Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inzovu Muri Pariki Y’Akagera Zashyizweho Utwuma Two Kuzicunga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inzovu Muri Pariki Y’Akagera Zashyizweho Utwuma Two Kuzicunga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 August 2022 11:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera buvuga ko inzovu ziyibamo zibayeho neza. Icyakora ngo mu rwego rwo kuzicunga kugira ngo abantu bemenye uko zibayeho n’uko zigenda zimuka, ubuyobozi bw’iyi Pariki bwazambitse utwuma tw’ikoranabuhanga kugira ngo zikurikiranwe.

Ku rukuta rwa Twitter rwa Pariki y’Akagera, handitseho ko mu mwaka wa 1975 ari bwo inzovu 26 za mbere zagejejwe muri iriya Pariki zivuye mu Karere ka Bugesera y’ubu.

Hari amakuru avuga ko zikiba mu Bugesera zahoraga mu ntambara n’abaturage kubera kubonera ndetse ngo byaje gutuma Perezida Habyarimana Juvenal ategeka ko zishakirwa aho zituzwa, intambara yazo n’abaturage ikarangira.

Aho zigereye muri Pariki y’Akagera ngo zaguwe neza, zirororoka.

Nyuma y’imyaka 47, ubu muri Pariki y’Akagera habarurwa inzovu 130.

Kubera ko inzovu ari inyamaswa nini kandi ikunda kubana n’izindi, bituma zikunda kwimuka ziva hamwe zijya ahandi.

Zigenda zishaka amazi n’ubwatsi, zishaka ibiti birimo imiti, zikimuka kandi zihunga ahantu zamenye ko haba intare kugira ngo zitazazicira ibyana.

Ubwonko bwazo buzifasha kwibuka ahantu zigeze kunywa amazi mu gihe kirekire cyatambutse ndetse n’aho zarishije ubwatsi buryoshye kurusha ubundi.

Ibi byose biri mu byatumye ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera busanga ari ngombwa gushyira utwuma tw’ikoranabuhanga kuri ziriya nyamabere mu rwego rwo kuzicungira hafi ngo ejo hatazagira igira icyo iba kidasanzwe ntibimenyekane.

Ikindi ni uko ubuso bwa Pariki y’Akagera ari buto bityo kumenya uko inzovu zikwiye kutororoka cyane bikaba byafasha mu kurinda ko ibimera by’iyi pariki bihakubitikira.

Happy #WorldElephantDay2022
1975 saw 26 small elephants successfully translocated to Akagera National Park from Bugesera, a region in southeast Rwanda where these elephants were not protected. 47 years later, the elephant population has grown to over 130 individuals.
Thread👇 pic.twitter.com/SrHPxTLcWG

— Akagera National Park (@AkageraPark) August 12, 2022

Kubera ko inzovu ari inyamaswa nini, biyisaba kurisha ubwatsi bwinshi no kunywa byibura litiro 200 ku munsi.

Bivuze ko inzovu nyinshi kandi mu gihe kirekire zifite ubushobozi bwo kugabanya ingano y’amazi mu biyaga runaka.

Ni ngombwa kandi kuzirikana ko inzovu ishobora kuramba hagati y’imyaka 60 n’imyaka 70.

Birumvikana ko muri icyo gihe, iba ikeneye amazi n’ubwatsi byinshi byo guha umubiri wayo ngo ikure neza.

TAGGED:AkageraInzovuPariki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafaransa Batakambiye Imana Ngo Ibafashe Inkongi Ibibasiye Izime
Next Article Abarwanyi Ba ADF Bakomeje Kwinjira Muri DRC Ku Bwinshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?