Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intwari Y’i Bisesero ‘Yashyiriweho Urwibutso’ I Paris
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Intwari Y’i Bisesero ‘Yashyiriweho Urwibutso’ I Paris

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 November 2021 6:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umurwa Mukuru w’u Bufaransa, Paris, bwemeje ko umuhanda witwa 18ème Arrondissement witirirwa Aminadab Birara, Umututsi wazize Jenoside ariko wabaye intwari akayobora bagenzi be mu rugamba rwo guhangana n’Interahamwe.

Ubwo Jenoside yacaga ibintu, Abatutsi bahigishwa uruhindu, abahungiye ku musozi wa Bisesero baje kwihagararaho barwana n’Interahamwe biratinda!

Bakoreshaga  uburyo bwose bari bafite, abana n’abagore batera amabuye, abagabo bakazitera amacumu cyangwa ibisongo, byose bakabikora bagamije kurokora ubuzima bwabo.

Bari bayobowe n’umugabo witwaga Aminadab Birara.

Birara yabaye intwari cyane n’ubwo yaje kwicwa na gerenade yatewe n’abasirikare bari batumijwe n’uwahoze ari Perefe wa Perefegitura ya Kibuye witwa Clément Kayishema.

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwamuhamije uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi rumukatira gufungwa burundu.

Aminadab BIRARA yari yararokotse ubwicanyi bwakorewe Abatutsi inshuro nyinshi.

Yaburokotse mu mwaka wa 1959, 1962, 1963 no mu mwaka wa  1973, uyu akaba ari wo mwaka Juvénal Habyarimana yagiriye ku butegetsi.

Mu mwaka wa 1994 yegeranyije Abatutsi bari bahungiye ku musozi wa Bisesero abashyiramo akanyabugabo bahangana n’Interahamwe zashakaga kubarimbura.

N’ubwo yaje gupfa ndetse akagwa ku musozi waguye ho abandi Batutsi bagera ku 50 000, Aminadab Birara azahora yibukwa.

Yapfuye tariki  25, Kamena, 1994, apfa afite imyaka 68 y’amavuko.

Nyuma y’icyemezo cy’ubuyobozi bw’Umujyi wa Paris buyobowe na Madamu Anne Hidalgo, uherutse no kuza mu Rwanda agasura Urwibutso rwa Gisozi, Ihuriro ry’imiryango iharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi( IBUKA-France) bwishimiye kiriya cyemezo.

Anne Hidalgo ubwo yasuraga urwibutso rwa Gisozi

Umuyobozi wa IBUKA-France witwa Etiènne Nsanzimana avuga ko ubuyobozi bw’Umujyi wa Paris bwakoze ikintu kiza kigamije gusigasira amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi no kuyabungabunga hagamijwe kuzayasangiza ibisekuru bizaza.

Clément Kayishema yafatanyije n’uwahoze ari Burugumesitiri wa Komini Gisovu witwaga Eliézer Niyitega bategura Jenoside yibasiye Abatutsi bo muri Kibuye harimo n’abaguye mu Bisesero.

Imibare yakusanyijwe n’Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri muri Kaminuza barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi(GAERG) yerekana ko Akarere ka Karongi( aho niho hahoze ari muri Kibuye nyirizina) habaruwe imiryango y’Abatutsi yazimye myinshi kurusha ahandi.

Eliézer Niyitega

Niyitegeka we yaguye muri imwe muri Gereza za Mali.

TAGGED:AbatutsiBirarafeaturedHidalgoInterahamweJenosideKayishema. NiyitegekoKibuyeParis
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yakebuye Abacuruzi Bakwepa Imisoro
Next Article KCB Igiye Kugura Imigabane Yari Isigaye Muri Banki Y’Abaturage Y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?