Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 60.6% By’Abanyarwanda Bakoresha Internet
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu Rwanda

60.6% By’Abanyarwanda Bakoresha Internet

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 September 2024 11:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabire Paula uyobora Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo yatangaje ko ikoreshwa rya murandasi mu Rwanda rimaze gukataza kuko 60.6% by’Abanyarwanda bayikoresha.

Mu mwaka wa 2011 bari 7% , bivuze ko ikoreshwa ryayo riri hejuru cyane.

 

Minisitiri Ingabire Paula yabitangarije mu Nama nyunguranabitekerezo izwi nka ‘Rwanda Internet Governance Forum 2024- RIGF’.

Iyi nama yateguwe ku bufatanye n’Ikigo Leta yahaye inshingano zo guteza imbere indangarubuga ya RW( Rwanda) kitwa RICTA, abikorera ku giti cyabo n’izindi nzego zikora mu rwego rw’ikoranabuhanga haba mu burezi cyangwa ahandi.

Ingabire avuga ko mu myaka 24 ishize hari byinshi u Rwanda rwagezeho binyuze mu guteza imbere ikoranabuhanga ari nako ruteza rushyira hirya no hino ibikorwaremezo bituma rikora neza.

Yagize ati: “ Nka Minisiteri uruhare rwacu ni ukwemeza politiki n’imikoreshereze yayo iboneye, kandi tukita ku gushyigikira ibikorwa byo kwaguka mu ikoreshwa rya murandasi kandi hatagize usigara inyuma”.

Hari imibare igaragaza ko umuyoboro wa 4G LTE ugera mu bice by’u Rwanda ku rugero rwa 98%.

Raporo nyinshi zishyira u Rwanda imbere mu kugira murandasi nziza kandi yihuta.

Ikigo cyo mu Bwongereza gikora ubushakashatsi ku ikoranabuhanga kitwa Cable giherutse gutangaza ko u Rwanda ari cyo gihugu cya mbere muri Afurika y’Uburasirazuba, EAC gifite murandasi yihuta kandi ihendutse.

Mbere yarwo Kenya na Tanzania nibyo byari ibya mbere mu kugira murandasi yihuta ariko u Rwanda ruza kubisiga.

Muri iki gihe abakoresha murandasi mu Rwanda ibahendukiye ku $ 43,22 ku kwezi mu gihe mu mwaka wa 2023 yari $ 60.96 ku kwezi.

TAGGED:featuredIngabireMurandasiRwandaTanzaniaUbushakashatsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushinwa Bwemeye Kongera Ikibatsi Mu Mubano Wabwo N’u Rwanda
Next Article Kenya: Abanyeshuri 17 Bishwe N’Inkongi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

You Might Also Like

Imikino

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?