Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyo Usoma Uri Kumwe N’Umwana Wawe Bikuza Ubwonko Bwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Iyo Usoma Uri Kumwe N’Umwana Wawe Bikuza Ubwonko Bwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2021 2:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwonko bw’umwana ni nk’ipamba ushyira mu muti ikawunywa. Mu buryo bw’ikigereranyo, ubwonko twagereranyije n’ipamba kuko iyo ubwegereje ibitabo bukogota inyuguti n’ubumenyi zihishemo bukazigumana kugeza ashaje.

Ntabwo ari imvugo gusa ahubwo ni ibintu abahanga mu mikurire n’imitekerereze y’abantu bemeza kandi n’abo byabayeho barabizi.

Iyo umwana agize amahirwe akagira ababyeyi bize, bakunda gusoma kandi nawe bamukunda, bituma ubwonko bwe bugira amatsiko menshi yo kumenya ibyo Se cyangwa Nyina aba ari gusoma nawe akaza kubegera ngo yumve.

Umubyeyi uzi akamaro ko gusomera umwana we, yirinda kumutwama ngo yigireyo ahubwo aramwiyegereza akamusomera kandi umwana arabikunda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bituma akura ashaka buri gihe kumenya ibiri mu bitabo ndetse birushaho kuba byiza iyo ibyo bitabo byanditse mu nyuguti nkeya abasha gusoma kandi inyandiko ikaba iherekejwe n’amashusho.

Amashusho atuma umwana ahuza inyito y’ikintu runaka n’isura cyangwa ishusho yacyo.

Ku bw’amahirwe ye, iyo iwabo batunze bimwe mu bintu ajya abona mu bitabo, bimufasha kumenya uko biteye  ndetse akajya abikoraho.

Kubikoraho bikangura imitsi n’ubwonko bwe, akamenya ko burya umuntu ashobora gufata ikintu gisanzwe akagishushanya ku rupapuro ahantu runaka.

Ikintu cya mbere abana bose aho bava bakagera baheraho biga gushushanya ni umuntu kandi bahera ku mutwe.

- Advertisement -

Ni akaziga kadomyemo utudomo tubiri twerekana amaso.

Uko agenda akura, ni uko umwana arushaho gusobanukora ibimukikije ariko birushaho kuba byiza iyo abifashijwemo n’abamwibarutse cyangwa abamurera.

Minisiteri y’uburezi mu Rwanda itangaza ko umubyeyi aramutse amaranye n’umwana we iminota 15 amusomera inyandiko runaka bishobora guhindura ejo hazaza he, hakazaba heza.

Kuri Twitter yayo haranditse hati: “Wari uzi ko kumara nibura iminota 15 ku munsi usoma igitabo hamwe n’abana bawe bigira icyo bihindura kuri ejo hazaza habo? Mubyeyi, tangira uyu munsi uhe umwana wawe umwanya wo gusoma kandi unabimutoze hakiri kare.”

Ibi kandi Ange Kagame yigeze kubigarukaho ubwo yasangizaga abandi babyeyi akamaro ko gukina n’umwana.

Mu gukina nawe hari ubwo hazamo no gufatanya gusoma inyandiko umubyeyi yatoranyije neza akurikije ikigero cy’umwana.

Icyo gihe yavuze ko gukina nawe ari ingirakamaro, kuko bimufungura ubwonko, bikamwubakamo ubushobozi bwo kwiga ibintu byinshi no gukemura ibibazo.

Ni ubutumwa bwari bukubiye mu mashusho yasakajwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, bujyanye n’ukwezi kwahariwe kuzirikana ku burere bw’umwana.

Muri ayo mashusho Ange Kagame avugamo ati “Ndi umubyeyi unyuzwe”, nyuma y’uko ku wa 19 Nyakanga 2020 we na Bertrand Ndengeyingoma bibarutse umwana w’umukobwa w’imfura.

Yavuze ko imyaka ya mbere y’ubuzima bw’umwana ni ingirakamaro, kubera ko ibyo ahura nabyo n’imibanire ye n’abandi bigena imikurire y’ubwonko bwe.

Yashimangiye ko abana bigira byinshi mu mikino guhera bakivuka, ariko byose bikajyana no kuba bafite buzima bwiza, babonye ibibatunga bakeneye.

TAGGED:AbabyeyiAbanafeaturedGusomaKwandikaKwiga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bazivamo Yasuye Rubavu Ahatangiza Ubwogero Yise BOSEBABIREBA
Next Article UN Yagejeje Kuri Leta Y’Abatalibani Ibikoresho Byo Kurinda Abaturage COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?