Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yakiriye Imirambo Y’Abaturage Bayo Bari Barashimuswe Na Hamas
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Israel Yakiriye Imirambo Y’Abaturage Bayo Bari Barashimuswe Na Hamas

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 February 2025 3:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amasanduku ane arimo imirambo y’abaturage ba Israel bari barashimuswe na Hamas yageze muri Israel, yakiranwa agahinda n’umujinya ku babuze ababo. Abo baturage baguye mu bunyago ni Shiri, Ariel, Kfir Bibas na Oded Lifshitz.

Abo bose kandi abo mu muryango umwe.

Ikigera muri Israel, imirambo yabo yahise yoherezwa mu kigo cy’ubushakashatsi kitwa L.Greenberg Institute of Forensic Medicine kiri ahitwa Abu Kabir ngo ikorerwe isuzuma rya gihanga.

Ubutegetsi bw’i Yeruzalemu buvuga ko nyuma yo gusuzumwa izashyirizwa abo mu miryango yabuze ababo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hamas yabanje gushyikiriza iyo mirambo Umuryango utabara imbabare, Croix Rouge/Red Cross, ngo nawo uyishyikirize Israel.

Ubwo yari imaze kugezwa muri Israel, ingabo na Polisi by’iki gihugu byayisuzumishije imirasire yitwa X, The Jerusalem Post ikavuga ko byakozwe mu rwego rw’umutekano.

Amasanduku yahise yoroswa amabendera ya Israel hanyuma umunyedini ukomeye mu idini rya Kiyahudi mu ngabo za Israel witwa Brigadier-General Rabbi Eyal Krim asoma zaburi ya 83 yose yo kubasabira ngo Imana ibakire, hakurikiraho kuriza imodoka iyo mirambo, ijyanwa gusezerwaho.

Ni imirambo ine y’abantu bo mu muryango umwe

Ingabo za Israel zivuga ko zafashe amashusho n’amafoto by’uko ibintu byose byagenze, ariko nta muntu wundi uzabibona keretse ba nyiri abantu babyemeye.

Hari amakuru avuga ko abarwanyi ba Hamas bashyikirije Croix Rouge amasanduku arimo iriya mirambo ariko adafunze neza.

- Advertisement -

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yari yabanje gutanga ubutumwa bwo kwihanganisha abaturage, ababwira ko kwakira bariya bantu ari igihe cy’agahinda ku gihugu cyose.

Yongeye kubasezeranya ko ibyo Hamas yakoze tariki 07, Ukwakira, 2023 bitazongera ukundi mu mateka ya Israel.

Kuri iyo tariki abarwanyi ba Hamas bagabye igitero gitunguranye kuri Israel bica abaturage bayo 1,200, abandi 250 batwarwa bunyago.

Byarakaje Israel ihita itangiza intambara bivugwa ko yaguyemo barenga 30,000.

Umujyi wa Gaza aho Hamas yari ifite ibirindiro wahinduwe umusaka ku buryo bigoye ko wakongera kwitwa umujyi.

Amerika muri iki gihe irashaka kuhubakamo umujyi w’agatangaza, abanya Gaza barokotse intambara bakimurirwa muri Jordan no mu Misiri.

TAGGED:GazaImiramboIntambaraJordanMisiriPolisiYeruzalemu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ntirwumvikana N’Ubwongereza Ku Kibazo Cya Congo No Kuba Bucumbikiye Abaruhekuye
Next Article U Rwanda Rwamaganye Ibihano Amerika Yafatiye Kabarebe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?