Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yatangije Intambara Yo Ku Butaka Muri Lebanon
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Israel Yatangije Intambara Yo Ku Butaka Muri Lebanon

Last updated: 01 October 2024 10:32 am
Share
SHARE

Umuyobozi wa Divisiyo ya 98 witwa Brig. Gen. Guy Levi niwe waraye uhaye amabwiriza ingabo ze ubwo zambukaga zigana mu Majyepfo ya Lebanon kurwana na Hezbollah.

Yari ari kumwe n’uyobora umutwe udasanzwe w’ingabo za Israel zigize ikirwa Ogez Special Force Unit ndetse na brigade ya karindwi y’abasirikare barwanisha ibifaro yitwa Tank Corp.

Diviziyo ya 98 niyo kandi yatangije intambara kuri Hamas mu Ukuboza, 2023, imirwano y’iyo diviziyo na Hamas yarakomeje irangira muri Werurwe, 2024 abasirikare basubira iwabo.

Ubu rero bambariye kugaruka mu ntambara na Hezbollah.

Umuyobozi wa Diviziyo y’abakomando ba Israel igiye gutangiza intambara na Hezbollah yabwiye abasirikare be ati: “ Ubu dufite amahirwe yo kuba tugiye kwandika amateka ko ari twe twatangiye guhangamura Hamas ubu tukaba tugiye no kubikora kuri Hezbollah. Dutangiye intambara mu Majyaruguru yo guhangamura Hezbollah no kugarura abantu bacu bo mu Majyaruguru batwawe bunyago. Ni igikorwa gikomeye kubera ko twaherukaga kurwana n’uyu mutwe mu mwaka wa 2006”.

Lt Col bise ‘A’ yashimiye ingabo ze ko zigiye gukorana nawe muri aka kazi ko kwandika amateka mu gisirikare cya Israel no ku isi hose.

Israel ivuga ko itangije intambara ku rwego rutagutse muri Lebanon kandi ikazabikora mu buryo busobanutse bushingiye ku makuru y’ubutasi.

Intego ya Israel ni ukugira ngo ice intege Hezbollah mu buryo bufatika.

Ni ibitero Israel ivuga ko izakora mu buryo buboneye kandi bugera ku ntego nta guhusha.

Al-Jazeera na  MTV Lebanon byanditse ko hari ibifaru byinshi bya Israel byamaze kwinjira mu midugudu itandukanye yo muri Lebanon.

Umuvugizi wa Minisiteri y’ingabo muri Amerika witwa Matthew Miller yavuze ko Israel yababwiye ko yatangije muri Lebanon ibitero bito bigamije guca intege ibikorwaremezo bya Hezbollah cyane cyane ibiri ku mupaka na Lebanon.

Mbere y’uko ibitero bitangira, ingabo za Israel binyuze mu muvugizi wazo ukoresha Icyarabu, zasabye abaturage ba Lebanon batuye i Beirut kuhimuka hakiri kare.

Uwo ni Avichay Adraee.

Umuvugizi mukuru w’ingabo za Israel witwa Daniel Hagari we yasabye itangazamakuru kwirinda gutangaza amakuru ritahawe na IDF kuko ashobora gushyira mu kaga abasirikare.

Ahagana saa tatu z’ijoro nibwo ingabo za Israel zatangiye gusumirana n’iza Lebanon.

Hezbollah nayo yihagazeho irasa missiles nyinshi mu bice  IDF yatangirijemo intambara.

Ni mu midugudu yitwa Shtula na Metula, ni imidugudu iherereye mu Ntara ya Haifa mu Majyaruguru ya Israel.

Abayobozi ba Hezbollah bamaze kwicwa na Israel
TAGGED:featuredHazbollahIbifaroIngaboIntambaraIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kamonyi: Abakoraga Ubujura Barashwe
Next Article Indashyikirwa Muri Basket Ku Isi Mutombo Dikembe Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?