Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyaba Mwari Muzi Uko Abo Kayumba Yashatse Gufata Ku Ngufu Bangana!- Nathalie Munyampenda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Iyaba Mwari Muzi Uko Abo Kayumba Yashatse Gufata Ku Ngufu Bangana!- Nathalie Munyampenda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2021 9:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’ubutumwa bwaraye butambutse kuri Twitter bwanditswe n’umunyamakuru Fiona Muthoni Ntarindwa atangarije kuri Twitter ko ari we wasabye uwitwa Salva Kamaraba kumwandikira kuri Twitter ko ari we Dr Kayumba Christopher yashatse gusambanya, hari abandi bagore bavuga ko Fiona yavugiye benshi bahuye na kiriya kibazo.

Umwe muri bo ni Nathalie Munyampenda.

Kuri Twitter yanditse ati: “ Ibyakubayeho  byambabaje nshuti Fiona kandi ndakumva rwose. Kayumba ni umuntu mubi wakoresheje ububasha yari afite ku banyeshuri be kugira ngo ahemukire abakobwa cyangwa [abagore] yigishaga. Bamwe muri twe barabivuze mu myaka myinshi yashize twabibwiye Polisi ariko ntacyo yakoze kugeza ubwo hagira umwe uhaguruka akabivuga. Ndagushimiye Fiona”

Munyampenda avuga ko hari abagabo benshi bazahaguruka bakumva ko Kayumba abeshyerwa ariko ko bagomba kuzirikana agahinda abakobwa bafashwe cyangwa byageragejwe ko bafatwa ku ngufu basigarana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yabajije abo bagabo ati: “ Ariko ubwo muzi umubare w’abakobwa Kayumba yagerageje gufata ku ngufu bakareba ishuri ry’itangazamakuru kubera we? Mwari mukwiye kugira isoni kubera ibyo mukora.”

Ubwo yagiraga icyo avuga ko byo Fiona Muthoni Ntarindwa yamushinje, Dr Kayumba Christopher yavuze ko ari ibinyoma, ko asanzwe azwiho ‘gukoresha uburyo bundi’ kugira ngo agere kucyo ashaka.

Ati “Oya ntabwo nigeze nguhohotera. Mu myaka myinshi, buri gihe ubwo nabaga nsohotse mu ishuri, wanyingingiraga kugushyira mu itsinda ryanjye ry’abashakashatsi cyangwa se ko waba umwe mu bagize ikinyamakuru cyacu. Narabyanze kuko nari narumvise ko ukoresha umubiri wawe kugira ngo ubone ubufasha ukeneye.”

Kugeza ubu ikibazo cya Kayumba na Fiona Muthoni Ntarindwa kiri gukorwaho iperereza n’ubugenzacyaha bw’u Rwanda.

Kandi mu ntangiriro z’iki Cyumweru aherutse kujya kubazwa n’uru rwego.

- Advertisement -

Nathalie Munyampenda ni umwe mu bakozi bakuru muri Kaminuza yitwa Kepler ikorera mu Rwanda guhera muri 2013.

TAGGED:featuredKayumbaMunyampendaMuthoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 180 Bamaze Hafi Icyumweru Barafashwe Bugwate
Next Article Ubwoko Burindwi Bw’Ubuki Nibwo Bwemewe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?