Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yishe Uwo Yashinjaga Gutegura Ibitero Byo Mu Kirere Biherutse Kuyishegesha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Yishe Uwo Yashinjaga Gutegura Ibitero Byo Mu Kirere Biherutse Kuyishegesha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 October 2023 11:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo za Israel zaraye zirashe bombe nyinshi mu bice zari zizi ko byihishemo umugabo witwa Asem Abu Rakaba zivuga ko ari we wateguye ibitero by’abarwanyi ba Hamas baherutse kugaba baturutse mu kirere bigahitana abaturage ba Israel benshi bari baje kuta akazuba ku mucanga no kwishimisha.

Ibyo bitero byagabwe taliki 07, Ukwakira, 2023 byahise bitangiza intambara bivugwa ko izamara igihe kirekire hagati ya Israel na Hamas ndetse n’ibice bishyigikiye uyu mutwe.

Mu ijoro ryacyeye, Israel yarashe ibisasu 150 mu bice byinshi Hamas ifitemo ibirindiro, nyuma iza gusuzuma isanga mu baguye muri ibyo bitero harimo n’uriya mugabo.

Ibitero by’ingabo za Israel zasenye ahantu hanini mu bice Hamas yari yarigaruriye.

Kuri X, izi ngabo zanditse ko zishimiye ko mu bitero zagabye muri kiriya gice, zivuganye na Asem Abu Rakaba wari usanzwe uyobora ishami rya Hamas rirwanira mu kirere.

Hagati aho, hari amakuru avuga ko hari ingabo za Israel zirwanira ku butaka zaraye zinjiye muri Gaza.

Asem Abu Rakaba

Ni izindi zaje ziyongera ku zinjiye yo mu minsi mike ishize.

Muri Guverinoma ya Israel ariko ntibavuga rumwe ku italiki nyayo yo gutangiza intambara yeruye kuri Gaza.

Impamvu yabyo ni uko bamwe mu bagize Guverinoma ya Netanyahu bavuga ko intambara itagombye kuba intambara yeruye, igizwe n’ibitero by’ibifaro n’ingabo zo ku butaka, ahubwo ko yaba ibitero bito, bigamije kwica abarwanyi ba Hamas inzu ku yindi aho kugira ngo barimbure igice cya Gaza cyose bakeka ko abo barwanyi bihishemo.

Uko kutumvikana ku italiki n’imiterere y’intambara niko kwatumye intambara yeruye itaratangira kugeza n’ubu.

Hagati aho amakuru avuga ko Hamas ifite ibirindiro bikuru mu bitaro byubatswe munsi y’ubutaka biri ahitwa Shifa, hakibazwa icyo Israel izakora kugira ngo isenye Hamas ariko itagize icyo ihungabanya ku bari muri ibyo bitaro.

Ikindi ni uko igice kinini cya Palestine ubu kiri mu icuraburindi kuko nta mashanyarazi, nta tumanaho na murandasi irakora gake cyane.

Ku ruhande rwa Israel, haravugwa amakuru y’uko abo mu miryango yatwe bunyago na Hamas batangiye kurakarira Guverinoma bayibaza icyo iri gukora ngo igaruze abantu bayo.

Abaturage baribaza niba abantu babo bagihumeka cyangwa barapfuye, bityo bagasaba Guverinoma kugira icyo ibatangariza kandi ikabikora idatinze.

Mu gucubya ubu burakazi, Umuvugizi mukuru w’ingabo zose za Israel witwa  Rear Admiral Daniel Hagari avuga ko ibiri gukorwa byose haba mu gisirikare, mu butasi no mu butabazi…biri mu rwego rwo kubohoza bariya bantu ngo batahe amahoro.

TAGGED:BunyagofeaturedHamasIbiteroIkirereIngaboIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga W’Ibiribwa Usanze Bihenze Ku Isoko
Next Article Abaturiye Pariki Ya Gishwati-Mukura Bashyizwe Igorora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Bafungiwe Kwangiza Amashanyarazi

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

DRC: Ingabo Z’Uburundi Zirashinjwa Kwicisha Abanyamulenge Inzara

Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ikoranabuhanga

Ubushinwa Bwatangiye Gukoresha Robo Zikora Gipolisi Mu Muhanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Abasirikare Ba Uganda Bicanye Bapfa Umugore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?