Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yaguye Umubano N’Abarabu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Israel Yaguye Umubano N’Abarabu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 June 2021 3:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Israel Yair Lapid yafunguye Ambasade y’igihugu cye muri Leta ziyunze z’Abarabu, yubatswe Abu Dhabi. Ni indi ntambwe nziza Israel iteye mu gutsura umubano wayo n’ibihugu by’Abarabu.

Israel yemera kubana n’igihugu icyo aricyo cyose kiyemera nk’igihugu cyigenga kigomba kubaho.

Ibihugu byose bitemera ko Israel  yigenga kandi ari igihugu kigomba kubaho mu mahoro nayo ntibana neza nacyo.

Urugero ruzwi hafi na buri wese ni umbano wayo na Iran.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Minisitiri Yapid ari mu bihugu byiyunze by’Abarabu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.

Mu ijambo yagejeje ku bantu bari aho yafunguriye iriya Ambasade, Yair Lapid yashimye uruhare uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yagize mu gutsura umubano Israel ifitanye na Leta zunze z’Abarabu.

Israel kandi isanzwe ibanye neza na Bahrain, Sudani na Maroc.

Lapid yagize ati: “ Israel ishaka amahoro kandi cyane cyane n’abaturanyi bayo. Israel izahoraho kandi Uburasirazuba bwo Hagati ni iwacu.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu wa Leta zunze ubumwe z’Abarabu Bwana  Ahmed Al Sayegh niwe wamwakiriye.

- Advertisement -
Min Yair Lapid ubwo yagezaga ijambo ku bandi banyacyubahiro

YnetNews.com yanditse ko nta muyobozi wa Israel waherukaga gusura Leta zunze ubumwe z’Abarabu kuva hasinywa amasezerano yiswe Abraham Accords.

Amasezerano yitiriwe aya Abraham Accords yavugaga ko Israel igomba kubana n’ibindi bihugu by’Abarabu haba ibiri mu gace ituyemo n’ibindi kandi buri ruhande rukubaha urundi.

N’ubwo ari uko  bimeze ariko, kugeza ubu Israel ntiremeranya n’Amerika uko byombi byakwitwara ku kibazo cya Iran ihora ivuga ko idashaka ko Israel ibaho.

Amerika ishaka ko ikibazo Israel ifitanye na Iran cyakemurwa mu buryo budashingiye cyane ku ntambara, ahubwo agashingira ku biganiro.

TAGGED:AbarabufeaturedIsraelLapidSudaniUbubanyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyeshyamba Zigaruriye Umurwa Mukuru W’Agace Ka Tigray Muri Ethiopia
Next Article Amashuri, Ibiro Bya Leta n’Iby’Abikorera Byafunzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?