Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yagabiye Inka 20 Ab’I Rulindo, Baba Aba Gatatu Igabiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Israel Yagabiye Inka 20 Ab’I Rulindo, Baba Aba Gatatu Igabiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 November 2021 7:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rw’ubutwererane n’ubufatanye hagati ya Israel n’u Rwanda, Ambasade ya Israel mu Rwanda binyuze mu kigo cya Israel gishinzwe iterambere mpuzamahanga, MASHAV, yagabiye abatuye  Akarere ka Rulindo inka 20.

Byakozwe mu rwego rwo gufasha Leta y’u Rwanda mu mugambi yatangije wo koroza abaturage inka wiswe Girinka.

Ni umushinga watangijwe mu mwaka wa 2006, utangizwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Abaturage bahawe inka ni abo mu murenge wa Rusiga, umuhango wo kuzibagabira ukaba witabiriwe n’abanyacyubahiro barimo na Ambaasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam.

Hari kandi n’Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rulindo Al Bashir Bizumuremyi n’abandi bakora mu bigo bya Sosiyete sivili.

Ambasaderi wa Isreal mu Rwanda Dr Ron Adam yavuze ko igihugu cye kizakomeza gukorana n’u Rwanda mu iterambere ryarwo.

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rulindo ari kumwe na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam

Ati: “  Israel yishimiye gukorana n’u Rwanda mu guteza imbere gahunda ya Girinka yatangijwe na Perezida Kagame. Twamenye ko  inka ari ikintu cy’agaciro mu muco w’Abanyarwanda. Inka ni ingirakamaro kuko iha uyoroye amata n’ifumbire. Ikindi ni uko ishobora kuba isoko y’amafaranga.”

Si ubwa mbere Israel igabira u Rwanda inka kuko no muri Gicurasi, 2020 yagabiye abatuye Akarere ka Nyamasheke ndetse nyuma y’aho igabira n’abatuye Akarere ka Gisagara.

Mu Ukuboza, 2020 Itsinda ry’abanya Israel   20 bagabiye inka abaturage bo  mu Murenge wa Bushekeri.

Mbere y’aho ni ukuvuga Tariki 13, Ugushingo, 2020 Intumwa z’iriya Ambasade zashyikirije abatuye Umurenge wa Kanjongo inka 22.

Umuturage wo muri Gisagara wagabiwe inka yagize amahitwe ihita ibyara.

Ni uwo mu Murenge wa Musha.

Aha ni i Musha mu Karere ka Gisagara
TAGGED:featuredGirinkaIsraelKagamePerezidaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Stade Umuganda Yemewe Kongera Gukinirwamo
Next Article Abasirikare Hafi 1000 Basoje Imyitozo Ikomeye Yo Kurwanira Ku Butaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?