Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inzozi za AS Kigali Zo Kujya Mu Mikino Nyafurika Zarangiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Inzozi za AS Kigali Zo Kujya Mu Mikino Nyafurika Zarangiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 October 2022 10:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

AS Kigali yari ihagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika ya CAF Confederations Cup yasezerewe muri iri rushanwa , nyuma yo gutsindwa igitego kimwe ku busa.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 16 Ukwakira, 2022 nibwo kuri Stade ya Benina i Benghazi habereye umukino wo kwishyura mu ijonjora rya kabiri ry’imikino ya CAF Confederations Cup 2022-23, aho Al Nasr yari ku kibuga cyayo yakiriye AS Kigali.

Ni umukino wari utegerejweho gukiranura amakipe yombi hakaboneka ijya mu ijonjora rya nyuma ribanziriza imikino y’amatsinda.

Mu mukino ubanza wahuje aya makipe wabereye i Huye kuwa 9 Ukwakira 2022 byarangiye ari ubusa k’ubusa.

Mu mukino waraye urangiye,  igice cya mbere cy’umukino cyagaragayemo  gusatira cyane ku ruhande rwa AS Kiagali.

Stade umukino wabereyemo yari yuzuye abafaana.

Al Nasr yihagaze ho  iminota 45 y’igice cya mbere irangira nta gitego itsinzwe.

Iminota  68 yari ihagije kugira nggo Al Nasr  yandike amateka kuko k’umunota wa 69 yabonye  igitego rukumbi cyatsinzwe na Abdelsalam Alaquob nyuma ya ’contre-attaque’ ikomeye ye na bagenzi be.

Uyu mukinnyi yarushije umuvuduko ba myugariro ba AS Kigali ndetse atsinda  umunyezamu wabo Ntwari Fiacre.

AS Kigali yakoresheje imbaraga zishoboka ndetse inagerageza uburyo bwinshi ngo yishyure ariko byose biba iby’ubusa.

Niyo kipe yari iya nyuma mu zari zihagarariye u Rwanda, kuko APR FC yaserutse muri CAF Champions League yasezerewe rugikubita mu ijonjora rya mbere yahuriyemo na US Monastir yo muri Tunisia.

TAGGED:ASIrushanwaKigaliUmupira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarusiya Bararasa Ukraine Bakoresheje ‘Drones’ Zitwa ‘KAMIKAZE’
Next Article Kurandura Ubukene Mu Bantu Ni Imvugo Y’Urwiyerurutso
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?