Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iran Yarahiye Kuzahorera Hamas Ku Muyobozi Wayo Israel Yivuganye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Iran Yarahiye Kuzahorera Hamas Ku Muyobozi Wayo Israel Yivuganye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 July 2024 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubutegetsi bw’i Teheran muri Iran bwatangaje ko buzahorera Ismael Haniyeh wari umuyobozi mukuru wa Hamas waraye yishwe na Israel imurashe missile.

Yamwishe aryamye aguye agacuho kuko yari yiriwe mu munsi wo kurahira kwa Perezida mushya wa Iran witwa Masoud.

Haniyeh wari ufite imyaka 62 yatangiye kuyobora Hamas mu mwaka wa 2017 akaba yabaga muri Qatar aho yavuye ajya muri Iran muri uriya muhango.

Israel yari imaze iminsi imuhiga bukware imushinja kuba ari we wateguye igitero cyahitanye abaturage bayo 1200 bishwe mu Ukwakira, 2023 abandi barenga 200 ikabajyana bunyago.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iran ivuga ko bitinde bitebuke izahorera Hamas ku rupfu rw’umuyobozi wayo warashwe na Israel.

Israel kandi imaze igihe gito yivuganye undi muyobozi wa Hezbollah wari umaze iminsi ayihisha hirya no hino muri Lebanon.

Umubano wa Israel na Iran wahoze ari mwiza kugeza mu mwaka wa 1979 ubwo muri Iran hajyagaho ubutegetsi bwafataga Israel nk’umwanzi.

Kuva icyo gihe kugeza ubu Teheran na Yeruzalemu ntibaracana uwaka.

Ahamad Nejad wigeze kuyobora Iran we yanarahiye ko bishobotse igihugu cye cyazahanagura Israel ku ikarita y’isi.

- Advertisement -

Ibi bisa n’ibidashoboka kuko Israel nayo atari agafu k’imvugwarimwe.

Ayatollah Ali Khamenei uyobora Iran nk’Umuyobozi wayo w’ikirenga yigeze kuvuga ko Israel ari kanseri iri mu isi, ko ibyiza ari uko yakurwaho kugira ngo itangiza abandi.

Israel nayo ivuga ko Iran ari ikibazo ku buzima bwayo kuko yashinze umutwe wa gisirikare uyirwanyiriza muri Lebanon w’Abasilamu b’Aba Shiite witwa Hezbollah.

Umwuka w’intambara weruye hagati ya Israel na Iran ndetse na Turikiya iri mu biteye abantu impungenge mu isi y’ubu.

TAGGED:featuredHamasigisasuIntambaraIranIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Borora Ingurube Bagiye Kwigira Ku Banyaburayi
Next Article Abanyarwanda Batumiwe Kuzaza Kwakira Indahiro Ya Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?