Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jean-Claude Van Damme Yemeye Gushakira DRC Abashoramari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Jean-Claude Van Damme Yemeye Gushakira DRC Abashoramari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 April 2022 3:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Icyamamare muri filimi ku rwego rw’isi, Umubiligi akaba n’Umunyamerika Jean Claude Van Damme yemeye kuba Ambasaderi w’Icyubahiro wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, uzayishakira abashoramari mu buhinzi no mu zindi nzego.

Repubulika ya Demukarasi ya Congo iri gushaka ibyamamare ngo biyifashe kurushaho kuzamura isura yayo mu ruhando mpuzamahanga.

Hashize igihe gito ihaye inshingano zo kuyibera Ambasaderi w’Icyubahiro ibindi byamamare birimo abahanzi nka Gims na Dadju bakorera mu Bufaransa.

Jean-Claude Van Damme we yageze i Kinshasa kuri uyu wa Gatatu taliki 06, Mata, 2022 yakirwa n’abayobozi mu nzego za Politiki n’izindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma y’ibiganiro yagiranye nabo, bamuhaye urupapuro rw’inzira( passport) rw’abadipolomate kugira ngo ajye abona uko avugira kiriya gihugu nka Ambasaderi wacyo w’icyubahiro.

Yahawe ubutumwa bwo gushakira Repubulika ya Demukarasi ya Congo abashoramari mu nzego z’ubuhinzi, abashoramari mu bikorwa byo kurinda ibidukikije ndetse n’ibyo guteza imbere umuco w’abatuye kiriya gihugu na siporo zigikinirwamo.

Icyamamare Jean Claude Van-Damme yabwiye RFI ko azakora uko ashoboye akagira uruhare rugaragara mu guteza imbere kurinda ibidukikije bya kiriya gihugu.

Ati: “ Mu nshingano zanjye harimo no kubwira isi ko hari ahantu kuri uyu mugabane bashobora guteza imbere mu nyungu z’Umubumbe w’isi wose aho kgira ngo bahore bahanze amaso mu yindi mibumbe iba mu isanzure. Congo-Kinshasa ni ibihaha by’isi, ikwiye gufashwa mu kurinda ibinyabuzima biyituye.”

Kurinda ibidukikije muri iki gihe byabaye kimwe mu bintu bikomeye Politiki mpuzamahanga ishingiyeho.

- Advertisement -

Ubuyozozi bwa DRC bwasanze gukorana n’ibyamamare bikomeye nka Van Damme byafasha mu gutuma abashoramari mu nzego zitandukanye bagana kiriya gihugu.

Van-Damme avuga ko akazi ke azagakora k’ubuntu, ko ‘atazaka amafaranga.’

TAGGED:DRCfeaturedPolitikiVan-Damme
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntihazagire Uwibeshya Ku Gihugu Cyacu-Perezida Kagame
Next Article Nk’Umuyahudi, Numva Akababaro K’Abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi- Ambasaderi Wa Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?