Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Irateganya Gutangaza Ko Gaza Ari Intara YAYO
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Irateganya Gutangaza Ko Gaza Ari Intara YAYO

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2025 3:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri w'Intebe Benyamini Netanyahu.
SHARE

Abazi ibivugirwa mu Biro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel biri i Yeruzalemu, bemeza ko hari umugambi ufatika w’uko ari hafi gutangaza ko igihugu cye kigiye kwigarurira burundu Intara ya Gaza.

Ndetse biraza kuganirirwa mu Nama y’Abaminisitiri iri buterane mu masaha ari imbere.

Ubukana bw’iki cyemezo buraremereye k’uburyo nihagira utemeranya na Netanyahu, niyo yaba Umugaba mukuru w’ingabo, ari bweguzwe.

Ku rundi ruhande, abo mu miryango y’abantu bajyanywe bunyago na Hamas, ubu ni 20 kuri 50 bikekwako bakiri bazima, bashobora kuzahahurira n’akaga kubera icyo cyemezo cya Netanyahu, bigakorwa na Hamas yihorera.

BBC yanditse ko hari na bimwe mu bihugu bisanzwe bikorana na Israel ‘bishobora’ kutishimira ndetse bikitambika icyo cyemezo cya Yeruzalemu cyane cyane ko bimaze igihe bisaba ko n’intambara yatangije yayihagarika.

Hari bamwe mu bahoze ari abasirikare bakuru mu ngabo z’iki gihugu bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru baherutse kwandika ibaruwa basaba Trump gushyira igitutu kuri Netanyahu ngo ahagarike iriya ntambara.

Ntawe uramenya icyo yabasubije!

Icyakora umwe mu bayanditse witwa Ami Ayalon wahoze ushinzwe ubutasi muri kimwe mu bigo bya Israel yabwiye BBC ko mu by’ukuri mu rwego rwa gisirikare Hamas yatsinzwe uruhenu.

Gusa avuga ko mu rwego rw’ingengabitekerezo, igihari kuko haba muri Palestine n’ahandi mu bihugu byinshi by’Abarabu urwango ku Bayahudi ruri kwiyongera.

Ati: “Kuri njye, nsanga uburyo bwonyine bwo gutsinda uyu mutwe ari ugutuma Gaza na Palestine bizaba ahantu heza ho kuba mu gihe kizaza”.

Umugambi wa Netanyahu uravugwa mu gihe intambwe ibiganiro hagati ya Hamas na Israel  byo guhagarika intambara byabaye bihagaze.

Aho bihagarariye, nibwo Hamas yasohoye amashusho y’abagabo babiri bo muri Israel yafashe bunyago, iberekana barazingamye kubera inzara.

Abo ni Rom Blaslavski na Evyatar David, bombi bakaba barashimutiwe mu gitero uyu mutwe wagabye mu Majyepfo ya Israel ku wa Gatandatu tariki 07, Ukwakira, 2023.

Icyo gitero cyabaye intandaro y’intambara n’ubu ikibica bigacika muri Gaza.

Hagati aho, ingabo za Israel zigenzura 75% by’Intara yose ya Gaza.

Igice cyayo gisigaye nicyo gituyemo abantu miliyoni ebyiri muri iki gihe bavugwaho inzara yabazonze kandi kubagezaho ibiribwa Israel igasa nitabikozwa.

Ibice Israel yari yaranze kwigarurira bisanzwe bivugwaho ko ari byo abaturage babyo bashimuswe na Hamas babamo.

Ikindi giteye inkeke ni uko mu minsi yatambutse hari bamwe mubo Hamas yashimuse ibavanye muri Israel yishe nyuma y’igitero ingabo z’iki gihugu zayigabyeho.

Ubuyobozi bwa Palestine busaba amahanga kwamagana Israel akayisaba kureka icyo cyemezo kuko gihabanye n’amasezerano mpuzamahanga kandi gishobora gutuma n’abandi bari bagihumeka bahasiga ubuzima.

Hagati aho Minisitiri w’Ingabo za Israel yatangaje ko yaganiriye n’abagaba bakuru b’ingabo ze bemeranya ko ikiri bwemezwe n’Inama n’Inama y’Abaminisitiri- niyo cyaba gusenya Gaza yose- kiri buhite gishyirwa mu bikorwa.

Minisitiri Katz ari kumwe n’abajenerali be ubwo yari yabasuye aho bari ku rugamba muri Gaza. Ifoto: The Jerusalem Post.
TAGGED:GazaIntambaraIsraelPalestine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rurategura Indi Nama Nyafurika Y’Ibigo By’Imari N’Imigabane
Next Article Abana Bahaye Leta Y’u Rwanda Umukoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?