Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyo PAC Irangije Kumva Inzego Zakoresheje Nabi Umutungo Wa Leta Birangira Bite?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Iyo PAC Irangije Kumva Inzego Zakoresheje Nabi Umutungo Wa Leta Birangira Bite?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 September 2023 5:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyarwanda bakunze kwibaza igikurikiraho iyo Komisiyo y’Inteko ishinzwe iby’umutungo wa Leta, PAC, imaze kumva inzego zagaragajwe mu gukoresha nabi umutungo wa Leta.

Ubusanzwe mu cyumba PAC yumviramo ibisobanuro byabo haba hari abahagarariye Inzego z’ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha.

Baba batumiwe kugira ngo bumve uko bisobanura hanyuma nihagaragara ko hari abakoze ibigize icyaha bazakurikiranwe.

Urugero ruherutse kugaragaza ko ahagaragaraye ibyaha habaho gukurikiranwa ni ifatwa ry’uwahoze ayobora Ikigo gikurikirana amakoperative, RCA, witwa Prof Jean Bosco Harerimana n’undi muyobozi wari ushinzwe iby’amasoko muri kiriya kigo.

Perezida wa PAC Depite Valens Muhakwa yabwiye Taarifa ko gusesengura raporo y’uko imari ya Leta yakoreshejwe ari inshingano bahabwa n’Itegeko nshinga.

Iyo raporo bagomba kuyishyikirizwa n’Umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta, kandi ngo PAC iba ifite amezi atandatu yo kuyisesengura hanyuma ikayifataho ibyifuzo bizashyikirizwa Inteko rusange ikayifataho imyanzuro.

Raporo iri kubazwaho abayobozi muri iki gihe bayihawe muri Gicurasi, 2023, ikaba ikubiyemo uko ibigo 68 byakoreresheje imari ya Leta, ikaba ikubiyemo raporo nto zirenga 240.

Kuri uyu wa Mbere taliki 25, Nzeri, 2023 nibwo ikigo cya nyuma kizitaba PAC icyo kikaba ari ikigo cy’igihugu gishinzwe iby’amasoko ya Leta, Rwanda Public Procurement Authority na Minisiteri y’ibikorwa remezo.

Depite Muhakwa yabwiye Taarifa ko iyo ibigo byose birangije kwitaba, we na bagenzi be bagize PAC bicara bagakora irindi sesengura bakagakora raporo igezwa ku Nteko rusange y’Abadepite.

Ati: “ Iyo raporo rero iba ikubiyemo ibyo twifuza ko bigomba kuzakorwa, nyuma rero iyo Inteko rusange imaze kuyisuzuma ibyo yemeza nibyo byitwa imyanzuro igomba gufatwa kuko n’ubundi dukora kuri mandate y’Inteko rusange.”

Raporo y’Inteko rusange iruzuzwa igashyikirizwa Minisitiri w’Intebe, kandi nawe ategekwa n’Itegeko nshinga ko, afatanyije n’inzego bireba, agomba gushyira mu bikorwa ibikuyibiye muri raporo yahawe n’Inteko ishinga amategeko.

Muhakwa ati: “ Inteko rusange yanzura ivuga ko ibyemezo runaka byabashwe bigomba gushyirwa mu bikorwa mu gihe runaka.”

Icyo gihe runaka ni amezi atatu, atanu, umunani… ariko iyo ari ibintu bizasaba iperereza byo ntibigenerwa igihe ntarengwa.

Muhakwa avuga ko Guverinoma nayo nyuma igeza ku Nteko ishinga amategeko raporo y’ibyo yakoze kuri ya myanzuro yahawe n’Inteko mbere.

Icyo gihe rero Inteko nayo isesengura iyo raporo iyigereranyije n’ibyo yari yarasabye ko bikorwa, ikabikora igamije kureba niba ibyasabwe ari byo byakozwe koko.

Perezida wa PAC yabwiye Taarifa ko iyo ibintu birangiye, hari ibisigara bikurikiranwa kuko hari ababikurikiranwaho, ikibazo kikaba ko bitamenyekana mu baturage.

Abajijwe niba mubyo basaba muri raporo yabo, harimo no gukurikirana abagaraweho gukoresha nabi umutungo wa Leta, Valens Muhakwa yavuze ko ibyo byose bishyirwamo hanyuma ibindi bikazakorwa n’inzego zibishinzwe.

Raporo y’ibyo bumvanye abayobozi kuri iyi nshuro izahabwa Inteko rusange bitarenze taliki 10, Ugushyingo, 2023.

TAGGED:featuredImariIntekoLetaMuhakwaPAC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Uwamariya Yubahirije Icyifuzo Umupolisi Aherutse Kumugezaho
Next Article Kumenya Indimi Harimo N’Urw’Amarenga Biranga Umugenzacyaha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Beyoncé Yabaye Undi Muhanzi Ufite Miliyari $1

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

You Might Also Like

Mu Rwanda

Kagame Yishimira Ko Inzego Z’Umutekano Z’u Rwanda Zihagaze Bwuma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Bunyoni Ararembye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?