Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yaguye Umubano N’Abarabu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Israel Yaguye Umubano N’Abarabu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 June 2021 3:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Israel Yair Lapid yafunguye Ambasade y’igihugu cye muri Leta ziyunze z’Abarabu, yubatswe Abu Dhabi. Ni indi ntambwe nziza Israel iteye mu gutsura umubano wayo n’ibihugu by’Abarabu.

Israel yemera kubana n’igihugu icyo aricyo cyose kiyemera nk’igihugu cyigenga kigomba kubaho.

Ibihugu byose bitemera ko Israel  yigenga kandi ari igihugu kigomba kubaho mu mahoro nayo ntibana neza nacyo.

Urugero ruzwi hafi na buri wese ni umbano wayo na Iran.

Minisitiri Yapid ari mu bihugu byiyunze by’Abarabu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.

Mu ijambo yagejeje ku bantu bari aho yafunguriye iriya Ambasade, Yair Lapid yashimye uruhare uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yagize mu gutsura umubano Israel ifitanye na Leta zunze z’Abarabu.

Israel kandi isanzwe ibanye neza na Bahrain, Sudani na Maroc.

Lapid yagize ati: “ Israel ishaka amahoro kandi cyane cyane n’abaturanyi bayo. Israel izahoraho kandi Uburasirazuba bwo Hagati ni iwacu.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu wa Leta zunze ubumwe z’Abarabu Bwana  Ahmed Al Sayegh niwe wamwakiriye.

Min Yair Lapid ubwo yagezaga ijambo ku bandi banyacyubahiro

YnetNews.com yanditse ko nta muyobozi wa Israel waherukaga gusura Leta zunze ubumwe z’Abarabu kuva hasinywa amasezerano yiswe Abraham Accords.

Amasezerano yitiriwe aya Abraham Accords yavugaga ko Israel igomba kubana n’ibindi bihugu by’Abarabu haba ibiri mu gace ituyemo n’ibindi kandi buri ruhande rukubaha urundi.

N’ubwo ari uko  bimeze ariko, kugeza ubu Israel ntiremeranya n’Amerika uko byombi byakwitwara ku kibazo cya Iran ihora ivuga ko idashaka ko Israel ibaho.

Amerika ishaka ko ikibazo Israel ifitanye na Iran cyakemurwa mu buryo budashingiye cyane ku ntambara, ahubwo agashingira ku biganiro.

TAGGED:AbarabufeaturedIsraelLapidSudaniUbubanyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyeshyamba Zigaruriye Umurwa Mukuru W’Agace Ka Tigray Muri Ethiopia
Next Article Amashuri, Ibiro Bya Leta n’Iby’Abikorera Byafunzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?