Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yatangije Intambara Yo Ku Butaka Muri Lebanon
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Israel Yatangije Intambara Yo Ku Butaka Muri Lebanon

admin
Last updated: 01 October 2024 10:32 am
admin
Share
SHARE

Umuyobozi wa Divisiyo ya 98 witwa Brig. Gen. Guy Levi niwe waraye uhaye amabwiriza ingabo ze ubwo zambukaga zigana mu Majyepfo ya Lebanon kurwana na Hezbollah.

Yari ari kumwe n’uyobora umutwe udasanzwe w’ingabo za Israel zigize ikirwa Ogez Special Force Unit ndetse na brigade ya karindwi y’abasirikare barwanisha ibifaro yitwa Tank Corp.

Diviziyo ya 98 niyo kandi yatangije intambara kuri Hamas mu Ukuboza, 2023, imirwano y’iyo diviziyo na Hamas yarakomeje irangira muri Werurwe, 2024 abasirikare basubira iwabo.

Ubu rero bambariye kugaruka mu ntambara na Hezbollah.

Umuyobozi wa Diviziyo y’abakomando ba Israel igiye gutangiza intambara na Hezbollah yabwiye abasirikare be ati: “ Ubu dufite amahirwe yo kuba tugiye kwandika amateka ko ari twe twatangiye guhangamura Hamas ubu tukaba tugiye no kubikora kuri Hezbollah. Dutangiye intambara mu Majyaruguru yo guhangamura Hezbollah no kugarura abantu bacu bo mu Majyaruguru batwawe bunyago. Ni igikorwa gikomeye kubera ko twaherukaga kurwana n’uyu mutwe mu mwaka wa 2006”.

Lt Col bise ‘A’ yashimiye ingabo ze ko zigiye gukorana nawe muri aka kazi ko kwandika amateka mu gisirikare cya Israel no ku isi hose.

Israel ivuga ko itangije intambara ku rwego rutagutse muri Lebanon kandi ikazabikora mu buryo busobanutse bushingiye ku makuru y’ubutasi.

Intego ya Israel ni ukugira ngo ice intege Hezbollah mu buryo bufatika.

Ni ibitero Israel ivuga ko izakora mu buryo buboneye kandi bugera ku ntego nta guhusha.

Al-Jazeera na  MTV Lebanon byanditse ko hari ibifaru byinshi bya Israel byamaze kwinjira mu midugudu itandukanye yo muri Lebanon.

Umuvugizi wa Minisiteri y’ingabo muri Amerika witwa Matthew Miller yavuze ko Israel yababwiye ko yatangije muri Lebanon ibitero bito bigamije guca intege ibikorwaremezo bya Hezbollah cyane cyane ibiri ku mupaka na Lebanon.

Mbere y’uko ibitero bitangira, ingabo za Israel binyuze mu muvugizi wazo ukoresha Icyarabu, zasabye abaturage ba Lebanon batuye i Beirut kuhimuka hakiri kare.

Uwo ni Avichay Adraee.

Umuvugizi mukuru w’ingabo za Israel witwa Daniel Hagari we yasabye itangazamakuru kwirinda gutangaza amakuru ritahawe na IDF kuko ashobora gushyira mu kaga abasirikare.

Ahagana saa tatu z’ijoro nibwo ingabo za Israel zatangiye gusumirana n’iza Lebanon.

Hezbollah nayo yihagazeho irasa missiles nyinshi mu bice  IDF yatangirijemo intambara.

Ni mu midugudu yitwa Shtula na Metula, ni imidugudu iherereye mu Ntara ya Haifa mu Majyaruguru ya Israel.

Abayobozi ba Hezbollah bamaze kwicwa na Israel
TAGGED:featuredHazbollahIbifaroIngaboIntambaraIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kamonyi: Abakoraga Ubujura Barashwe
Next Article Indashyikirwa Muri Basket Ku Isi Mutombo Dikembe Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?