Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Izamurwa Ry’Umusoro w’Ubutaka Ryari Ryateje Impagarara Ryakuweho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Izamurwa Ry’Umusoro w’Ubutaka Ryari Ryateje Impagarara Ryakuweho

admin
Last updated: 16 March 2021 11:35 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana yemeje ko inama y’abaminisitiri yabaye isubitse izamurwa ry’umusoro w’ubutaka ryari rikomeje kutavugwaho rumwe, muri uyu mwaka hakazishyurwa imisoro nk’iy’umwaka wa 2019 mu gihe hakiganirwa ku mpinduka zakorwa.

Umusoro w’ubutaka umaze iminsi uvugwaho cyane n’abaturage by’umwihariko abo mu Mujyi wa Kigali, nyuma y’uko guhera muri Nyakanga 2020 batangiye kubarirwa amafaranga ari hagati ya 0-300 kuri metero kare, uvuye hagati ya 0 na 80 Frw.

Impinduka muri iryo tegeko rigena inkomoko y’imari n’umutungo by’inzego zegereye abaturage zateye benshi impungenge, mu gihe batorohewe n’ingaruka z’icyorezo cya Coronavirus cyahungabanyije ibikorwa bibyara inyungu hafi ya byose.

Ni ikibazo cyagejejwe kuri Perezida Kagame mu mpera z’umwaka ushize, yizeza abaturarwanda ko “tugomba kubikurikirana tugashaka uko inyoroshyo yabaho.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Minisitiri Ndagijimana yabwiye RBA kuri uyu wa Kabiri ko mu nama y’abaminisitiri yabaye ku wa Mbere, hemejwe ko impinduka zari zakozwe mu misoro y’ubutaka ziba zisubitswe.

Yagize ati “Hashingiwe ku miterere y’ubukungu muri iki gihe yagizweho ingaruka n’icyorezo cya COVID-19 ndetse n’amikoro y’abaturage akaba nayo yaragezweho n’izo ngaruka, inama y’abaminisitiri yafashe icyemezo ko izamuka ry’ibiciro ryari ryatangajwe riba risubitswe, noneho abasora bagasora imisoro yari iriho mbere y’iri zamuka. Ni ukuvuga imisoro yishyuwe mu mwaka wa 2019.”

Nyuma y’icyo cyemezo, hanafashwe umwanzuro ko mu gihe itariki ntarengwa yo kwishyura iyi misoro yari ku wa 31 Werurwe, icyo gihe cyongerwa abantu bagasora bitonze kugeza mu mpera z’ukwezi gutaha kwa kane.

Hemejwe ko abari bamaze gusora bashingiye ku biciro bishya biri hejuru, amafaranga arenga ku yo bagombaga gutanga hagendewe ku misoro yo mu 2019 bazayaheraho basora imisoro y’umwaka utaha.

Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Imisoro n’amahoro, RRA, Bizimana Ruganintwali Pascal, yavuze ko hashingiwe ku misoro mishya y’ubutaka yari yemejwe, abaturage ibihumbi 188 bari bamaze kumenyekanisha imisoro bagomba kwishyura.

- Advertisement -

Ati “Muri abo ibihumbi 188, amafaranga bamenyekanishije yari ageze hafi kuri miliyari 17 Frw ariko abari bamaze kwishyura ni hafi miliyari 7 Frw. Bivuga ngo kuva ubwo hatangwaga umurongo abaturage barategereje.”

“Mu by’ukuri ni inkuru nziza kuba uyu munsi abaturage babwirwa ko hazitabwa ku bipimo byariho icyo gihe, mu gihe harimo harebwa ibishyashya.”

Gusubika iri zamurwa bivuze iki?

Minisitiri Ndagijimana yavuze ko kuba iyi misoro mishya yabaye isubitswe harakoreshwa imisoro isanzwe, gusuzuma izamuka bikazakomeza mu mwaka utaha.

Ati “Noneho isuzuma ry’ibiciro bishyashya bigakomeza bigana ku mwaka uzakurikiraho wa 2021. Ntabwo biremezwa ibishyashya.”

Ruganintwali yavuze ko bagomba gufata ingamba zatuma izi mpinduka zidahungabanya intego zihawe mu bijyanye n’amafaranga agomba kuva mu misoro y’imbere mu gihugu.

Ati “Icya mbere ni uko tugiye kureba uko abantu bose bagomba gusora uriya musoro bawusora. Tuzagira ubufatanye n’inzego z’ibanze kugira ngo tubagereho bose ku buryo bwatuma abasora baba benshi.”

“Iyo tureba imibare dufite ubungubu, abantu uko biyandikishije gusora bari bageze ku bihumbi 422, ariko twareba mu mibare dufite abantu bafite ibibanza byo gusorera ni hafi ibibanza miliyoni imwe irenga. Ingamba dufite ni uko twifuza ko bitarenze mu mpera z’uku kwezi, twakuba kabiri uwo mubare.”

Yavuze ko barimo gufatanya n‘Ikigo Gishinzwe Ubutaka kugira ngo abafite ubutaka bose bandikwe, ndetse hakazakomeza kwimakazwa ikoranabuhanga hagamijwe gufabasha abasora kwishyura umusoro bakoresheje ikoranabuhanga.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana
TAGGED:Bizimana Ruganintwali PascalDr Uzziel NdagijimanafeaturedRRA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impamvu Uturere Twa Nyanza, Bugesera Na Gisagara Twagumye Mu Kato
Next Article LeBron James Yaguze Imigabane Muri Liverpool
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?