Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yiciye Umuyobozi Muri Hamas Ahantu Banywera Ikawa Benshi Barahagwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Israel Yiciye Umuyobozi Muri Hamas Ahantu Banywera Ikawa Benshi Barahagwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 July 2025 7:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mbere y’uko bombe ihagwa, ahacururizwa ikawa hitwa Al-Baqa hari hateraniye abanyeshuri, abahanzi n’abandi bantu bari kuganira, basangira ubwoko butandukanye bw’ikawa.

Ni ahantu BBC ivuga ko hirengeye inyanja abantu baba bareba hirya no hino kandi hazwi cyane mu Mujyi wa Gaza.

Mu gihe rero bari bakiri muri ibyo biganiro, bari kwandika kuri Telefone zabo, nibwo haje umwe mu bayobozi ba Hamas wari umaze iminsi uhigwa na Israel nawe aje kunywa ikawa.

Yahageze asanga hari abaje kwifuriza abandi isabukuru nziza y’amavuko, aricara atumiza agakawa.

Yaje yambaye umwambaro wa gisivili nk’uko uwabibonye yabibwiye BBC.

Mu buryo butunguranye, nibwo akaga kagwiriye abo bantu ubwo bombe yiyesuraga aho hantu igitana uwo muntu wo muri Hamas n’abandi bantu barenga 20.

Abari hafi aho bahise bakwira imishwaro, ariko abandi bahitamo kuza kureba niba nta baba bagihumeka.

Uwabibonye yagize ati: ” Ni akaga kagwiririye benshi kandi karabahitana”.

Harabarurwa abantu 29 bari bahari kandi abagera 22 bo bahise bahasiga ubuzima.

Ikindi ni uko icyenda muri bo bari abagore n’abana, barimo abanyeshuri, abahanzi, impirimbanyi mu mibereho myiza, umugore ukina iteramakofe, ukina football n’umukozi w’aho byabereye.

Ingabo za Israel zivuga ko zikora ibyo bikorwa mu rwego rwo gusenya burundu Hamas no kuyihatira byanze bikunze kurekura abantu bayo bayatwaye bunyago.

Bombe yarashwe yishe abantu nabi, ishwanyaguza imibiri yabo, ku buryo hari abo utamenya abo ari bo.

Ahanywerwa ikawa hitwa Al-Baqa ni ahantu hasanzwe hakunzwe na benshi harimo n’abanyamakuru.

Igice cya BBC gishinzwe gusesengura neza amashusho kitwa BBC Verify kivuga ko iriya bombe yarashwe hariya hantu yapimaga ibilo 230.

TAGGED:featuredHamasigisasuIntambaraIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Za Bituga, Abapfumu… Kagame Yakebuye Abo Muri Siporo Y’u Rwanda
Next Article Turi Gusuzuma Ishingiro Ry’Ibyo AFC/M23 Basaba- Kayikwamba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?