Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyeshyamba Zigaruriye Umurwa Mukuru W’Agace Ka Tigray Muri Ethiopia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Inyeshyamba Zigaruriye Umurwa Mukuru W’Agace Ka Tigray Muri Ethiopia

admin
Last updated: 29 June 2021 2:16 pm
admin
Share
SHARE

Umutwe uhanganye n’ingabo za Leta ya Ethiopia wigaruriye umurwa mukuru w’agace ka Tigray, Mekelle, nyuma y’imirwano imaze iminsi ihanganishije ingabo za Leta n’izishamikiye kuri Tigray People’s Liberation Front (TPLF).

Ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko uyu murwa wafashwe ubwo ingabo za Leta zari zimaze kuva mu birindiro byazo muri Tigray, mu gihe Leta yasabaga ko imirwano yaba ihagaze ku mpamvu z’abakeneye ubutabazi.

Leta yatangije intambara kuri TPLF mu mwaka ushize. Uyu mutwe ugizwe n’abantu bahoze bakomeye mu butegetsi bwa Ethiopia, bashinjwa kwigomeka ku buryo iryo shyaka mu gihugu risigaye rifatwa nk’umutwe w’iterabwoba.

Kurebana ay’ingwe byatangiye ubwo abarigize bigomekaga ku mpinduka muri politiki zari zirimo kuzanwa na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Guverinoma yaje kwigarurira Mekelle mu Ugushyingo 2020, mu ntambara yasize abantu basaga 350,000 bugarijwe n’inzara, abarenga miliyoni ebyiri bakava mu byabo.

Nyuma y’imirwano yabaye kuri uyu wa Mbere, byaje gutangazwa ko Mekelle ubu igenzurwa na Tigray Defence Forces.

Umwe mu bayobozi mu nzego za Leta yemereye AFP ko inyeshyamba zigaruriye Mekelle.

Abayobozi baherukaga gushyirwaho muri ako gace nabo bahunze.

Imiyoboro y’itumanaho yose yahise icibwa, ku buryo bisa n’aho Tigray yatandukanyijwe n’ibindi bice by’isi.

- Advertisement -

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, Henrietta Fore, yavuze ko ingabo za Leta zinjiye mu biro byabo muri Mekelle, zangiza itumanaho ryabo rikoresha ibyogajuru.

Nta jambo ryeruye guverinoma iratangaza niba wenda ingabo zayo zavuye muri Tigray, gusa yakomeje gusaba ko imirwano yaba ihagaze kubera impamvu z’abakeneye ubutabazi.

TAGGED:EthiopiafeaturedMekelleTigray
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abashoramari Bo Muri Hongrie ‘Bibwe Miliyari 1 Frw’ Basubijwe Ayagarujwe
Next Article Israel Yaguye Umubano N’Abarabu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?