Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Isomwa Ry’Urubanza Rwa Mudathiru Ryasubitswe Kubera Ubunini Bwa Dosiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Isomwa Ry’Urubanza Rwa Mudathiru Ryasubitswe Kubera Ubunini Bwa Dosiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2021 1:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwongeye gusubika isomwa ry’urubanza rw’abantu 32 barimo Rtd Major Habib Mudathiru n’abasirikare batanu bo mu Ngabo z’u Rwanda, baregwa ibyaha by’iterabwoba, bishamikiye ku mitwe yitwaje intwaro ya P5 na FLN.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo uru rubanza rwagombaga gusomwa, ariko biza gusubikwa kubera ubunini bwa dosiye, imyanzuro y’urubanza ikaba itaranozwa neza.

Ni nyuma y’uko ubwo kuruburanisha byasozwaga ku wa 8 Ukuboza 2020, Perezida w’Inteko iburanisha, Umucamanza Lt Col Bernard Rugamba Hategekimana, yatangaje ko ruzasomwa ku wa 15 Mutarama 2021, icyo gikorwa kiza gusubikwa.

Ntabwo itariki nshya isomwa ry’urubanza ryimuriweho yari yemezwa.

Mu baregwa uko ari 32 harimo itsinda ry’abantu 25 barangajwe imbere na Rtd Major Mudathiru wahoze mu Ngabo z’u Rwanda. Bafatiwe mu mashyamba ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu mutwe wa P5 uyoborwa na Kayumba Nyamwasa, nyuma y’ibitero ingabo z’icyo gihugu zagabye ku mitwe yitwaje intwaro. Bashyikirijwe u Rwanda ku wa 18 Kamena 2019.

Baregwa kwinjira mu mutwe w’ingabo utemewe, kugambirira kugirira nabi ubutegetsi buriho, kugirana umubano na Leta y’amahanga bigiriwe gushoza intambara, kurema umutwe w’abagizi ba nabi no gucura umugambi wo gukora icyaha cy’iterabwoba.

Harimo n’irindi tsinda ry’abantu batandatu barimo abasirikare bane n’abasivili babiri, rifatwa nk’irirangajwe imbere na Pte Muhire Dieudonné, umusirikare muri RDF.

Baregwa ibyaha birimo gutoroka igisirikare, ubufatanyacyaha mu kugambirira kugirira nabi ubutegetsi buriho cyangwa kubuhirika hakoreshejwe intambara cyangwa izindi mbaraga, kurema umutwe w’abagizi ba nabi no koshya abandi kuwujyamo, no kugira uruhare mu bikorwa by’ishyirahamwe rikora iterabwoba.

Muri rusange iyi dosiye iregwamo abasirikare batanu b’u Rwanda aribo Pte Muhire Dieudonné, Corporal Kayiranga Viateur, Corporal Dusabimana Jean Bosco, Private Igitego Champagnat na Private Ruhinda Jean Bosco watorotse igisirikare, waburanishijwe adahari.

Baburanye bahakana ibyaha byinshi mu byo baregwa.

TAGGED:DosiyefeaturedIsomwaMudathiruUrubanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Bugesera Huzuye Uruganda Rw’Amazi Ruzaha N’Umujyi Wa Kigali
Next Article ‘Bamwe’ Mu Bahoze Bakorera Iperereza ‘Bashobora’ Kumena Ibanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?