyaka itanu ya Emmanuel Macron.

TAGGED:BorrisBufaransaBwongerezafeaturedMacron
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Muri Uganda Kwizihiza Isabukuru Y’Amavuko Ya Lt Gen Muhoozi
Next Article Perezida Kagame Yashimiye Macron Ku Ntsinzi Yegukanye Mu Matora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?