Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intsinzi Ya Macron Mu Maso Y’u Bwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Intsinzi Ya Macron Mu Maso Y’u Bwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2022 7:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Byaraye byemejwe bidasubirwaho ko Emmanuel Macron yongeye gutorerwa kuyobora u Bufaransa mu yindi manda y’imyaka itanu. Mu Bwongereza bavuga ko bizatanga amahirwe ko Londres iganira na Paris uko abimukira bava mu Bufaransa bakaza mu Bwongereza bakumirwa hakurikijwe amategeko mpuzamahanga.

Nyuma y’uko bimaze gutangazwa ku mugaragaro ko Macron yatsinze Le Pen  ku manota 58% kuri  42% uyu mugabo yahise ajya kwishimira intsinzi ari kumwe n’umugore we Brigitte Macron.

Babwiye Abafaransa ko imyaka itanu bamaranye yabakomeje kuko bayihuriyemo na byinshi bikomeye .

Macron ati: “ Nishimiye kongera gukorera igihugu cyanjye mu yindi myaka itanu iri imbere kandi, k’ubufatanye bwanyu, byose tuzabishobora.”

Emmanuel Macron niwe Perezida w’u Bufaransa wongeye gutorerwa manda ya kabiri mu myaka 20 ishize.

Ijambo rye yarivugiye imbere y’Umunara uranga ubwema bw’u Bufaransa witwa Tour Eiffel uri i Paris.

Abamutoye n’abatamutoye, bose yababwiye ko ari Abafaransa kandi ko azakora mu nyungu zabo.

Ku ruhande rw’u Bwongereza, Minisitiri w’Intebe Borris Johnston yavuze ko u Bufaransa busanzwe ari umufatanyabikorwa wa hafi w’u Bwongereza.

Yabanje kumushimira ku bw’intsinzi ye ariko avuga ko bizarushaho kuba byiza igihugu cye[u Bufaransa] nigikorana n’u Bwongereza mu gukumira ko abimukira bakomeza kwambuka bakaza guteza ikibazo u Bwongereza.

Ni ikibazo kandi gikomeye kubera ko u Bwongereza bwamaze gutangiza gahunda yo gufatanya n’inshuti zabwo harimo n’u Rwanda kugira ngo zibufashe kwita kuri bariya bimukira kuko ari benshi.

Abasesengura iby’umubano w’u Bwongereza n’u Bufaransa bavuga ko icyizere Borris afite cy’uko ibintu bizaba byiza hagati ye na Macron kizaraza amasinde.

Babishingira ku ngingo y’uko u Bwongereza bwikuye mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi kandi bigakorwa na Borris Johnston kuko abandi byari byaranze baranegura.

Kugenda k’u Bwongereza cyatumye u Bufaransa busigara bwumva ko ari bwo bugomba gutegeka u Burayi cyane cyane mu bibazo bireba ububanyi n’amahanga.

Ikindi ni uko kuba u Bwongereza butakiri umunyamuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, bwagombye kumenya uko buhangana n’ibibazo byabwo butitabaje undi uwo ari we wese.

Emmanuel Macron w’imyaka 44 y’amavuko azacunganwa n’ibibazo by’imbere mu gihugu cye ndetse n’andi madosiye areba u Bufaransa hirya no hino ku isi harimo no muri Cabo Delgado muri Mozambique, ikibazo cyo kugarukana ijambo mu Burengerazuba bw’Afurika( Mali, Niger, Burkina Faso,…)

Hari umwanditsi muri Dailymail wavuze ko, ku rundi ruhande, Emmanuel Macron yibeshya ko u Bufaransa buzayobora Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kubera ko ngo uriya muryango ari ‘baringa.’

Hagati aho kandi kuba u Bufaransa n’u Budage bidafatanye urunana mu gushyigikira inyungu z’u Burayi nabyo bituma uyu muryango ujegajega.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi washinzwe mu mwaka wa 1957 mu masezerano yasinyiwe i Roma.

Ngibyo bicye mu  byitezwe hagati y’u Bwongereza n’u Bufaransa muri manda ya kabiri y’imyaka itanu ya Emmanuel Macron.

TAGGED:BorrisBufaransaBwongerezafeaturedMacron
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Muri Uganda Kwizihiza Isabukuru Y’Amavuko Ya Lt Gen Muhoozi
Next Article Perezida Kagame Yashimiye Macron Ku Ntsinzi Yegukanye Mu Matora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?