Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yibasiwe N’Inkongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Israel Yibasiwe N’Inkongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2025 10:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Uko inkongi yari imeze kuri uyu wa Gatatu tariki 30, Mata, 2025( Ifoto@ The Jerusalem Post).
SHARE

Aho ibintu bigeze, Israel iremera ko yibasiwe n’inkongi ikomeye k’uburyo byabaye ngombwa ko yitabaza amahanga ngo ayifashe kuyizimya. Ibyo ni Ubutaliyani, Ubugereki, Chypre na Croatia.

Kuri uyu wa Gatatu iyo nkongi yari itarakomera cyane, ariko umuyaga wakomeje guhuha utuma igera mu bice byinshi by’amashyamba akikije Umurwa mukuru Yeruzalemu.

Abashinzwe ubutabazi no guhangana n’inkongi bagera ku 119 nibo bari gukorana n’abandi bose bashoboka kugira ngo bayizimye bityo bakumire ko yakwangiza byinshi harimo no guhitana abantu.

Indege zabo zimaze hafi amasaha 48 zimishagira amazi aho bishoboka hose ngo akumire ko ibirimi by’umuriro bigera henshi.

Ni indege z’ishami rishinzwe kurwanya inkongi ryitwa Elad Squadron.

Mu bice byitwa Canada Park na Mevo Horon niho iyo nkongi yatangiriye, gusa Polisi ivuga ko abatabazi bamaze kuyicubya bigaragara.

Ibice byibasiwe kurusha ibindi ni ibyo mu misozi ikikije Yeruzalemu y’ahitwa : Sha’ar Hagai, Mesilat Zion, Nataf, Yad Hashmona, Neveh Ilan, Ayalon Valley,  Latrun, Neveh Shalom, Burma Road, Eshtaol Forest, Beit Meir na Shoresh.

Indege 11 zirimo na kajugujugu ziri gukora uko zishoboye ngo zitangatange uwo muriro ntugere henshi.

Gusa ni umuhati utabura ingaruka kuko ikigo cya Israel gishinzwe ubutabazi kivuga ko abatabazi 17 bazimya inkongi bamaze kuyikomerekeramo, bakiyongera ku basivili 12 nabo bahuye n’icyo kibazo ahitwa Sha’ar Hagai.

Kubera umuvuduko w’iyo nkongi, hari indege umunani zije gutabara ziturutse muri Chypre no mu Butaliyani.

Romania nayo irohereza izindi ebyiri, Espagne bibe uko, Ubufaransa bwohereze imwe, kandi Equateur na Ukraine( iri mu ntambara n’Uburusiya) nabyo byohereze ubundi bufasha.

Minisiteri y’ingabo za Israel ivuga ko iri kuganira n’Ibiro by’Umugaba mukuru wazo ngo harebwe uko abasirikare bakwinjira muri ubwo butabazi.

Israel Katz yabwiye The Jerusalem Post ati: “ Igihugu kiri mu bihe bidasanzwe bityo rero uburyo bushoboka tugomba kubukoresha kugira ngo duhangane n’iyo nkongi dutabare ubuzima bw’abaturage bacu”.

TAGGED:AbatabaziIngaboInkongiYeruzalemu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rayon Igiye Kongera Kumvana Imitsi Na APR
Next Article Kenya: Umudepite Yishwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?