Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyo Usoma Uri Kumwe N’Umwana Wawe Bikuza Ubwonko Bwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Iyo Usoma Uri Kumwe N’Umwana Wawe Bikuza Ubwonko Bwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2021 2:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwonko bw’umwana ni nk’ipamba ushyira mu muti ikawunywa. Mu buryo bw’ikigereranyo, ubwonko twagereranyije n’ipamba kuko iyo ubwegereje ibitabo bukogota inyuguti n’ubumenyi zihishemo bukazigumana kugeza ashaje.

Ntabwo ari imvugo gusa ahubwo ni ibintu abahanga mu mikurire n’imitekerereze y’abantu bemeza kandi n’abo byabayeho barabizi.

Iyo umwana agize amahirwe akagira ababyeyi bize, bakunda gusoma kandi nawe bamukunda, bituma ubwonko bwe bugira amatsiko menshi yo kumenya ibyo Se cyangwa Nyina aba ari gusoma nawe akaza kubegera ngo yumve.

Umubyeyi uzi akamaro ko gusomera umwana we, yirinda kumutwama ngo yigireyo ahubwo aramwiyegereza akamusomera kandi umwana arabikunda.

Bituma akura ashaka buri gihe kumenya ibiri mu bitabo ndetse birushaho kuba byiza iyo ibyo bitabo byanditse mu nyuguti nkeya abasha gusoma kandi inyandiko ikaba iherekejwe n’amashusho.

Amashusho atuma umwana ahuza inyito y’ikintu runaka n’isura cyangwa ishusho yacyo.

Ku bw’amahirwe ye, iyo iwabo batunze bimwe mu bintu ajya abona mu bitabo, bimufasha kumenya uko biteye  ndetse akajya abikoraho.

Kubikoraho bikangura imitsi n’ubwonko bwe, akamenya ko burya umuntu ashobora gufata ikintu gisanzwe akagishushanya ku rupapuro ahantu runaka.

Ikintu cya mbere abana bose aho bava bakagera baheraho biga gushushanya ni umuntu kandi bahera ku mutwe.

Ni akaziga kadomyemo utudomo tubiri twerekana amaso.

Uko agenda akura, ni uko umwana arushaho gusobanukora ibimukikije ariko birushaho kuba byiza iyo abifashijwemo n’abamwibarutse cyangwa abamurera.

Minisiteri y’uburezi mu Rwanda itangaza ko umubyeyi aramutse amaranye n’umwana we iminota 15 amusomera inyandiko runaka bishobora guhindura ejo hazaza he, hakazaba heza.

Kuri Twitter yayo haranditse hati: “Wari uzi ko kumara nibura iminota 15 ku munsi usoma igitabo hamwe n’abana bawe bigira icyo bihindura kuri ejo hazaza habo? Mubyeyi, tangira uyu munsi uhe umwana wawe umwanya wo gusoma kandi unabimutoze hakiri kare.”

Ibi kandi Ange Kagame yigeze kubigarukaho ubwo yasangizaga abandi babyeyi akamaro ko gukina n’umwana.

Mu gukina nawe hari ubwo hazamo no gufatanya gusoma inyandiko umubyeyi yatoranyije neza akurikije ikigero cy’umwana.

Icyo gihe yavuze ko gukina nawe ari ingirakamaro, kuko bimufungura ubwonko, bikamwubakamo ubushobozi bwo kwiga ibintu byinshi no gukemura ibibazo.

Ni ubutumwa bwari bukubiye mu mashusho yasakajwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, bujyanye n’ukwezi kwahariwe kuzirikana ku burere bw’umwana.

Muri ayo mashusho Ange Kagame avugamo ati “Ndi umubyeyi unyuzwe”, nyuma y’uko ku wa 19 Nyakanga 2020 we na Bertrand Ndengeyingoma bibarutse umwana w’umukobwa w’imfura.

Yavuze ko imyaka ya mbere y’ubuzima bw’umwana ni ingirakamaro, kubera ko ibyo ahura nabyo n’imibanire ye n’abandi bigena imikurire y’ubwonko bwe.

Yashimangiye ko abana bigira byinshi mu mikino guhera bakivuka, ariko byose bikajyana no kuba bafite buzima bwiza, babonye ibibatunga bakeneye.

TAGGED:AbabyeyiAbanafeaturedGusomaKwandikaKwiga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bazivamo Yasuye Rubavu Ahatangiza Ubwogero Yise BOSEBABIREBA
Next Article UN Yagejeje Kuri Leta Y’Abatalibani Ibikoresho Byo Kurinda Abaturage COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?