Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyota Y’Ifaranga Izatuma ‘Bamwe Mu Bacuruzi Bo Mu Rwanda’ Basubira Ku Isuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inyota Y’Ifaranga Izatuma ‘Bamwe Mu Bacuruzi Bo Mu Rwanda’ Basubira Ku Isuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 July 2021 2:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, ruburira abacuruzi kujya bashishoza bakirinda guhubukira abababwira ko babonye imari kandi iyo mari bita ko ishyushye ishobora kubahombya. Rubivuze nyuma yo gufata abantu barindwi batekeye umutwe umucuruzi wo ku Gisimenti bamutwara amakarito y’inzoga afite agaciro kabarirwa muri za miliyoni( Frw).

Mu bisobanuro byahawe abanyamakuru byerekeye uko babigenza, ngo barabanza bagashaka amakuru y’umucuruzi uranguza bakamenya nomero ye ya telefoni n’andi makuru amwerekeye, ariko bakibanda ku bacuruzi bakomeye, baba bafite abakozi babo kuri za depo.

Begera nyir’imari bakamwegera bakamwereka ko bashaka ibicuruzwa runaka, umucuruzi akumva ko ari imari abonye bitamugoye .

Umucuruzi wo ku Gisimenti bamuriganyije amakarito arenga 230 afite agaciro ka za miliyoni z’amafaranga y’u Rwanda. Aya niyo yagarujwe

Abacuze uwo mugambi baba bari benshi kandi buri wese afite icyo ashinzwe muri wo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma yo kwemera iyo mikoranire, abo batekeye umucuruzi umutwe, bamusaba nomero ye ya konti.

Iyo arangije kuyibaha, uyakiriye aragenda akishyura amafaranga make kugira ngo babone inyemezabwishyu( bordereau).

Umwe muri bariya batekeye umucuruzi umutwe iyo arangije kubona iriya nyemezabwishyu, ayoherereza mugenzi we ufite ubuhanga mu gukora inyandiko mu bundi buryo(editing), uyu agahita ahindura imibare y’amafaranga yishyuwe, akandika ho umubare w’ayo yumva ko nyiri imari ari bwemere ko koko akwiranye n’imari yatanzwe.

Nyuma y’iki gikorwa, we na bagenzi be bafata ya nyemezabwishyu bakayoherereza wa mucuruzi kuri WhatsApp , yamara kuyibona akibwira ko koko yishyuwe, hanyuma akohereza imari.

Iyo imari imaze kugera kuri ba bantu batetse umutwe, umucuruzi ategereza ko amafaranga agera kuri konti ye ya nyayo agaheba, bityo akaba arahombye.

- Advertisement -

Umwe mu bafashwe bakerekwa itangazamakuru, niwe wasobanuye uko babigenje,  avuga ko yaraye afashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 27, Nyakanga, 2021 bamusanze iwe.

Ati: “ Baraye bamfashe bansanze iwanjye kandi rwose ntibanyibeshye ho kuko ni njye kandi n’aba bandi mubona inyuma yanjye twari turi kumwe.”

Yasabye imbabazi Abanyarwanda avuga ko atazongera kwishora muri buriya butekamutwe.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, Dr Thierry B Murangira avuga ko abo bantu bose uko ari barindwi hari ibindi byaha nka biriya bakoze, bityo icyo bafatiwemo kikaba ari insubiracyaha.

Yasabye abacuruzi kwirinda gukunda inyungu itabagoye ngo ni uko irimo amafaranga yihuse, kuko bashobora kubihomberamo.

Ati: “ Turasaba abacuruzi gushishoza mbere y’uko barekura ibicuruzwa byabo bakabanza gushishoza bakareba niba koko amafaranga yageze kuri konti zabo, ntibashingire kuri ka message babonye kuri WhatApp cyangwa message isanzwe kuko ishobora kuba ari impimbano.”

Umuvugizi wa RIB, Dr Thierry B. Murangira yasabye abacuruzi kugira amakenga

Ubugenzacyaha busaba Abanyarwanda bakora ubucuruzi kwirinda kujya barangura imari ikemangwa kuko iyo bafashwe bafatwa nk’abafatanyacyaha.

Ashima abatanga amakuru kuri buriya bujura kandi agasaba n’abandi kujya bayatanga.

TAGGED:AbacuruziAmafarangafeaturedGisimentiImariMurangiraRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika y’Epfo Yitambitse Icyemezo Cyo Kugira Israel Indorerezi Muri AU
Next Article Ibitaramo Bya Israel Mbonyi Mu Burundi Byaburijwemo, Hasigaye Bruce Melodie
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?