Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ishuri Rigeretse Niyo Nyubako Ndende Mu Murenge Wa Murambi I Karongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Ishuri Rigeretse Niyo Nyubako Ndende Mu Murenge Wa Murambi I Karongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2021 12:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umurenge wa Murambi ni umwe mu mirenge y’Akarere ka Karongi. Ubwo abawutuye bizihizaga imyaka 27 Abanyarwanda bibohoye, batashye ishuri rigeretse rimwe(etage imwe) ryubatswe mu Kagari ka Muhororo, Umudugudu wa Bwakira.

Ishuri ry’imyuga rizigisha ubudozi, abazaryigiramo bakazaturuka  mu mirenge Gashari, Rugabano na Rubengera.

Taarifa yamenye ko ari ryo shuri ryigisha ubudozi riri mu Ntara y’i Burengerazuba ryonyine, ariko biteganyijwe ko nyuma hazashyirwamo andi masomo y’ubukorikori

Mu batangiye kuryigamo harimo n’umunyeshuri waturutse mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’i Burasirazuba.

Inyubako ririya shuri ryubatswe mo niyo ndende izamuwe muri kariya gace kuva ‘amajyambere yagera mu Rwanda.’

Abaturage b’uyu murenge bavuga ko kwibohora bitabazaniye amahoro gusa, ahubwo byabahaye n’uburyo bwo kugera ku majyambere batatekerezaga mbere y’uko u Rwanda rubohorwa.

Kuri Telefoni, Nyirindekwe wo muri kariya gace yabwiye Taarifa ko kugira ishuri rifite inyubako zigeretse mu gace kabo ari igitangaza kuri we.

Biga ubudozi

Ati: “ Ni ubwa mbere tubonye inzu igeretse. Ubundi twabonaga inzu nk’izi twagiye i Bwishyura  cyangwa ahandi ariko kuba dufite ishuri rigezweho kandi ryubatswe mu buryo tutigeze tubona ni iby’agaciro.”

Mu mezi ari imbere, biteganyijwe ko muri ririya shuri hazatangirwa andi masomo harimo no kwigisha abakuze gusoma no kwandika.

Si etage yonyine bishimira…

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murambi, Phanuel Uwimana yabwiye Taarifa ko abatuye uriya murenge bishimira ko iterambere rwazanywe no kwibohora ryatumye bubakirwa n’umuhanda w’igitaka ariko utsindagiye uhuza Karongi na Ruhango.

Uyu muhanda uherutse kwangizwa n’imvura nyinshi ariko ngo bitarenze impera za Nyakanga, 2021 urongera ube nyabagendwa.

Uyu muyobozi avuga ko uduce tw’ubucuruzi tw’Umurenge wa Murambi ‘twose’ twagezemo amashanyarazi, igisigaye kikaba ari kwegera abaturage bakigira hamwe uko bayakurira akabasanga aho batuye.

Kubaka ririya shuri n’ibindi byumba by’amashuri 734, ubwiherero 1048 n’ibikoni 112 byari byarashyizwe mu mihigo y’Akarere ka Karongi.

Umurenge wa Murambi Mbere ya Jenoside…

Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho Umurenge wa Murambi uherereye muri iki gihe hahoze ari muri Komini Bwakira. Ni n’aho hari hubatswe Ibiro bya Komini.

Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga muri iriya Komini, Kabasha wayiyoboraga yashishikarije Abahutu b’intagondwa guhiga no kwica Abatutsi.

Abatutsi bari bahungiye ahahoze ikigo kigishaga gusoma no kwandika bitaga IGA nibo bahiciwe ari benshi.

Muri iki gihe aha hantu hari urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwitwa Kirinda Genocide Memorial.

Hari kandi n’urwibutso rwa Bwakira.

Murambi ivugwa muri iyi nkuru itandukanye n’ahahoze Komini Murambi yategekwaga na Gatete Jean Baptiste iri aho Akarere ka Gatsibo gaherereye muri iki gihe.

Ni mu Ntara y’i Burasirazuba.

Gatete Jean Baptiste ari mu bahamijwe n’inkiko uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu gace yayoboraga.

TAGGED:AbaturagefeaturedKarambiUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Koreya Y’Epfo ‘Irashaka’ Gukora Inkingo Za COVID Zo Kuziba Icyuho Ku Isi
Next Article Uwayoboraga Urwego rw’Ubutasi Muri RDC Akomeje Kuburirwa Irengero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukerarugendoUbukungu

Kinigi: Abaturiye Ahazagurirwa Pariki Bahawe Uburyo Bwo Kwihaza Mu Biribwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC Ntishaka Ubuhuza Bwa Thabo Mbeki 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Haganiwe Uko UNHCR Yakomeza Imikoranire N’ u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbukungu

Angola Igiye Kujya Itunganya Diyama Yose Icukura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?