Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jean-Claude Van Damme Yemeye Gushakira DRC Abashoramari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Jean-Claude Van Damme Yemeye Gushakira DRC Abashoramari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 April 2022 3:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Icyamamare muri filimi ku rwego rw’isi, Umubiligi akaba n’Umunyamerika Jean Claude Van Damme yemeye kuba Ambasaderi w’Icyubahiro wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, uzayishakira abashoramari mu buhinzi no mu zindi nzego.

Repubulika ya Demukarasi ya Congo iri gushaka ibyamamare ngo biyifashe kurushaho kuzamura isura yayo mu ruhando mpuzamahanga.

Hashize igihe gito ihaye inshingano zo kuyibera Ambasaderi w’Icyubahiro ibindi byamamare birimo abahanzi nka Gims na Dadju bakorera mu Bufaransa.

Jean-Claude Van Damme we yageze i Kinshasa kuri uyu wa Gatatu taliki 06, Mata, 2022 yakirwa n’abayobozi mu nzego za Politiki n’izindi.

Nyuma y’ibiganiro yagiranye nabo, bamuhaye urupapuro rw’inzira( passport) rw’abadipolomate kugira ngo ajye abona uko avugira kiriya gihugu nka Ambasaderi wacyo w’icyubahiro.

Yahawe ubutumwa bwo gushakira Repubulika ya Demukarasi ya Congo abashoramari mu nzego z’ubuhinzi, abashoramari mu bikorwa byo kurinda ibidukikije ndetse n’ibyo guteza imbere umuco w’abatuye kiriya gihugu na siporo zigikinirwamo.

Icyamamare Jean Claude Van-Damme yabwiye RFI ko azakora uko ashoboye akagira uruhare rugaragara mu guteza imbere kurinda ibidukikije bya kiriya gihugu.

Ati: “ Mu nshingano zanjye harimo no kubwira isi ko hari ahantu kuri uyu mugabane bashobora guteza imbere mu nyungu z’Umubumbe w’isi wose aho kgira ngo bahore bahanze amaso mu yindi mibumbe iba mu isanzure. Congo-Kinshasa ni ibihaha by’isi, ikwiye gufashwa mu kurinda ibinyabuzima biyituye.”

Kurinda ibidukikije muri iki gihe byabaye kimwe mu bintu bikomeye Politiki mpuzamahanga ishingiyeho.

Ubuyozozi bwa DRC bwasanze gukorana n’ibyamamare bikomeye nka Van Damme byafasha mu gutuma abashoramari mu nzego zitandukanye bagana kiriya gihugu.

Van-Damme avuga ko akazi ke azagakora k’ubuntu, ko ‘atazaka amafaranga.’

TAGGED:DRCfeaturedPolitikiVan-Damme
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntihazagire Uwibeshya Ku Gihugu Cyacu-Perezida Kagame
Next Article Nk’Umuyahudi, Numva Akababaro K’Abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi- Ambasaderi Wa Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

FERWAFA Yiyemeje Gukorana Na Mauritania 

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu Rwanda

Minisitiri Ingabire Yabwiye Isi Uko u Rwanda Rwimakaje Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro Wa RSSB Wikubye Kabiri Mu Myaka Itatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroUbutabera

Uko DJ TOXXYK Yireguye Mbere Y’Uko Hemezwa Ko Afungwa By’Agateganyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?