Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: IPRC-NGOMA yujuje inyubako ifite agaciro ka miliyari 1,3 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

IPRC-NGOMA yujuje inyubako ifite agaciro ka miliyari 1,3 Frw

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 November 2020 9:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro IPRC NGOMA riherereye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, ryatashye ku mugaragaro inyubako zirimo izizakoreramo abayobozi, zuzuye zitwaye miliyari 1,3 Frw.

Iyi nyubako kandi harimo izajya ikorerwamo imikoro ngiro mu by’amazi n’amashanyarazi ndetse n’amacumbi y’abanyeshuri.

Ibikorwa byo kubaka izi nyubako bimaze imyaka ibiri, byatewe inkunga na Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Uburezi.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda izakomeza gutera ingabo mu bitugu amashuri y’imyuga kugira ngo ubu burezi bukomeze bugire imbaraga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati “Leta izakomeza gushyigikira amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro hubakwa inyubako nshya, tutibagiwe no mu mashuri yisumbuye ndetse na za Kaminuza. Kuba rero hubatswe izi nyubako twizeye ko n’umusaruro uziyongera.”

Umuyobozi wa IPRC-NGOMA. Eng. Musonera Ephrem avuga ko izi nyubako zizarushaho kubafasha kunoza ireme ry’uburezi no kurushaho gutanga servise nziza ku babagana.

Ati “Izi nyubako zizadufasha no kongera umubare w’abanyeshuri batugana bashaka kwiga imyuga n’ubumenyi ngiro nk’uko biri muri gahunda ya Leta y’imyaka irindwi.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko zizabafasha kongera umubare w’abakobwa biga imyuga n’ubumenyi ngiro bakava kuri 21% bariho ubu, bakagera kuri 29%.

Izi nyubako hamwe n’ibindi bikorwa remezo bijyanye no kurangiza igice cy’umuhanda unyura muri iki Kigo ndetse no kuwushyiraho amatara yo hanze kuri metero zisaga 600.

- Advertisement -

Byuzuye bitwaye Miliyari 1,3 Frw yose yatanzwe aturutse mu ngengo y’imari isanzwe ya Leta ibinyujije muri Ministeri y’Uburezi n’ibigo biyishamikiyeho.

IPRC NGOMA yahoze yitwa ETO KIBUNGO, yatangiye imirimo muri 2012, ubu yigamo abanyeshuri bagera mu 1 400.

Abayobozi barimo Minisitiri w’uburezi bari baje gutaha iriya nyubako

Ivomo: UMUSEKE.RW

Taarifa Rwanda

TAGGED:featuredIPRCIshuriMinisitiriNgomaUwamariya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nigeria: Boko Haram yishe abaturage 110
Next Article Mu burenganzira bwa muntu harimo no kumenya aho abe batarashyingurwa bajugunywe- Dr Gasanabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?