Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyambo Kagame Yagabiye Umuryango Wa Knowless Zawugezeho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Inyambo Kagame Yagabiye Umuryango Wa Knowless Zawugezeho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 August 2024 7:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanzi Butera Knowless n’umugabo we Ishime Clément baraye batangaje ko bakiriye inyambo Perezida Kagame aherutse kubagabira. Byahuriranye n’iyuzura ry’imyaka irindwi bamaze babana.

Uyu muhanzi uri mu babimazemo igihe yanditse kuri Instagram ati: “Imyaka 13 turi kumwe ndetse n’imyaka umunani dushyingiranywe. Twizihije uyu munsi turi kumwe na Rugirabuntu na Rudahinyuka twagabiwe n’umubyeyi wacu Rudasumbwa Perezida Kagame”.

Ayo mafoto kandi yayashyize no kuri X.

Yunzemo ko Kagame yabareze bakiri utwana duto, abacira inzira y’ubuzima barakura bavamo abantu bazima kandi abikora mu gihe batari bagifite uwo bakomokaho none kugeza n’ubu aracyabasindagiza ngo badatsikira.

Yakomeje avuga ko we na Ishimwe Clément bazahora bashimira Kagame.

Ishimwe  yunze mu ry’umugore we agaragaza ko bishimiye kwizihiza umwaka wa munani babana, bigahurirana no kwishimira inka bagabiwe na Perezida Kagame.

Ku wa 14 Nyakanga 2024, Perezida Paul Kagame na Madamu we  Jeannette Kagame nibwo bakiriye abahanzi batuye ahitwa  Karumuna mu Bugesera arabagabira.

IMVUGO YE, NIYO NGIRO.

There’s No Bigger Flex Nko Kwirahira His Excellency @PaulKagame

Eternally Grateful 🙏🏾🙏🏾🙏🏾🙏🏾🙏🏾🙏🏾🥹 pic.twitter.com/RHItG0knU6

— Butera Knowless (@Knowless1butera) July 14, 2024

Byabaye nyuma yo kubibasezeranya ubwo yar yagiye kwiyamamariza mu Karere ka Bugesera ahitwa Kindama mu Murenge wa Ruhuha.

Hari taliki 6, Nyakanga 2024.

Kagame ubwo yiyamamarizaga i Kindama mu Karere ka Bugesera

Ubwo yakiraga umuryango wa Knowless hari hari n’abandi bahanzi  barimoTom Close, Platini P, Nel Ngabo n’abandi.

Icyo gihe nabo yabagabiye inka.

Mu mwaka wa 2016 nibwo Butera Knowless na Ishimwe Clément bashakanye.

Ubukwe bwabo bwabereye mu busitani bw’imwe muri Hoteli zikomeye mu Karere ka Bugesera bwitabirwa n’abantu bacye bari babutumiwemo.

Mu gihe bamaranye bamaze kubyarana abana batatu ari bo Ishimwe Or Butera wavutse mu mwaka wa 2016, Ishimwe Inzora Butera wavutse mu 2020 n’undi w’umuhungu wavutse tariki 03, Werurwe, 2023.

TAGGED:BugeseraButerafeaturedInyamboKagameKnowless
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Angola: Ubutasi Bw’u Rwanda Bwaganiriye N’Ubwa DRC
Next Article Imwe Mu Mishinga Muhanga Ifite Mu Mezi Make
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?