Israel na Palestine Umuriro WONGEYE WATSE

Agahenge kari kamaze igihe gito gasinywe hagati ya Israel na Hamas( iyi niyo itegeka Gaza) kaburijwemo nyuma y’uko indege z’intambara za Israel zongeye kurasa mku birindiro bya Hamas zihimura ku banya Palestine bari kongereza ibipulizo birimo ibintu bitwika ku butaka bwa Israel.

Ibi bipulizo biragwa mu mirima y’Abayahudi igatwika imyaka bateye ndetse n’ibindi bintu batunze bidakomeye cyane bigashya.

Abanya Palestine bafata ibipulizo bakabishyiramo gaz umuyaga ukabigusha mu mirimo y’Abayahudi baturika umuriro ukaka

Itangazo rya Minisiteri y’ingabo za Israel rivuga ko ziteguye guhangana n’abahungabanya umutekano wa Israel uburyo ubwo ari bwo bwose bakoresha.

Agahenge impande zombi ziheruka gushyiraho umukono kari kagezwemo uruhare na Misiri.

- Advertisement -

Kasinywe nyuma y’intambara yamaze iminsi 11.

Minisitiri w’Intebe mushya wa Israel Bwana Naftali Bennett aherutse kuvuga ko igipulizo kizagwa ku butaka bwa Israel kigatwika imyaka abaturage bayo bahinze kizafatwa nk’aho ari rocket bahateye.

Iki ni ikigeragezo cya mbere kuri Guverinoma ya Naftali Bennett

Ibi ngo bizatuma Israel irasa Bombe muri Gaza.

Hagati aho, abayobozi ba Hamas batangaje ko Abayahudi nibakora urugendo bita ‘kwerekana amabendera’, bakarukora bagana muri Yeruzalemu y’i Burasirazuba, bizabafatwa nk’umwanduranyo bityo ikazarasa kuri Israel.

Yeruzalemu y’i Burasirazuba Abarabu bayifata nk’iyabo, bityo ko ntawe ukwiye kuyivogera.

Abayahudi bamwe bati: ‘ Abarabu Bicwe’

Iyi ni intero iri guterwa na bamwe mu Bayahudi b’abahezanguni bari mu rugendo bagana muri Yeruzalemu y’i Burasirazuba.

Guhera kuri uyu wa Kabiri, byabaye ngombwa ko Polisi ya Israel ijya kubatesha ngo badakomeza kwatsa umuriro mu mitwe y’Abarabu, ni ukuvuga abatuye muri Israel n’abo mu bindi bihugu.

Ibibazo byaraye byadutse muri Israel ni icyo kigeragezo cya mbere Guverinoma ya Naftali Bennett igiye guhangana nacyo itaramara n’Icyumweru irahiriye imirimo mishya.

Ishami ry’ingabo za Israel rishinzwe kurwanya inkongi rivuga ko ibipulizo byoherejwe muri Israel n’abanya Palestine byatwitse hegitari 20 z’imirimi y’abaturage ba Israel baturanye na Gaza.

Hagati aho umuvugizi wa Hamas yavuze ko bari bukore uko bashoboye kose bagakumira ko Abayahudi bavogera Yeruzalemu y’i Burasirazuba.

Kuri Israel ariko Yeruzalemu yose uko yakabaye ni umurwa mukuru wayo, nta gice na gito cyayo kivuyeho.

Iby’uko igice cyayo cy’i Burasirazuba ari icya Palestine ntibabikozwa.

Yeruzalemu y’i Burasirazuba niyo imaze iminsi yarabaye intandaro y’intambara hagati ya Israel na Palestine iyobowe na Hamas

Urugendo rwo kuzengurukana amabendera ya Israel muri Yeruzalemu yose, ruba rugamije kwishimira ko Israel yigaruriye uyu murwa ufatwa nk’Umurwa mukuru w’iteka wayo kuva ku ngoma y’Umwami Dawidi kugeza n’ubu.

Ubwo ruriya rugendo rwari rurimbanyije, bamwe mu Bayahudi b’abahezanguni baririmbaga indirimbo zisaba ko Abarabu bapfa, ariko Polisi ihangana nabo igamije gucubya ubwo burakari.

Abanya Palestine nabo barakaye bavuga ko batangije icyo bise ‘Umunsi w’Umujinya’ ugomba gukora akantu mu gace ka West Bank kigaruriwe na Israel.

Hagati aho, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Israel witwa Yair Lapid yamaganye Abayahudi bari kuririmba indirimbo zifuriza urupfu Abarabu, avuga ko ziri ‘guhesha isura mbi abaturage ba Israel muri rusange.’

Polisi ya Israel iri gukora uko ishoboye ngo ibuze abaturage ba Israel kugana mu gace gatagatifu gahuriwe ho n’amadini atatu ari yo Islam, Ubukirisitu n’Idini ya Kiyahudi.

Polisi ya Israel irakora uko ishoboye ngo ikumire abigaragambya ngo batagera ku gice cya Yeruzalemu y’i Burasirazuba bigakomeza kwenyegeza umuriro

Ku banya Israel ariko, nta mpamvu n’imwe yagombye kubabuza kugendaga amabendera y’igihugu cyabo aho bashatse muri kiriya gihugu cyane cyane muri Yeruzalemu bafata nk’Umurwa mukuru w’Igihugu cyabo kandi kuva na Mbere ya Yezu Kristu.

Ku Bayahudi, Yeruzalemu YOSE ni iyabo
Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version