Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jean Marie Le Pen Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Jean Marie Le Pen Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 January 2025 6:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Jean Marie Le Pen yapfuye afite imyaka 96(Ifoto@The Guardian)
SHARE

Umufaransa wari umunyapolitiki ukomeye mu batavuga rumwe na Leta akaba Se wa Marine Le Pen yapfuye afite imyaka 96.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, byatangaje ko uyu mukambwe yari amaze iminsi arembeye muri bimwe mu bitaro bikomeye by’iwabo ari kumwe n’abantu ba hafi be, haba mu muryango no muri Politiki.

Le Pen azibukwa nk’umwe mu bantu bakomeye babayeho mu Bufaransa bahakanaga Jenoside yakorewe Abayahudi, akaba umuntu utarihanganiraga abanyamahanga, ntiyemere iby’uko abagabo n’abagore baringaniye imbere y’amategeko  n’ibindi.

Mu mwaka wa 1972 yashinze ishyaka ry’abahezanguni yise Le Front National, muri iki gihe riyoborwa n’umukobwa we Marine Le Pen.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yigeze kandi guhatanira kuba Perezida w’Ubufaransa mu matora yo mu mwaka wa 2002 ahatanye na Jacques Chirac ariko uyu arayatsinda.

Marine Le Pen yatangiye kuyobora ishyaka rya Se mu mwaka wa 2011, ariko aza kurihindurira izina aryita Ressemblement National.

Icyakora muri iki gihe iri shyaka riyoborwa na Jordan Bardella wabitsindiye mu mwaka wa 2022.

Uyu yavuze ko urupfu rwa Jean Marie Le Pen rubabaje kuko yari umugabo uharanira ko Ubufaransa buba igihugu kitavogerwa kandi kihagazeho mu ruhando mpuzamahanga.

Icyakora hari abandi bamufataga nk’umuntu waciye ibintu, wanga abanyamahanga agakabya kandi ko azibukirwa ku bibi byinshi.

- Advertisement -

Umwe mu bamufataga nka kabutindi ni Jean-Luc Mélenchon.

TAGGED:AbayahudiivanguraLe PenPolitiki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yagiye Mu Irahira Rya Perezida Wa Ghana
Next Article Nepal Nayo Yibasiwe N’Umutingito
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?