Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Irashaka Kwiyomekaho Ibice Byinshi Bya Gaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Israel Irashaka Kwiyomekaho Ibice Byinshi Bya Gaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 April 2025 11:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ingabo za Israel mu ntambara na Hamas( Ifoto@The Jerusalem Post)
SHARE

Minisitiri w’ingabo za Israel witwa Israel Katz avuga ko ingabo z’igihugu cye zigomba gufata mu buryo budasubirwaho ibice bya Gaza bigahinduka ibya Israel.

Muri iki gihe, iki gihugu kiri mu cyiciro cya kabiri cy’intambara kiri kurwana na Hamas kigamije guca intege burundu uyu mutwe.

Iki cyiciro kibayeho nyuma y’uko amasezerano yo kugarura amahoro hagati ya Israel na Hamas atagize icyo ageraho kubera kunaniranwa ku migendekere yo kurekura imfungwa zafashwe na buri ruhande.

Ingabo z’iki gihugu zivuga ko kwigarurira ibyo bice byazifasha mu kurinda ko byongera kuba indiri y’abarwanyi ba Hamas.

Itangazo Katz yasohoye rwabonywe na The Jerusalem Post risaba abatuye Gaza gukorana na Israel binyuze mu kwanga gukomeza kuba ibyitso bya Hamas.

Rafat ni mu Majyepfo ya Gaza.

Ibikorwa bya gisirikare Israel iri gukorera muri Gaza yabyise Operation Strength and Sword.

Mu Kinyarwanda wabyita ‘Ibikorwa by’imbaraga zikoresha inkota’.

Ni ibikorwa bya gisirikare bigamije kwagura ubuso Israel igenzura muri Gaza, bikibanda k’ugusenya ahantu hose Hamas ifite ibikorwa hanyuma hakazagirwa ahantu hagenzurwa na Israel.

Minisitiri Katz ati: “ Ndasaba abaturage ba Gaza bose guhagurukira rimwe bakamagana Hamas, bakitandukanya nayo kandi bagaharanira ko abaturage ba Israel batwawe bunyago bose basubizwa iwabo. Ni ibintu tubasaba gukora inzira zikigendwa”.

Minisitiri w’ingabo za Israel, Israel Katz

Imitwe itandukanye y’igisirikare cya Israel iri gukorana ngo irangize akazi mu buryo budasubirwaho.

Ikubiyemo ingabo zirwanira mu kirere, izirwanira k’ubutaka n’izirwanira mu mazi.

Umuvugizi w’ingabo za Israel ariko uzivugira mu Cyarabu witwa Col. Avichay Adraee yasabye abatuye agace ka Rafah kukimukamo bakajya mu bice byateguwe.

#عاجل سكان غزة المتواجدين في مناطق رفح، بلديات النصر والشوكة والمناطق الاقليمية الشرقية والغربية وأحياء السلام، المنارة وقيزان النجار – نكرر إنذاراتنا وتحذيراتنا العاجلة – انتبهوا!

⭕️من أجل سلامتكم عليكم الانتقال بشكل فوري إلى مراكز الإيواء في المواصي

⭕️لا تترددوا! لا تنصاعوا… pic.twitter.com/TFwiy8nlaa

— افيخاي ادرعي (@AvichayAdraee) April 1, 2025

Israel iri gushyira igitutu cya gisirikare kuri Hamas ngo yemere gukurikiza amasezerano yo kurekura abandi bantu yatwaye bunyago mu gitero yayigabyeho Tariki 07, Ukwakira, 2023 kigahitana abantu 1,200 abandi 250 bagatwarwa bunyago.

Kuva icyo gihe, Yeruzalemu yatangije intambara ya karahabutaka yo gusenya Hamas burundu ariko kugeza n’ubu ntirabigeraho n’ubwo benshi mu bagaba bakuru bayo n’abayobozi ba Politiki yabivuganye.

TAGGED:AbarwanyiHamasIngaboIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article YouTube Yasohoye Uko Abahanzi Nyarwanda Barebwe Mu Mezi Atatu Ashize
Next Article Gasabo: Abarimo Umukobwa Bafatiwe Aho Bajyaga Bamburira Abantu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?