Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yatangije Ibitero By’Indege Muri Lebanon
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Israel Yatangije Ibitero By’Indege Muri Lebanon

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 September 2024 10:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane indege z’intambara za Israel zatangiye kurasa muri Lebanon. Ni ibitero 100 byakozwe nyuma gato y’uko guhera kuri uyu wa Kabiri hari ibikoresho by’ikoranabuhanga abarwanyi ba Hezbollah bari bamaze iminsi batunze byabaturikanye, bihitana abagera kuri 30 abandi barenga 2,800 barakomereka cyane.

No kuri uyu wa Kane byarakomeje bituma muri Lebanon abantu barushaho gukuka umutima.

Byabereye abantu bose urujijo kuko benshi bafite ubwoba bwo kwegera igikoresho icyo ari cyo cyose cy’ikoranabuhanga batinya ko nacyo cyaba gitezemo kabutindi.

Mu gihe imitima yari itarasubira mu gitereko, ingabo za Israel zirwanira mu kirere zahise zitangira kurasa muri Lebanon ibisasu biremereye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bisa n’aho ingabo za Israel zasanze iki ari cyo gihe cyo gutangiza intambara kuri Hezbollah, zikabikora nyuma yo gusenya itumanaho ryahuzaga aba barwanyi.

Mu gihe ibintu byifashe bityo, amahanga arasaba Israel kugenza amaguru make muri iki kibazo ikirinda gutangiza intambara yeruye kuri Lebanon kuko ishobora gutuma Uburasirazuba bwo Hagati bwose bushya.

Ni ikibazo cyashyira ibintu irudubi kuko hasanzwe intambara hagati ya Israel na Hamas, ikaba igiye kumara imyaka ibiri.

Ku byerekeye intambara hagati ya Israel na Hezbollah, umwe mu badipolomate bazi uko ibintu byifashe muri kariya gace, yavuze ko Israel nitangiza intambara yeruye kuri Lebanon igomba kuzaba yiteguye guhangana n’ingabo za Lebanon zifatanyije n’abarwanyi ba Hezbollah.

Abo barwanyi bavugwaho kutaba agafu k’imvugwarimwe kuko ntaho bahuriye n’abo muri Hamas.

- Advertisement -

Hezbollah ni umutwe wa gisirikare ukize kandi ufite ibikoresho bikomeye kurusha Hamas.

Ufashwa na Iran, Lebanon, Yemen na Syria.

Ambasaderi wa Lebanon mu Bwongereza witwa Rami Mortada yavuze ko niba Israel idahagaritse ibitero byayo, abasirikare ba Lebanon batazakomeza kurebera.

Yabwiye The Times ko igitero cyose Israel iri bukomerezeho, cyaba icyo mu kirere cyangwa icyo ku butaka, kiri butume Lebanon ihaguruka ikirwanaho.

Avuga ko biraza kuba bibi cyane.

Ibitero 100 by’indege za Israel byabaye ibya mbere bikomeye iki gihugu kigabye muri Lebanon mu mateka ya vuba aha.

Ni ibitero byagabwe nyuma y’umuburo watanzwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ubwongereza witwa David Lammy asaba Abongereza baba muri Lebanon kuhava.

Israel, ku ruhande rwayo, ivuga ko biriya bitero byasenye ahantu 1000 hari hari za missiles za Hezbollah.

Ivuga ko hari ahantu henshi ingabo z’iki gihugu zasenye hari harimo gutegurirwa ibisasu byo kurasa mu bice bitandukanye ba Israel.

The Jerusalem Post yanditse ko biriya bitero byagabwe muri Lebanon byakozwe mu minota 20 yonyine.

Ikindi Hezbollah ivuga ni uko abarwanyi bayo biteguye kurwana na Israel niramuka yinjiye ku butaka bwa Lebanon.

Umuyobozi w’uyu mutwe witwa Hassan Nasrallah yaraye atangarije kuri Televiziyo ya Lebanon ati: “  Turabategereje, turiteguye. Nimwinjire ku butaka bwa Lebanon ubundi tubereke uko intama zambarwa!”

Ibiri kuba muri iki gihe bije nyuma y’igihe gito Israel yishe umwe mu bayobozi bakuru ba Hezbollah witwaga Fuad Shukr.

Mu rwego rwo kwihorera, Hezbollah bivugwa ko yari yarateguye kuzarasa muri Israel mu mpera za Kanama uyu mwaka.

Uwo mugambi waje gukomwa mu nkokora n’ibitero Israel yagabye mu Majyepfo ya Lebanon ndetse n’ibindi biri kugabwayo muri iki gihe.

TAGGED:HezbollahIndegeIntambaraIsraelLebanon
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Yeretswe Ibyavuye Mu Biganiro Bya Luanda Biheruka
Next Article Abanyarwanda Bakomeje Kwibwa Amadolari Menshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?