Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yakiriye Imirambo Y’Abaturage Bayo Bari Barashimuswe Na Hamas
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Israel Yakiriye Imirambo Y’Abaturage Bayo Bari Barashimuswe Na Hamas

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 February 2025 3:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amasanduku ane arimo imirambo y’abaturage ba Israel bari barashimuswe na Hamas yageze muri Israel, yakiranwa agahinda n’umujinya ku babuze ababo. Abo baturage baguye mu bunyago ni Shiri, Ariel, Kfir Bibas na Oded Lifshitz.

Abo bose kandi abo mu muryango umwe.

Ikigera muri Israel, imirambo yabo yahise yoherezwa mu kigo cy’ubushakashatsi kitwa L.Greenberg Institute of Forensic Medicine kiri ahitwa Abu Kabir ngo ikorerwe isuzuma rya gihanga.

Ubutegetsi bw’i Yeruzalemu buvuga ko nyuma yo gusuzumwa izashyirizwa abo mu miryango yabuze ababo.

Hamas yabanje gushyikiriza iyo mirambo Umuryango utabara imbabare, Croix Rouge/Red Cross, ngo nawo uyishyikirize Israel.

Ubwo yari imaze kugezwa muri Israel, ingabo na Polisi by’iki gihugu byayisuzumishije imirasire yitwa X, The Jerusalem Post ikavuga ko byakozwe mu rwego rw’umutekano.

Amasanduku yahise yoroswa amabendera ya Israel hanyuma umunyedini ukomeye mu idini rya Kiyahudi mu ngabo za Israel witwa Brigadier-General Rabbi Eyal Krim asoma zaburi ya 83 yose yo kubasabira ngo Imana ibakire, hakurikiraho kuriza imodoka iyo mirambo, ijyanwa gusezerwaho.

Ni imirambo ine y’abantu bo mu muryango umwe

Ingabo za Israel zivuga ko zafashe amashusho n’amafoto by’uko ibintu byose byagenze, ariko nta muntu wundi uzabibona keretse ba nyiri abantu babyemeye.

Hari amakuru avuga ko abarwanyi ba Hamas bashyikirije Croix Rouge amasanduku arimo iriya mirambo ariko adafunze neza.

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yari yabanje gutanga ubutumwa bwo kwihanganisha abaturage, ababwira ko kwakira bariya bantu ari igihe cy’agahinda ku gihugu cyose.

Yongeye kubasezeranya ko ibyo Hamas yakoze tariki 07, Ukwakira, 2023 bitazongera ukundi mu mateka ya Israel.

Kuri iyo tariki abarwanyi ba Hamas bagabye igitero gitunguranye kuri Israel bica abaturage bayo 1,200, abandi 250 batwarwa bunyago.

Byarakaje Israel ihita itangiza intambara bivugwa ko yaguyemo barenga 30,000.

Umujyi wa Gaza aho Hamas yari ifite ibirindiro wahinduwe umusaka ku buryo bigoye ko wakongera kwitwa umujyi.

Amerika muri iki gihe irashaka kuhubakamo umujyi w’agatangaza, abanya Gaza barokotse intambara bakimurirwa muri Jordan no mu Misiri.

TAGGED:GazaImiramboIntambaraJordanMisiriPolisiYeruzalemu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ntirwumvikana N’Ubwongereza Ku Kibazo Cya Congo No Kuba Bucumbikiye Abaruhekuye
Next Article U Rwanda Rwamaganye Ibihano Amerika Yafatiye Kabarebe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?