Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inzoka Yitwa Cobra Ni Inyamaswa Iteye Ite?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Inzoka Yitwa Cobra Ni Inyamaswa Iteye Ite?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2025 5:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanga mu binyabuzima cyane cyane abo mu bikururanda( reptiles) bavuga ko inzoka yo mu bwoko bw’incira( biva ku nshinga: gucira) bita cobra ari yo ya mbere ndende kurusha izindi( ireshya na metero zirenga icumi) ikagira ubumara bukomeye, ikaramba imyaka 20 ariko ikitonda …

Reka duhugurane kuri iyi nzoka idasanzwe…

Iyo nzoka ishobora guhagarara ikaba yareba umuntu mu maso turamutse tubyise dutyo.

Iyo yarakaye irarakara bikagaragara igahagarara ikazamura umugara ndetse ikaba yagendesha umurizo wayo isatira icyo bihanganye.

Ku bw’amahirwe ariko ni inzoka yitonda kandi yirinda abantu uko bishoboka kose.

Kwitonda kwayo ariko kugira aho kurangirira kuko ubumara ifite bukomeye cyane ku rwego rw’uko abahanga bavuga ko iri mu za mbere zifite ubumara bubi cyane.

Ndetse ubumara buri mu macandwe iyi nzoka iciriye inshuro imwe bushobora kwica abantu 20 ni ukuvuga abantu bafite amaraso angana n’ay’inzovu imwe.

Ni mabi cyane kuko ahagarika ibice by’ubwonko byakira umwuka wa oxygen, agatuma umutima uhagarara mu gihe gito.

Izi nzoka zikunda kuba mu mashyamba y’inzitane yo mu Buhinde, mu Bushinwa, Vietnam, Nepal …kandi zigira amabara y’uruhu bitewe n’aho zituye.

Izi nzoka zishimira kuba ahantu henshi haba ahari amashyamba, imigezi cyangwa ibishanga, mu misozi miremire ifite ibihuru birebire n’ahandi.

Zizwiho kandi kurya izindi nzoka zaba izifite ubumara cyangwa izatabufite.

Zirya imiserebanya, amagi y’izindi nzoka ndetse n’utunyamaswa tw’utunyamabere nk’imbeba n’izindi.

Izi nzoka ariko zirahangayitse kuko abantu bazugarije, bashaka aho bubaka ibijyanye n’ukwikunda kwabo bagatema amashyamba, abandi bakazica ngo bazikureho uruhu barugurishe, abandi bakazirya kuko zigira umuhore unurira.

Hari n’abazihiga ngo bazice kubera kuzitinya, bakazangira ubusa kandi zitanduranya.

National Geographic yandika ko-ku rundi ruhande- hari umuhati uri gukorwa ngo izi nyamaswa zidasanzwe zirindwe.

Muri Vietnam no mu Buhinde barakora uko bashoboye ngo barebe ko bafasha izi nyamaswa kudacika ku isi.

Abantu basobanurirwa ko izo nyamaswa zibaho bityo ndibakomeze kuzihigisha uruhindu.

Iyo abantu baza kumenya ko kubana neza n’ibinyabuzima ari bo bigirira akamaro hari ukundi isi yari bube isa muri iki gihe!

TAGGED:featuredGucikaInyamaswaInzokaUbumara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impunzi Zo Muri Sudani Y’Epfo Zirahungira Muri DRC Ku Bwinshi
Next Article Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?