Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyaba Mwari Muzi Uko Abo Kayumba Yashatse Gufata Ku Ngufu Bangana!- Nathalie Munyampenda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Iyaba Mwari Muzi Uko Abo Kayumba Yashatse Gufata Ku Ngufu Bangana!- Nathalie Munyampenda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2021 9:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’ubutumwa bwaraye butambutse kuri Twitter bwanditswe n’umunyamakuru Fiona Muthoni Ntarindwa atangarije kuri Twitter ko ari we wasabye uwitwa Salva Kamaraba kumwandikira kuri Twitter ko ari we Dr Kayumba Christopher yashatse gusambanya, hari abandi bagore bavuga ko Fiona yavugiye benshi bahuye na kiriya kibazo.

Umwe muri bo ni Nathalie Munyampenda.

Kuri Twitter yanditse ati: “ Ibyakubayeho  byambabaje nshuti Fiona kandi ndakumva rwose. Kayumba ni umuntu mubi wakoresheje ububasha yari afite ku banyeshuri be kugira ngo ahemukire abakobwa cyangwa [abagore] yigishaga. Bamwe muri twe barabivuze mu myaka myinshi yashize twabibwiye Polisi ariko ntacyo yakoze kugeza ubwo hagira umwe uhaguruka akabivuga. Ndagushimiye Fiona”

Munyampenda avuga ko hari abagabo benshi bazahaguruka bakumva ko Kayumba abeshyerwa ariko ko bagomba kuzirikana agahinda abakobwa bafashwe cyangwa byageragejwe ko bafatwa ku ngufu basigarana.

Yabajije abo bagabo ati: “ Ariko ubwo muzi umubare w’abakobwa Kayumba yagerageje gufata ku ngufu bakareba ishuri ry’itangazamakuru kubera we? Mwari mukwiye kugira isoni kubera ibyo mukora.”

Ubwo yagiraga icyo avuga ko byo Fiona Muthoni Ntarindwa yamushinje, Dr Kayumba Christopher yavuze ko ari ibinyoma, ko asanzwe azwiho ‘gukoresha uburyo bundi’ kugira ngo agere kucyo ashaka.

Ati “Oya ntabwo nigeze nguhohotera. Mu myaka myinshi, buri gihe ubwo nabaga nsohotse mu ishuri, wanyingingiraga kugushyira mu itsinda ryanjye ry’abashakashatsi cyangwa se ko waba umwe mu bagize ikinyamakuru cyacu. Narabyanze kuko nari narumvise ko ukoresha umubiri wawe kugira ngo ubone ubufasha ukeneye.”

Kugeza ubu ikibazo cya Kayumba na Fiona Muthoni Ntarindwa kiri gukorwaho iperereza n’ubugenzacyaha bw’u Rwanda.

Kandi mu ntangiriro z’iki Cyumweru aherutse kujya kubazwa n’uru rwego.

Nathalie Munyampenda ni umwe mu bakozi bakuru muri Kaminuza yitwa Kepler ikorera mu Rwanda guhera muri 2013.

TAGGED:featuredKayumbaMunyampendaMuthoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 180 Bamaze Hafi Icyumweru Barafashwe Bugwate
Next Article Ubwoko Burindwi Bw’Ubuki Nibwo Bwemewe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?