Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iran Yarahiye Kuzahorera Hamas Ku Muyobozi Wayo Israel Yivuganye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Iran Yarahiye Kuzahorera Hamas Ku Muyobozi Wayo Israel Yivuganye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 July 2024 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubutegetsi bw’i Teheran muri Iran bwatangaje ko buzahorera Ismael Haniyeh wari umuyobozi mukuru wa Hamas waraye yishwe na Israel imurashe missile.

Yamwishe aryamye aguye agacuho kuko yari yiriwe mu munsi wo kurahira kwa Perezida mushya wa Iran witwa Masoud.

Haniyeh wari ufite imyaka 62 yatangiye kuyobora Hamas mu mwaka wa 2017 akaba yabaga muri Qatar aho yavuye ajya muri Iran muri uriya muhango.

Israel yari imaze iminsi imuhiga bukware imushinja kuba ari we wateguye igitero cyahitanye abaturage bayo 1200 bishwe mu Ukwakira, 2023 abandi barenga 200 ikabajyana bunyago.

Iran ivuga ko bitinde bitebuke izahorera Hamas ku rupfu rw’umuyobozi wayo warashwe na Israel.

Israel kandi imaze igihe gito yivuganye undi muyobozi wa Hezbollah wari umaze iminsi ayihisha hirya no hino muri Lebanon.

Umubano wa Israel na Iran wahoze ari mwiza kugeza mu mwaka wa 1979 ubwo muri Iran hajyagaho ubutegetsi bwafataga Israel nk’umwanzi.

Kuva icyo gihe kugeza ubu Teheran na Yeruzalemu ntibaracana uwaka.

Ahamad Nejad wigeze kuyobora Iran we yanarahiye ko bishobotse igihugu cye cyazahanagura Israel ku ikarita y’isi.

Ibi bisa n’ibidashoboka kuko Israel nayo atari agafu k’imvugwarimwe.

Ayatollah Ali Khamenei uyobora Iran nk’Umuyobozi wayo w’ikirenga yigeze kuvuga ko Israel ari kanseri iri mu isi, ko ibyiza ari uko yakurwaho kugira ngo itangiza abandi.

Israel nayo ivuga ko Iran ari ikibazo ku buzima bwayo kuko yashinze umutwe wa gisirikare uyirwanyiriza muri Lebanon w’Abasilamu b’Aba Shiite witwa Hezbollah.

Umwuka w’intambara weruye hagati ya Israel na Iran ndetse na Turikiya iri mu biteye abantu impungenge mu isi y’ubu.

TAGGED:featuredHamasigisasuIntambaraIranIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Borora Ingurube Bagiye Kwigira Ku Banyaburayi
Next Article Abanyarwanda Batumiwe Kuzaza Kwakira Indahiro Ya Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bakaza Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?