Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyeshyamba Zigaruriye Umurwa Mukuru W’Agace Ka Tigray Muri Ethiopia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Inyeshyamba Zigaruriye Umurwa Mukuru W’Agace Ka Tigray Muri Ethiopia

admin
Last updated: 29 June 2021 2:16 pm
admin
Share
SHARE

Umutwe uhanganye n’ingabo za Leta ya Ethiopia wigaruriye umurwa mukuru w’agace ka Tigray, Mekelle, nyuma y’imirwano imaze iminsi ihanganishije ingabo za Leta n’izishamikiye kuri Tigray People’s Liberation Front (TPLF).

Ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko uyu murwa wafashwe ubwo ingabo za Leta zari zimaze kuva mu birindiro byazo muri Tigray, mu gihe Leta yasabaga ko imirwano yaba ihagaze ku mpamvu z’abakeneye ubutabazi.

Leta yatangije intambara kuri TPLF mu mwaka ushize. Uyu mutwe ugizwe n’abantu bahoze bakomeye mu butegetsi bwa Ethiopia, bashinjwa kwigomeka ku buryo iryo shyaka mu gihugu risigaye rifatwa nk’umutwe w’iterabwoba.

Kurebana ay’ingwe byatangiye ubwo abarigize bigomekaga ku mpinduka muri politiki zari zirimo kuzanwa na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed.

Guverinoma yaje kwigarurira Mekelle mu Ugushyingo 2020, mu ntambara yasize abantu basaga 350,000 bugarijwe n’inzara, abarenga miliyoni ebyiri bakava mu byabo.

Nyuma y’imirwano yabaye kuri uyu wa Mbere, byaje gutangazwa ko Mekelle ubu igenzurwa na Tigray Defence Forces.

Umwe mu bayobozi mu nzego za Leta yemereye AFP ko inyeshyamba zigaruriye Mekelle.

Abayobozi baherukaga gushyirwaho muri ako gace nabo bahunze.

Imiyoboro y’itumanaho yose yahise icibwa, ku buryo bisa n’aho Tigray yatandukanyijwe n’ibindi bice by’isi.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, Henrietta Fore, yavuze ko ingabo za Leta zinjiye mu biro byabo muri Mekelle, zangiza itumanaho ryabo rikoresha ibyogajuru.

Nta jambo ryeruye guverinoma iratangaza niba wenda ingabo zayo zavuye muri Tigray, gusa yakomeje gusaba ko imirwano yaba ihagaze kubera impamvu z’abakeneye ubutabazi.

TAGGED:EthiopiafeaturedMekelleTigray
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abashoramari Bo Muri Hongrie ‘Bibwe Miliyari 1 Frw’ Basubijwe Ayagarujwe
Next Article Israel Yaguye Umubano N’Abarabu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?