Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yishe Uwo Yashinjaga Gutegura Ibitero Byo Mu Kirere Biherutse Kuyishegesha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Yishe Uwo Yashinjaga Gutegura Ibitero Byo Mu Kirere Biherutse Kuyishegesha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 October 2023 11:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo za Israel zaraye zirashe bombe nyinshi mu bice zari zizi ko byihishemo umugabo witwa Asem Abu Rakaba zivuga ko ari we wateguye ibitero by’abarwanyi ba Hamas baherutse kugaba baturutse mu kirere bigahitana abaturage ba Israel benshi bari baje kuta akazuba ku mucanga no kwishimisha.

Ibyo bitero byagabwe taliki 07, Ukwakira, 2023 byahise bitangiza intambara bivugwa ko izamara igihe kirekire hagati ya Israel na Hamas ndetse n’ibice bishyigikiye uyu mutwe.

Mu ijoro ryacyeye, Israel yarashe ibisasu 150 mu bice byinshi Hamas ifitemo ibirindiro, nyuma iza gusuzuma isanga mu baguye muri ibyo bitero harimo n’uriya mugabo.

Ibitero by’ingabo za Israel zasenye ahantu hanini mu bice Hamas yari yarigaruriye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuri X, izi ngabo zanditse ko zishimiye ko mu bitero zagabye muri kiriya gice, zivuganye na Asem Abu Rakaba wari usanzwe uyobora ishami rya Hamas rirwanira mu kirere.

Hagati aho, hari amakuru avuga ko hari ingabo za Israel zirwanira ku butaka zaraye zinjiye muri Gaza.

Asem Abu Rakaba

Ni izindi zaje ziyongera ku zinjiye yo mu minsi mike ishize.

Muri Guverinoma ya Israel ariko ntibavuga rumwe ku italiki nyayo yo gutangiza intambara yeruye kuri Gaza.

Impamvu yabyo ni uko bamwe mu bagize Guverinoma ya Netanyahu bavuga ko intambara itagombye kuba intambara yeruye, igizwe n’ibitero by’ibifaro n’ingabo zo ku butaka, ahubwo ko yaba ibitero bito, bigamije kwica abarwanyi ba Hamas inzu ku yindi aho kugira ngo barimbure igice cya Gaza cyose bakeka ko abo barwanyi bihishemo.

- Advertisement -

Uko kutumvikana ku italiki n’imiterere y’intambara niko kwatumye intambara yeruye itaratangira kugeza n’ubu.

Hagati aho amakuru avuga ko Hamas ifite ibirindiro bikuru mu bitaro byubatswe munsi y’ubutaka biri ahitwa Shifa, hakibazwa icyo Israel izakora kugira ngo isenye Hamas ariko itagize icyo ihungabanya ku bari muri ibyo bitaro.

Ikindi ni uko igice kinini cya Palestine ubu kiri mu icuraburindi kuko nta mashanyarazi, nta tumanaho na murandasi irakora gake cyane.

Ku ruhande rwa Israel, haravugwa amakuru y’uko abo mu miryango yatwe bunyago na Hamas batangiye kurakarira Guverinoma bayibaza icyo iri gukora ngo igaruze abantu bayo.

Abaturage baribaza niba abantu babo bagihumeka cyangwa barapfuye, bityo bagasaba Guverinoma kugira icyo ibatangariza kandi ikabikora idatinze.

Mu gucubya ubu burakazi, Umuvugizi mukuru w’ingabo zose za Israel witwa  Rear Admiral Daniel Hagari avuga ko ibiri gukorwa byose haba mu gisirikare, mu butasi no mu butabazi…biri mu rwego rwo kubohoza bariya bantu ngo batahe amahoro.

TAGGED:BunyagofeaturedHamasIbiteroIkirereIngaboIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga W’Ibiribwa Usanze Bihenze Ku Isoko
Next Article Abaturiye Pariki Ya Gishwati-Mukura Bashyizwe Igorora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?