Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intwari Y’i Bisesero ‘Yashyiriweho Urwibutso’ I Paris
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Intwari Y’i Bisesero ‘Yashyiriweho Urwibutso’ I Paris

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 November 2021 6:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umurwa Mukuru w’u Bufaransa, Paris, bwemeje ko umuhanda witwa 18ème Arrondissement witirirwa Aminadab Birara, Umututsi wazize Jenoside ariko wabaye intwari akayobora bagenzi be mu rugamba rwo guhangana n’Interahamwe.

Ubwo Jenoside yacaga ibintu, Abatutsi bahigishwa uruhindu, abahungiye ku musozi wa Bisesero baje kwihagararaho barwana n’Interahamwe biratinda!

Bakoreshaga  uburyo bwose bari bafite, abana n’abagore batera amabuye, abagabo bakazitera amacumu cyangwa ibisongo, byose bakabikora bagamije kurokora ubuzima bwabo.

Bari bayobowe n’umugabo witwaga Aminadab Birara.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Birara yabaye intwari cyane n’ubwo yaje kwicwa na gerenade yatewe n’abasirikare bari batumijwe n’uwahoze ari Perefe wa Perefegitura ya Kibuye witwa Clément Kayishema.

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwamuhamije uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi rumukatira gufungwa burundu.

Aminadab BIRARA yari yararokotse ubwicanyi bwakorewe Abatutsi inshuro nyinshi.

Yaburokotse mu mwaka wa 1959, 1962, 1963 no mu mwaka wa  1973, uyu akaba ari wo mwaka Juvénal Habyarimana yagiriye ku butegetsi.

Mu mwaka wa 1994 yegeranyije Abatutsi bari bahungiye ku musozi wa Bisesero abashyiramo akanyabugabo bahangana n’Interahamwe zashakaga kubarimbura.

- Advertisement -

N’ubwo yaje gupfa ndetse akagwa ku musozi waguye ho abandi Batutsi bagera ku 50 000, Aminadab Birara azahora yibukwa.

Yapfuye tariki  25, Kamena, 1994, apfa afite imyaka 68 y’amavuko.

Nyuma y’icyemezo cy’ubuyobozi bw’Umujyi wa Paris buyobowe na Madamu Anne Hidalgo, uherutse no kuza mu Rwanda agasura Urwibutso rwa Gisozi, Ihuriro ry’imiryango iharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi( IBUKA-France) bwishimiye kiriya cyemezo.

Anne Hidalgo ubwo yasuraga urwibutso rwa Gisozi

Umuyobozi wa IBUKA-France witwa Etiènne Nsanzimana avuga ko ubuyobozi bw’Umujyi wa Paris bwakoze ikintu kiza kigamije gusigasira amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi no kuyabungabunga hagamijwe kuzayasangiza ibisekuru bizaza.

Clément Kayishema yafatanyije n’uwahoze ari Burugumesitiri wa Komini Gisovu witwaga Eliézer Niyitega bategura Jenoside yibasiye Abatutsi bo muri Kibuye harimo n’abaguye mu Bisesero.

Imibare yakusanyijwe n’Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri muri Kaminuza barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi(GAERG) yerekana ko Akarere ka Karongi( aho niho hahoze ari muri Kibuye nyirizina) habaruwe imiryango y’Abatutsi yazimye myinshi kurusha ahandi.

Eliézer Niyitega

Niyitegeka we yaguye muri imwe muri Gereza za Mali.

TAGGED:AbatutsiBirarafeaturedHidalgoInterahamweJenosideKayishema. NiyitegekoKibuyeParis
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yakebuye Abacuruzi Bakwepa Imisoro
Next Article KCB Igiye Kugura Imigabane Yari Isigaye Muri Banki Y’Abaturage Y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?