Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Ifite Perezida Mushya: Isaac Herzog
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Ifite Perezida Mushya: Isaac Herzog

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 July 2021 12:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Saa cyenda n’igice ku isaha y’i Kigali Kuri uyu wa Gatatu tariki 07, Nyakanga, 2021 nibwo Isaac Herzog yarahiriye kuyobora Israel nka Perezida wayo. Ni Perezida wa 11 wa Israel, usimbuye Reuven Rivlin.

Nyuma yo kurahirira kuyobora Leta ya Kiyahudi, Herzog yakomereje mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, yakirwa na Reuven Rivlin wamuhaye ikaze.

Rivlin we yahise yitahira asubira mu buzima busanzwe bw’abaturage ba Israel.

 Amateka azandika iki?

Isaac Herzog ni umunyapolitiki akaba n’umwanditsi ukomeye.

Yahoze ayobora ikigo kitwa Jewish Agency, kikaba ari ikigo gifite intego y’uko buri Muyahudi aho ari hose ku isi yiyumvamo mugenzi we kandi buri wese akumva ko ubutaka bw’ivuko ari Israel, agaharanira kuyirinda no kuyiteza imbere.

Se umubyara nawe yigeze kuba Perezida wa Israel uwo akaba ari Chaim Herzog. Yayoboye manda ebyiri z’imyaka itanu, buri manda ikaba yari igizwe n’imyaka itanu.

Nyuma imyaka igize manda yaje kugabanywa iba irindwi, idashobora kongera gutorerwa.

Perezida wa Kabiri wa Israel witwaga Yitzhak Ben-Zvi we yayiboye manda ya gatatu ariko aza kwitaba Imana itayirangije.

Yari amaze amezi ane arahiye.

Mu mateka ya ba Perezida ba Israel, Moshe Katsav niwe wa mbere  wafunzwe azira gukorera umugore ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Aho afunguriwe yahisemo gushyira politiki ku ruhande, yigira iwe yita ku bye harimo no gukorera ubusitani.

Shimon Peres wamusimbuye niwe wabaye Perezida wa Israel ukuze kurusha abandi kuko yari afite imyaka 84 y’amavuko.

Muri Israel Perezida aba ari nk’umubyeyi w’igihugu. Nta shyaka agira ahubwo areba ibifitiye igihugu cyose akamaro, ntaho ahengamiye.

Ku rundi ruhande ariko, aba Perezida babiri nibo bigeze kugaragaza imyitwarire ya politiki mpuzamahanga, bakaba barabikoze ubwo haganirwaga ku masezerano yiswe Balfour Declaration.

Abo ni  Weizmann na Katzir.

Ba Perezida ba Israel bose uko bakabanye harimo na Moshe Katsav bakoze uko bashoboye bashyira imbere inyungu za Israel batitaye ku kindi icyo aricyo cyose.

Ibi niko bigomba kugenda no kuri Isaac Herzog.

Agomba kumara ibyumweru bibiri yiga amenyera uko ibintu bikorwa mu Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Hagati aho azaba yakira inyandiko z’abandi Bakuru b’ibihugu bamushimira intambwe yateye, ari nako abamenyesha gahunda afite yo guhangana na Iran.

Nta na rimwe Israel izatuza igihe cyose izi neza ko Iran ikora intwaro za kirimbuzi.

Ni nako azaba amenyana n’abandi bakozi bazakorana mu biro bye.

Yabwiye The Jerusalem Post ko intego ye ku ikubitiro izaba iyo gukomeza guhesha Israel isura nziza mu mahanga no gutuma abayituye bumva batekanye.

Asanzwe ari umunyamategeko wabigize umwuga kandi ni ko biri no ku mugore we witwa Machal Herzog.

Uyu mugore amaze imyaka 13 ayobora Ikigo cy’abagiraneza kitwa Maurice and Vivienne Wohl Philanthropic Foundation.

We n’umugabo we bafitanye abana batatu bakuru.

Aba bana ntibemerewe kubana na Se na Nyina mu Biro by’Umukuru w’Igihugu biba i Yeruzalemu.

Israel ni igihugu kigira abanyapolitiki bahozwa ho ijisho cyane n’itangazamakuru k’uburyo abenshi bahora mu bibazo bya Politiki ndetse bamwe bakegura, abandi bagafungwa.

Biteganyijwe ko azahitamo uwitwa Naor Ihia ngo azamubere umuvugizi.

Ihia yigeze kuba umuvugizi wa Benjamin Netanyahu.

Naor Ihia aracyari muto kuko afite imyaka 32 y’amavuko.

TAGGED:AbayahudifeaturedHerzogIsraelPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bimwe Mu Byabanjirije Iyicwa Rya Perezida Wa Haïti
Next Article Muri Kigali Henshi Ibikoresho Byo Gupima COVID Byabuze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?