Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyeshyamba Zigaruriye Umurwa Mukuru W’Agace Ka Tigray Muri Ethiopia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Inyeshyamba Zigaruriye Umurwa Mukuru W’Agace Ka Tigray Muri Ethiopia

admin
Last updated: 29 June 2021 2:16 pm
admin
Share
SHARE

Umutwe uhanganye n’ingabo za Leta ya Ethiopia wigaruriye umurwa mukuru w’agace ka Tigray, Mekelle, nyuma y’imirwano imaze iminsi ihanganishije ingabo za Leta n’izishamikiye kuri Tigray People’s Liberation Front (TPLF).

Ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko uyu murwa wafashwe ubwo ingabo za Leta zari zimaze kuva mu birindiro byazo muri Tigray, mu gihe Leta yasabaga ko imirwano yaba ihagaze ku mpamvu z’abakeneye ubutabazi.

Leta yatangije intambara kuri TPLF mu mwaka ushize. Uyu mutwe ugizwe n’abantu bahoze bakomeye mu butegetsi bwa Ethiopia, bashinjwa kwigomeka ku buryo iryo shyaka mu gihugu risigaye rifatwa nk’umutwe w’iterabwoba.

Kurebana ay’ingwe byatangiye ubwo abarigize bigomekaga ku mpinduka muri politiki zari zirimo kuzanwa na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed.

Guverinoma yaje kwigarurira Mekelle mu Ugushyingo 2020, mu ntambara yasize abantu basaga 350,000 bugarijwe n’inzara, abarenga miliyoni ebyiri bakava mu byabo.

Nyuma y’imirwano yabaye kuri uyu wa Mbere, byaje gutangazwa ko Mekelle ubu igenzurwa na Tigray Defence Forces.

Umwe mu bayobozi mu nzego za Leta yemereye AFP ko inyeshyamba zigaruriye Mekelle.

Abayobozi baherukaga gushyirwaho muri ako gace nabo bahunze.

Imiyoboro y’itumanaho yose yahise icibwa, ku buryo bisa n’aho Tigray yatandukanyijwe n’ibindi bice by’isi.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, Henrietta Fore, yavuze ko ingabo za Leta zinjiye mu biro byabo muri Mekelle, zangiza itumanaho ryabo rikoresha ibyogajuru.

Nta jambo ryeruye guverinoma iratangaza niba wenda ingabo zayo zavuye muri Tigray, gusa yakomeje gusaba ko imirwano yaba ihagaze kubera impamvu z’abakeneye ubutabazi.

TAGGED:EthiopiafeaturedMekelleTigray
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abashoramari Bo Muri Hongrie ‘Bibwe Miliyari 1 Frw’ Basubijwe Ayagarujwe
Next Article Israel Yaguye Umubano N’Abarabu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?